
Ni byiza ko Firigo yawe
ibamo amafunguro ndetse n’ibyo kunywa kuko biri mu bikugira umukire muri ako
gace utuyemo binyuze mu bakugenderera ariko hari ibintu biba bitagomba kumara
icyumweru bikirimo nk’uko ugiye kubisanga muri iyi nkuru.
Iyo bene aya mafunguro
tugiye kugarukaho amaze icyumweru muri Firigo aba yaratangiye gufata udukoko na
Bagiteri zitandukanye. Kugira ngo wirinde ndetse unarinde umuryango wawe,
urasabwa kutagumisha aya mafunguro muri firigo.
1.Inyama: Nubwo atari
zose ariko hari ubwoko bw’inyama budakwiriye kumara icyumweru muri firigo. Muri
iyi nkuru turakubwira zimwe bapfunyika ziba zarakorewe mu nganda, izi nyama
ntizimara icyumweru muri firigo zikiri nzima.
Zishobora kugira bagiteri
yitwa Bacillus cereus ishobora gutera uburwayi bukomeye bwo mu nda. Iyi
bagiteri kandi ntabwo ishobora no gupfa nyuma yo kuziteka ndetse ikagenda ikura
uko inyama zimara igihe.
2.Inyanya zakorewe mu nganda
: Izi nazo ntabwo zimara iminsi muri Filime kuko zihita zangirika uwo mwanya.
Ntabwo ari ikibazo gusa muri Firigo ahubwo no kuba imaze igihe ifunguye nabyo
burya ngo si byiza.
Muri iyi nkuru kandi
ikinyamakuru tuyikesha ntabwo cyahagarariye aho, ahubwo cyanagaragaje ko inyama
z’inkoko by’umwihariko zitabasha kwihanganira kugumishwa muri Firigo icyumweru
cyose kubera uburyo ziba zimeze.
Izi nyama zangirika vuba
kandi ntizigomba kurenza iminsi ibiri muri firigo. Bavuga ko kandi kurya inyama
zangiritse bitera uburwayi bukomeye.
Ikinyamakuru Grocery couponguide
kigira abantu inama yo kudakomeza kujya bihatira inyama cyangwa andi mafunguro
amaze iminsi muri Firigo kuko bigira ingaruka ku buzima bwabo.





