Umunsi.com
Uko wakwereka uwo muri kumwe ko umukunda
Health

Uko wakwereka uwo muri kumwe ko umukunda

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 116 min gusoma
Uko wakwereka uwo muri kumwe ko umukunda

Kwereka uwo muri kumwe ko umukunda ni inshingano zawe kandi ukwiriye kubikora kubera ko niko uba waramusezeranyije mu gihe waruri kumusaba kukuba hafi. Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe uko waba hafi uwo muntu muri rusange.

Ufite umukunzi cyangwa uwo mwashakanye cyangwa undi wese ugomba gukunda kandi akakubona hafi ye. Uburyo bwiza bwo kubikora ni ubu bukurikira.

1.Kumuha umwanya: Muhe umwanya uhagije, nagukenera akubone, nagushaka akubone naguhamagara umwitabe , icyo agusabye ugikore wihuse. Icyo nicyo twise kumuha umwanya.

Iyo uhaye umuntu umwanya, biba bisobanuye ko umukora ku mutima kandi iteka akwiyegamizaho mu gihe ananiwe ntakubure mu gihe agushaka.

Hari ubwo kandi aba afite byinshi ashaka kuvuga iyo wamuhaye umwanya rero na none , ibuo afite ku mutima byose aba afite uwo abibwira kandi ku gihe , ubundi akumva abohotse.

2.Kumuha impano: Burya amagambo ni meza kandi anyura umutima ariko ibikorwa byo biba byiza kurutaho.  Reka dufate urugero ruto rw’inkuru yabayeho,

Umukobwa witwaga Cia , yakundwaga n’abahungu benshi bari bageze nko muri 5 kandi buri wese aca mu gikari akamwandikira ko amukunda kandi ko ashaka ko na we amukunda. Umwe niba amwandikiye uyu mwanya undi na we akabikora ,gutyo gutyo kugeza ubwo barangiriye.

Bose bari bakize kubyerekeye amafaranga n’imitungo  ariko baravugaga gusa ariko ntihagire n’umwe ubasha kugira icyo amwereka cy’igikorwa gitandukanye n’ibyo abandi bakora. Umunsi umwe rero Cia aza guhura n’undi musore wari ucishije bugufi, witonda kandi wari mwiza. Uwo musore yabonye ubwiza bwa Cia abubonamo ejo hazaza he.

Cia umukobwa wacu wari ufite urutonde rw’abasore bakize bamwandikiraga ariko yarabuze amahitamo , yarabuze uwo yemerera n’uwo ahakanira, agwa mu mutego w’uwo musore watangiye kumwereka ibikorwa kuva ku munsi wa mbere bahuriyeho.

Umusore yahise ashaka byinshi kuri uwo mukobwa Cia, amenya ibyo akunda , ibyo yanga , impano n’ibindi ubundi atangira kumuba hafi. Ubwo namwe murumva uburyo inkuru yarangiye.

3.Kumwubaha: Burya iyo wubashye uwo muntu, ukamwereka ko ntacyo wakora gitandukanye n’ibyifuzo bye mutaganiriyeho , na we abona ko umurutira abanda. Urukundo rushingira cyane ku bwubahane hagati ya babiri.

Muri rusange urukundo ukunda umuntu rushingira kuburyo umwitwaraho n’uburyo abona ibikuvamo cyangwa bikuvaho byaba ibifatika cyangwa ibidafatika ariko bikamwereka ko uhari ku bwe.

DP.avif

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize