Umunsi.com
Trump yikomye ibihugu bitamushyigikiye mu ntambara na Iran
Izindi nkuru

Trump yikomye ibihugu bitamushyigikiye mu ntambara na Iran

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 13 min gusoma
Trump yikomye ibihugu bitamushyigikiye mu ntambara na Iran
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yanenze ibihugu byanze kumufasha mu guhangana na Iran, avuga ko biri guhura n’ingaruka zirimo izamuka ry’ibiciro bya lisansi. Ibi yabivuze mu gihe intambara ya Iran na Israel ku bufatanye na Amerika yakomeje gukaza umurego, igateza ihungabana ku isoko rya peteroli ku Isi. Mu ntangiriro z’iyi ntambara, Iran yafunze umuhora wa Strait of Hormuz, unyuzwamo hafi 20% bya peteroli ikoreshwa ku Isi, bigira ingaruka ku bihugu byinshi. Amerika yagerageje kotsa igitutu Iran ngo iwufungure ariko ntibyashobotse. Israel na yo yagerageje ibitero ku ngabo zo mu mazi za Iran ariko ntibyahagaritse ibikorwa byayo. Iran yatangaje ko amato y’ibihugu biyishyigikiye azakomeza gutambuka, mu gihe ay’ibihugu bifitanye umubano na Amerika azakomeza guhura n’ibibazo. Ibi byatumye igiciro cya peteroli kizamuka cyane, aho kavuye ku madolari ari hagati ya 70 na 73 kagera hagati ya 107 na 117. Trump yavuze ko ibihugu byanze kumufasha bikwiye kwishakira ibisubizo ubwabyo, anavuga ko Amerika itazongera kubifasha. Yanagaragaje ko Iran yamaze gucika intege ku rugero runini bitewe n’ibitero yakorewe. Mu gihe cy’iyi ntambara, Iran yakomeje kurasa ku mato atwara peteroli ifata nk’ay’ibihugu by’inshuti za Amerika na Israel, harimo n’ubwato bwa Kuwait bwari hafi ya Dubai. Iyi ntambara yatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026, imaze guhitana abantu benshi mu bihugu bitandukanye birimo Iran, Liban na Israel.

Inkuru zerekeye

‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo
Izindi nkuru

‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo

‎N'ubwo bitemewe mu muco Nyarwanda kwambara impenure, ntibikuyeho ko benshi mu bagore n'abakobwa basomye , bakagira imyimvire yabo, bazambara (Mini) kandi bakumva ko baberewe ari na yo mpamvu muri iyi nkuru twateguye, utwambaro twambarwa n'abo bibwira ko bafite amaguru meza bakaberwa kurushaho abikwije.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Uburyo burakoreshwa harebwa amanota y’ibizamini bya Leta
Izindi nkuru

Uburyo burakoreshwa harebwa amanota y’ibizamini bya Leta

Kuri uyu wa 20 Kanama 2026 nibwo hatangazwa amanota y’ibizamini bya Leta by’amashuri abanza nk’uko byatangajwe na NESA. Amanota arebwa mu buryo bwa Interineti na SMS nk’uo tugiye kubirebera hamwe.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
RDC: Abasirikare bahunze urugamba rwo muri Kivu y’Amajyepfo bafatiwe mu mabandi
Izindi nkuru

RDC: Abasirikare bahunze urugamba rwo muri Kivu y’Amajyepfo bafatiwe mu mabandi

RDC: Abasirikare bahunze urugamba rwo muri Kivu y’Amajyepfo bafatiwe mu mabandi

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 15
White House yahakanye amakuru y’uburwayi bwa Trump
Izindi nkuru

White House yahakanye amakuru y’uburwayi bwa Trump

White House yahakanye amakuru y’uburwayi bwa Trump

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 5
Minisitiri Bizimana yasabye kwitwararika mu ikoreshwa ry’ijambo “gutwika”
Izindi nkuru

Minisitiri Bizimana yasabye kwitwararika mu ikoreshwa ry’ijambo “gutwika”

Minisitiri Bizimana yasabye kwitwararika mu ikoreshwa ry’ijambo “gutwika”

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 4
DRC iri mu biganiro na Amerika ku kwakira abimukira baturuka mu bindi bihugu
Izindi nkuru

DRC iri mu biganiro na Amerika ku kwakira abimukira baturuka mu bindi bihugu

DRC iri mu biganiro na Amerika ku kwakira abimukira baturuka mu bindi bihugu

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 4

Inkuru zishyashya

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League
Imikino

Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League

Rayon Sports Women FC yatangiye nabi irushanwa rya CAF Women's Champions League CECAFA QUALFIERS nyuma yo kunganya na Mafunzo Women FC yo muri Zanzibar

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza
Imyidagaduro

Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza

‎Chui [Rayvanny ] umuhanzi w’Umunyatanzaniya yatunguranye asohora indirimbo nshya yise “Rwanda”, agarukamo ubwiza bw’Abanyarwandakazi ndetse anavuga amazina y’abakobwa n’abagore bazwi mu Rwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo
Hanze

Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo

Umutwe wa AFC/M23 uyobora ibice binini muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyizeho ingamba nshya zigamije kurinda icyorezo cya Ebola cyugarije icyo Gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO
Imikino

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO

Umukunzi wa Lamine Yamal Ines Garcia yagaragaje urwo akunda uwo musore usanzwe ikinira ikipe ya Fc Barcelona na Espanye. Ubutumwa uyu mwari yashyize hanze bwakangaranyije imbuga nkoranyambaga bupfukirana abashakaga kubatanya.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
Theirry Luvumbu wakiniye Rayon Sports akayihenuraho yavuze ko ari gupfa yumva kandi bucece
Imyidagaduro

Theirry Luvumbu wakiniye Rayon Sports akayihenuraho yavuze ko ari gupfa yumva kandi bucece

Rutahizamu Héritier Luvumbu Nzinga ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo , wavuye mu Rwanda yihenuye ndetse akoze amabara, yatangaje ko ababajwe n’uburyo yatereranywe n’Ubuyobozi bw’Igihugu cye mu gihe cy’imyaka ibiri amaze avuye mu Rwanda asobanura ko ari gupfa yumva kandi bucece.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize