Uko wakwereka uwo muri kumwe ko umukunda
Health

Uko wakwereka uwo muri kumwe ko umukunda

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 110 byayeho5 min gusoma
Uko wakwereka uwo muri kumwe ko umukunda
Sanga:

Kwereka uwo muri kumwe ko umukunda ni inshingano zawe kandi ukwiriye kubikora kubera ko niko uba waramusezeranyije mu gihe waruri kumusaba kukuba hafi. Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe uko waba hafi uwo muntu muri rusange.

Ufite umukunzi cyangwa uwo mwashakanye cyangwa undi wese ugomba gukunda kandi akakubona hafi ye. Uburyo bwiza bwo kubikora ni ubu bukurikira.

1.Kumuha umwanya: Muhe umwanya uhagije, nagukenera akubone, nagushaka akubone naguhamagara umwitabe , icyo agusabye ugikore wihuse. Icyo nicyo twise kumuha umwanya.

Iyo uhaye umuntu umwanya, biba bisobanuye ko umukora ku mutima kandi iteka akwiyegamizaho mu gihe ananiwe ntakubure mu gihe agushaka.

Hari ubwo kandi aba afite byinshi ashaka kuvuga iyo wamuhaye umwanya rero na none , ibuo afite ku mutima byose aba afite uwo abibwira kandi ku gihe , ubundi akumva abohotse.

2.Kumuha impano: Burya amagambo ni meza kandi anyura umutima ariko ibikorwa byo biba byiza kurutaho.  Reka dufate urugero ruto rw’inkuru yabayeho,

Umukobwa witwaga Cia , yakundwaga n’abahungu benshi bari bageze nko muri 5 kandi buri wese aca mu gikari akamwandikira ko amukunda kandi ko ashaka ko na we amukunda. Umwe niba amwandikiye uyu mwanya undi na we akabikora ,gutyo gutyo kugeza ubwo barangiriye.

Bose bari bakize kubyerekeye amafaranga n’imitungo  ariko baravugaga gusa ariko ntihagire n’umwe ubasha kugira icyo amwereka cy’igikorwa gitandukanye n’ibyo abandi bakora. Umunsi umwe rero Cia aza guhura n’undi musore wari ucishije bugufi, witonda kandi wari mwiza. Uwo musore yabonye ubwiza bwa Cia abubonamo ejo hazaza he.

Cia umukobwa wacu wari ufite urutonde rw’abasore bakize bamwandikiraga ariko yarabuze amahitamo , yarabuze uwo yemerera n’uwo ahakanira, agwa mu mutego w’uwo musore watangiye kumwereka ibikorwa kuva ku munsi wa mbere bahuriyeho.

Umusore yahise ashaka byinshi kuri uwo mukobwa Cia, amenya ibyo akunda , ibyo yanga , impano n’ibindi ubundi atangira kumuba hafi. Ubwo namwe murumva uburyo inkuru yarangiye.

3.Kumwubaha: Burya iyo wubashye uwo muntu, ukamwereka ko ntacyo wakora gitandukanye n’ibyifuzo bye mutaganiriyeho , na we abona ko umurutira abanda. Urukundo rushingira cyane ku bwubahane hagati ya babiri.

Muri rusange urukundo ukunda umuntu rushingira kuburyo umwitwaraho n’uburyo abona ibikuvamo cyangwa bikuvaho byaba ibifatika cyangwa ibidafatika ariko bikamwereka ko uhari ku bwe.

DP.avif

Inkuru zerekeye