Umunsi.com
Sobanukirwa byinshi utari uzi ku ntanga ngabo
Health

Sobanukirwa byinshi utari uzi ku ntanga ngabo

Admin User2026 Gicurasi 2310 min gusoma
Sobanukirwa byinshi utari uzi ku ntanga ngabo

Kuva umuhungu ageze mu bugimbi, ni ukuvuga atangiye kwiroteraho, kugeza ageze mu zabukuru, intanga ngabo zikomeza gukorwa buri munsi. Ibi bisobanuye ko umugabo ashobora kubyara igihe cyose akiri muzima kandi umubiri ugikora neza.

Dore bimwe mu bintu ushobora kuba utari uzi ku ntanga ngabo:

Buri segonda hakorwa nibura intanga 1,000 kuva umuhungu atangiye kwiroteraho kugeza ashaje. Akenshi ibi bitangira hagati y’imyaka 14 na 18, bitewe n’imiterere y’umubiri, ibyo umuntu arya, imisemburo ndetse n’aho atuye.

Iyo umugabo asohoye amasohoro rimwe, ashobora gusohora intanga zigera kuri miliyoni 200. Ariko muri izo zose, intanga imwe gusa ni yo ishobora guhura n’intanga ngore igatanga umwana.

Nubwo amasohoro aba ashyushye, ubushyuhe bwinshi cyangwa ubukonje bwinshi bushobora kwangiza intanga. Ubushyuhe burengeje dogere 39°C bushobora kuzangiza. Ni yo mpamvu amabya aba amanitse hanze y’umubiri kugira ngo ubushyuhe bugume ku rugero rukenewe.

Mu mabya habamo imyunyungugu ishobora kwangiza intanga iyo zihamaze igihe kinini. Ni yo mpamvu intanga zishaje zisohoka binyuze mu kwiroteraho cyangwa gusohora amasohoro.

Abahanga bavuga ko intanga nyinshi zisohoka ziba zituzuye neza. Hari iziba zidafite umurizo, izifite imitwe ibiri cyangwa izindi zifite ubumuga butandukanye, kandi akenshi zipfira mu nzira mbere yo kugera ku ntanga ngore.

Intanga ngabo zigira uburyo umubiri uzirinda. Kubera ko zifite amakuru yihariye ya DNA, abasirikare b’umubiri bashobora kuzibona nk’ibintu by’amahanga. Umubiri ugira uburyo bwo kuzikingira kugira ngo zidakorwaho n’abo basirikare.

Nubwo intanga zikorerwa buri munsi, bisaba nibura amezi abiri kugira ngo intanga ibe ikuze neza kandi yiteguye gukora neza.

Intanga izavamo umukobwa n’izavamo umuhungu zisa cyane, ariko izitanga umukobwa zikunda kuramba kurusha izitanga umuhungu. Ni yo mpamvu hari abavuga ko gukora imibonano mpuzabitsina kenshi bishobora kongera amahirwe yo kubyara umukobwa.

Kwikinisha ntabwo bihindura imiterere cyangwa imikorere y’intanga ngabo, ariko abantu bamwe bavuga ko bishobora kugira ingaruka ku mitekerereze cyangwa ku myitwarire iyo bibaye akamenyero gakabije.

Intanga ngabo ntizishobora kuramba igihe ziri hanze y’umubiri. Akenshi zipfa mu masegonda make. Ariko iyo ziri mu mubiri w’umugore, zishobora kumara hagati y’iminsi ibiri n’itanu zikiri nzima.

Abahanga bavuga ko mbere y’imyaka 40 ari bwo intanga ziba zigifite imbaraga nyinshi. Nyuma y’iyo myaka ubushobozi bwo kororoka bushobora kugenda bugabanuka buhoro buhoro.

Abantu banywa itabi, inzoga nyinshi cyangwa bafite umubyibuho ukabije bakunze kugira intanga nke cyangwa zidafite imbaraga zihagije ugereranyije n’abafite ubuzima bwiza.

Muri make, intanga ngabo ni ingenzi cyane mu kororoka kandi imiterere yazo ishobora guterwa n’ubuzima umuntu abamo, ibyo arya ndetse n’uburyo yitwara buri munsi.

wp-1472659983595-696x800.jpeg

wp-image-812090236jpeg-1536x587.jpeg

wp-1472661756519.jpeg


Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize