
Kwereka uwo muri kumwe ko umukunda ni inshingano zawe
kandi ukwiriye kubikora kubera ko niko uba waramusezeranyije mu gihe waruri
kumusaba kukuba hafi. Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe uko waba hafi uwo muntu
muri rusange.
Ufite umukunzi cyangwa uwo mwashakanye cyangwa undi
wese ugomba gukunda kandi akakubona hafi ye. Uburyo bwiza bwo kubikora ni ubu
bukurikira.
1.Kumuha umwanya: Muhe umwanya uhagije, nagukenera
akubone, nagushaka akubone naguhamagara umwitabe , icyo agusabye ugikore
wihuse. Icyo nicyo twise kumuha umwanya.
Iyo uhaye umuntu umwanya, biba bisobanuye ko umukora
ku mutima kandi iteka akwiyegamizaho mu gihe ananiwe ntakubure mu gihe
agushaka.
Hari ubwo kandi aba afite byinshi ashaka kuvuga iyo
wamuhaye umwanya rero na none , ibuo afite ku mutima byose aba afite uwo
abibwira kandi ku gihe , ubundi akumva abohotse.
2.Kumuha impano: Burya amagambo ni meza kandi anyura
umutima ariko ibikorwa byo biba byiza kurutaho.
Reka dufate urugero ruto rw’inkuru yabayeho,
Umukobwa witwaga Cia , yakundwaga n’abahungu benshi
bari bageze nko muri 5 kandi buri wese aca mu gikari akamwandikira ko amukunda
kandi ko ashaka ko na we amukunda. Umwe niba amwandikiye uyu mwanya undi na we
akabikora ,gutyo gutyo kugeza ubwo barangiriye.
Bose bari bakize kubyerekeye amafaranga
n’imitungo ariko baravugaga gusa ariko
ntihagire n’umwe ubasha kugira icyo amwereka cy’igikorwa gitandukanye n’ibyo
abandi bakora. Umunsi umwe rero Cia aza guhura n’undi musore wari ucishije
bugufi, witonda kandi wari mwiza. Uwo musore yabonye ubwiza bwa Cia abubonamo
ejo hazaza he.
Cia umukobwa wacu wari ufite urutonde rw’abasore
bakize bamwandikiraga ariko yarabuze amahitamo , yarabuze uwo yemerera n’uwo
ahakanira, agwa mu mutego w’uwo musore watangiye kumwereka ibikorwa kuva ku
munsi wa mbere bahuriyeho.
Umusore yahise ashaka byinshi kuri uwo mukobwa Cia,
amenya ibyo akunda , ibyo yanga , impano n’ibindi ubundi atangira kumuba hafi.
Ubwo namwe murumva uburyo inkuru yarangiye.
3.Kumwubaha: Burya iyo wubashye uwo muntu, ukamwereka
ko ntacyo wakora gitandukanye n’ibyifuzo bye mutaganiriyeho , na we abona ko
umurutira abanda. Urukundo rushingira cyane ku bwubahane hagati ya babiri.
Muri rusange urukundo ukunda umuntu rushingira kuburyo
umwitwaraho n’uburyo abona ibikuvamo cyangwa bikuvaho byaba ibifatika cyangwa
ibidafatika ariko bikamwereka ko uhari ku bwe.




