NDASHAKA UMUKUNZI ! Ndi umugore mfite abana 3 n’imyaka 35 ndashaka umukunzi twazarushinga akaba akunda Imana
Inkuru z'urukundo

NDASHAKA UMUKUNZI ! Ndi umugore mfite abana 3 n’imyaka 35 ndashaka umukunzi twazarushinga akaba akunda Imana

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 143 min gusoma
NDASHAKA UMUKUNZI ! Ndi umugore mfite abana 3 n’imyaka 35 ndashaka umukunzi twazarushinga akaba akunda Imana

Umugore w’imyaka 35 y’amavuko yaratwandikiye adusaba ko twagaragaza ko akeneye umukunzi , umugabo cyangwa umusore waba witeguye gukundana na we no kubana na we nk’umugore n’umugabo akaba yaboneraho.

Nyuma yo kumara igihe asoma inkuru zacu (UMUNSI.COM), yaje kugera ku nkuru yanditswe n’umunyamakuru wacu , ikaba inkuru twari twarahawe n’umusomyi wacu na we washakaga umukunzi.

Uyu mugore akiyigeraho akayisoma , yadusabye kumuhuza n’umuntu ufite urukundo nk’urwe ariko tumubwira ko twe ntawe dufite ahubwo ko iyo amushaka “Tumukorera inkuru ihishe uwo ari we by’ukuri, hagira uwo bahuza tukabahuza”.

Nyuma y’aho na we yarabyemeye, atubwira ko umugabo yifuza ari usenga cyane, agakunda Imana ndetse agakunda abana kandi akaba yiteguye kubaka urugo rugakomera.Yavuze ko kandi ashaka umugabo udakunda abagore cyane, ntakunde guhunga inshingano n’ibindi.

Ati:”Umunsi.com, nabonye mufasha abantu gushaka abakunzi, nanjye ndashaka umukunzi twabana kandi akaba ari umugabo mwiza ushinguye, akaba ari umusore cyangwa umugabo ariko utagira ingeso, ukunda Imana kandi witeguye kubaka urugo n’abe rugakomera. Kuba azankunda cyane kandi akankunda njyenyine”.

Yakomeje agira ati:”Njye mfite urukundo rw’ukuri kandi iyo nakunze mbanakunze, rero ndifuza umugabo duhuje, umugabo utazaza aje ku nkinisha cyangwa kundebera amarangamutima no kuyababaza. Ndashaka umugabo mwiza”.

N’ubwo benshi batinya umugabo ufite abana we yagize ati:”Niyo yaba afite abana ntakibazo ariko akaba ashoboye gukora kuburyo tuzashyira hamwe tukabarera. Abana ni umugisha, tuzashyira hamwe n’abanjye dufatanye tubarere”.

Uyu mugore wagiye atwibutsa inshuro nyinshi impamvu tutamubariza abasomyi bacu uwiteguye ku rwubaka, atuye muri kamwe mu Turere two mu Rwanda kandi yabwiye UMUNSI.COM ko umunsi twakoze iyo nkuru (Iyi), azaba ari hafi kugira ngo mu bitekerezo abantu bagiye batanga azabashe gukuramo uwo bahuje ubundi amwandikire bamenyane babyikoreye.

Nawe niba ubona imyaka irimo ku kujyana , ukaba ukeneye umukunzi, twandikire kuri watsapp yacu 0791859465. Ntabwo dutanga abakunzi ariko na we uduha ibyo ugendera, tukagukorera inkuru uwo muhuje , mugakundana , mwashimana mugashakana. Ntabwo tuba tuzi uwo muzahura, amarangamutima yawe n’ubushishozi byawe nibyo bikuyobora muri ubwo buryo.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Basketball: APR BBC yageze ku mukino wa nyuma aho izahura na PATRIOTS BBC
Imikino

Basketball: APR BBC yageze ku mukino wa nyuma aho izahura na PATRIOTS BBC

APR BBC igeze k'umukino wa nyuma ku nshuro ya gatatu yikurikiranya aho izahura na PATRIOTS BBC biheruka guhura ku mukino wa nyuma wa 2024 APR igatsinda Patriots imikino 4-2 bakaba bongeyeho guhura. Ninde utwara igikombe uyu mwaka?

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
Basketball: PATRIOTS BBC yageze ku mukino wa nyuma wa Kamarampaka
Imikino

Basketball: PATRIOTS BBC yageze ku mukino wa nyuma wa Kamarampaka

Patriots BBC yongeye kugera ku mukino wa nyuma wa Kamarampaka ku ikipe igomba guhatanira u Rwanda mu mikino ya BAL 2027 ni nyuma yo gutsinda REG BBC umukino wa gatanu nyuma y'uko amakipe yanganyaga imikino 2-2.

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
Rubavu: Kuki abahanzi batagifite ihangana ryiza kandi hari ibihembo bategurirwa ! Irengero ry’arenga 60,000,000 Rwf bagenerwa ajyanwa nande ?
Imyidagaduro

Rubavu: Kuki abahanzi batagifite ihangana ryiza kandi hari ibihembo bategurirwa ! Irengero ry’arenga 60,000,000 Rwf bagenerwa ajyanwa nande ?

Umuziki wo mu Karere ka Rubavu wahoze uri imbere ugereranyije n’utundi Turere ndetse ntawe ushidikanya ku mpano z’abahanzi bafite inkomoko muri ako Karere iyo bageze ku rwego rw’Igihugu no hanze yaryo.Ese ko ibihembo byaburaga byatangiye gutangwa rimwe mu mwaka kwinuba no kudakora cyane nk’abazashimirwa ku bahanzi biturukahe ?

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 20 yashize
Indirimbo Dai Dai ya Shakira na Burna Boy yanditse amateka kuri YouTube
INKURU NYAMUKURU

Indirimbo Dai Dai ya Shakira na Burna Boy yanditse amateka kuri YouTube

Indirimbo Dai Dia ya Shakira na Burna Boy , yahimbiwe imikino y'igikombe cy’Isi ya 2026 mu mupira w’amaguru yaciye agahigo ko kuzuza Biliyoni imwe ya Views kuri ‘Website’ ya YouTube isanzwe icaho ibihangano by’abantu batandukanye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Kiyovu Sports Club: Mark Simon Harrison yatangiye gutoza
Imikino

Kiyovu Sports Club: Mark Simon Harrison yatangiye gutoza

Kiyovu Sports Club yasinyishe umutoza mushya Mark Simon Harrison ukomaka mu gihugu cy'ubwongereza uje asimbura Haringingo wagiye muri Rayon Sports Fc Shampiyona itararangiye.

ADAM Yannickiminsi 2 yashize
Basketball: Patriots BBC na RSSB Tigers BBC zaraye zitwaye neza mu mukino wa 4 wa play-off
Imikino

Basketball: Patriots BBC na RSSB Tigers BBC zaraye zitwaye neza mu mukino wa 4 wa play-off

Nyuma y'uko Patriots BBC na RSSB Tigers BBC zari zitwaye neza mu mukino ubanza, maze mu mikino ibiri yakurikiyeho ntizishobore kwitwara neza. Ku mukino wa kane zitwaye neza bituma hazitabazwa umukino wa gatanu kugira ngo hamenyekane ikipe ebyiri zizagera ku mukino wa nyuma.

ADAM Yannickiminsi 2 yashize