
Umugore w’imyaka 35 y’amavuko yaratwandikiye adusaba ko twagaragaza ko akeneye umukunzi , umugabo cyangwa umusore waba witeguye gukundana na we no kubana na we nk’umugore n’umugabo akaba yaboneraho.
Nyuma yo kumara igihe asoma inkuru zacu (UMUNSI.COM), yaje kugera ku nkuru yanditswe n’umunyamakuru wacu , ikaba inkuru twari twarahawe n’umusomyi wacu na we washakaga umukunzi.
Uyu mugore akiyigeraho akayisoma , yadusabye kumuhuza n’umuntu ufite urukundo nk’urwe ariko tumubwira ko twe ntawe dufite ahubwo ko iyo amushaka “Tumukorera inkuru ihishe uwo ari we by’ukuri, hagira uwo bahuza tukabahuza”.
Nyuma y’aho na we yarabyemeye, atubwira ko umugabo yifuza ari usenga cyane, agakunda Imana ndetse agakunda abana kandi akaba yiteguye kubaka urugo rugakomera.Yavuze ko kandi ashaka umugabo udakunda abagore cyane, ntakunde guhunga inshingano n’ibindi.
Ati:”Umunsi.com, nabonye mufasha abantu gushaka abakunzi, nanjye ndashaka umukunzi twabana kandi akaba ari umugabo mwiza ushinguye, akaba ari umusore cyangwa umugabo ariko utagira ingeso, ukunda Imana kandi witeguye kubaka urugo n’abe rugakomera. Kuba azankunda cyane kandi akankunda njyenyine”.
Yakomeje agira ati:”Njye mfite urukundo rw’ukuri kandi iyo nakunze mbanakunze, rero ndifuza umugabo duhuje, umugabo utazaza aje ku nkinisha cyangwa kundebera amarangamutima no kuyababaza. Ndashaka umugabo mwiza”.
N’ubwo benshi batinya umugabo ufite abana we yagize ati:”Niyo yaba afite abana ntakibazo ariko akaba ashoboye gukora kuburyo tuzashyira hamwe tukabarera. Abana ni umugisha, tuzashyira hamwe n’abanjye dufatanye tubarere”.
Uyu mugore wagiye atwibutsa inshuro nyinshi impamvu tutamubariza abasomyi bacu uwiteguye ku rwubaka, atuye muri kamwe mu Turere two mu Rwanda kandi yabwiye UMUNSI.COM ko umunsi twakoze iyo nkuru (Iyi), azaba ari hafi kugira ngo mu bitekerezo abantu bagiye batanga azabashe gukuramo uwo bahuje ubundi amwandikire bamenyane babyikoreye.
Nawe niba ubona imyaka irimo ku kujyana , ukaba ukeneye umukunzi, twandikire kuri watsapp yacu 0791859465. Ntabwo dutanga abakunzi ariko na we uduha ibyo ugendera, tukagukorera inkuru uwo muhuje , mugakundana , mwashimana mugashakana. Ntabwo tuba tuzi uwo muzahura, amarangamutima yawe n’ubushishozi byawe nibyo bikuyobora muri ubwo buryo.











