Ngaya amafunguro udakwiriye kurekera muri Firigo ngo icyumweru gishire
Health

Ngaya amafunguro udakwiriye kurekera muri Firigo ngo icyumweru gishire

KWIZERA Jean de Dieu2026 Gicurasi 120 byayeho5 min gusoma
Ngaya amafunguro udakwiriye kurekera muri Firigo ngo icyumweru gishire
Sanga:

Ni byiza ko Firigo yawe ibamo amafunguro ndetse n’ibyo kunywa kuko biri mu bikugira umukire muri ako gace utuyemo binyuze mu bakugenderera ariko hari ibintu biba bitagomba kumara icyumweru bikirimo nk’uko ugiye kubisanga muri iyi nkuru.

Iyo bene aya mafunguro tugiye kugarukaho amaze icyumweru muri Firigo aba yaratangiye gufata udukoko na Bagiteri zitandukanye. Kugira ngo wirinde ndetse unarinde umuryango wawe, urasabwa kutagumisha aya mafunguro muri firigo.

1.Inyama: Nubwo atari zose ariko hari ubwoko bw’inyama budakwiriye kumara icyumweru muri firigo. Muri iyi nkuru turakubwira zimwe bapfunyika ziba zarakorewe mu nganda, izi nyama ntizimara icyumweru muri firigo zikiri nzima.

Zishobora kugira bagiteri yitwa Bacillus cereus ishobora gutera uburwayi bukomeye bwo mu nda. Iyi bagiteri kandi ntabwo ishobora no gupfa nyuma yo kuziteka ndetse ikagenda ikura uko inyama zimara igihe.

2.Inyanya zakorewe mu nganda : Izi nazo ntabwo zimara iminsi muri Filime kuko zihita zangirika uwo mwanya. Ntabwo ari ikibazo gusa muri Firigo ahubwo no kuba imaze igihe ifunguye nabyo burya ngo si byiza.

Muri iyi nkuru kandi ikinyamakuru tuyikesha ntabwo cyahagarariye aho, ahubwo cyanagaragaje ko inyama z’inkoko by’umwihariko zitabasha kwihanganira kugumishwa muri Firigo icyumweru cyose kubera uburyo ziba zimeze.

Izi nyama zangirika vuba kandi ntizigomba kurenza iminsi ibiri muri firigo. Bavuga ko kandi kurya inyama zangiritse bitera uburwayi bukomeye.

Ikinyamakuru Grocery couponguide kigira abantu inama yo kudakomeza kujya bihatira inyama cyangwa andi mafunguro amaze iminsi muri Firigo kuko bigira ingaruka ku buzima bwabo.

pexels-mike-jones-8805274-1.avif

pexels-fotios-photos-35594805.avif

Inkuru zerekeye