
Kuva umuhungu ageze mu bugimbi, ni ukuvuga atangiye kwiroteraho, kugeza ageze mu zabukuru, intanga ngabo zikomeza gukorwa buri munsi. Ibi bisobanuye ko umugabo ashobora kubyara igihe cyose akiri muzima kandi umubiri ugikora neza.
Dore bimwe mu bintu ushobora kuba utari uzi ku ntanga ngabo:
Buri segonda hakorwa nibura intanga 1,000 kuva umuhungu atangiye kwiroteraho kugeza ashaje. Akenshi ibi bitangira hagati y’imyaka 14 na 18, bitewe n’imiterere y’umubiri, ibyo umuntu arya, imisemburo ndetse n’aho atuye.
Iyo umugabo asohoye amasohoro rimwe, ashobora gusohora intanga zigera kuri miliyoni 200. Ariko muri izo zose, intanga imwe gusa ni yo ishobora guhura n’intanga ngore igatanga umwana.
Nubwo amasohoro aba ashyushye, ubushyuhe bwinshi cyangwa ubukonje bwinshi bushobora kwangiza intanga. Ubushyuhe burengeje dogere 39°C bushobora kuzangiza. Ni yo mpamvu amabya aba amanitse hanze y’umubiri kugira ngo ubushyuhe bugume ku rugero rukenewe.
Mu mabya habamo imyunyungugu ishobora kwangiza intanga iyo zihamaze igihe kinini. Ni yo mpamvu intanga zishaje zisohoka binyuze mu kwiroteraho cyangwa gusohora amasohoro.
Abahanga bavuga ko intanga nyinshi zisohoka ziba zituzuye neza. Hari iziba zidafite umurizo, izifite imitwe ibiri cyangwa izindi zifite ubumuga butandukanye, kandi akenshi zipfira mu nzira mbere yo kugera ku ntanga ngore.
Intanga ngabo zigira uburyo umubiri uzirinda. Kubera ko zifite amakuru yihariye ya DNA, abasirikare b’umubiri bashobora kuzibona nk’ibintu by’amahanga. Umubiri ugira uburyo bwo kuzikingira kugira ngo zidakorwaho n’abo basirikare.
Nubwo intanga zikorerwa buri munsi, bisaba nibura amezi abiri kugira ngo intanga ibe ikuze neza kandi yiteguye gukora neza.
Intanga izavamo umukobwa n’izavamo umuhungu zisa cyane, ariko izitanga umukobwa zikunda kuramba kurusha izitanga umuhungu. Ni yo mpamvu hari abavuga ko gukora imibonano mpuzabitsina kenshi bishobora kongera amahirwe yo kubyara umukobwa.
Kwikinisha ntabwo bihindura imiterere cyangwa imikorere y’intanga ngabo, ariko abantu bamwe bavuga ko bishobora kugira ingaruka ku mitekerereze cyangwa ku myitwarire iyo bibaye akamenyero gakabije.
Intanga ngabo ntizishobora kuramba igihe ziri hanze y’umubiri. Akenshi zipfa mu masegonda make. Ariko iyo ziri mu mubiri w’umugore, zishobora kumara hagati y’iminsi ibiri n’itanu zikiri nzima.
Abahanga bavuga ko mbere y’imyaka 40 ari bwo intanga ziba zigifite imbaraga nyinshi. Nyuma y’iyo myaka ubushobozi bwo kororoka bushobora kugenda bugabanuka buhoro buhoro.
Abantu banywa itabi, inzoga nyinshi cyangwa bafite umubyibuho ukabije bakunze kugira intanga nke cyangwa zidafite imbaraga zihagije ugereranyije n’abafite ubuzima bwiza.
Muri make, intanga ngabo ni ingenzi cyane mu kororoka kandi imiterere yazo ishobora guterwa n’ubuzima umuntu abamo, ibyo arya ndetse n’uburyo yitwara buri munsi.





