Umunsi.com
Abagore gusa: Impamvu 7 zishobora gutuma umugabo yirengagiza urwo yaba agukunda rwose akakureka
Inkuru z'urukundo

Abagore gusa: Impamvu 7 zishobora gutuma umugabo yirengagiza urwo yaba agukunda rwose akakureka

Admin User2026 Gicurasi 218 min gusoma
Abagore gusa: Impamvu 7 zishobora gutuma umugabo yirengagiza urwo yaba agukunda rwose akakureka

Umugabo wawe ashobora kuba agukunda n’umutima we wose mu gihe runaka ukabona arakuretse. Hari ibintu wowe ushobora kubona nk’ibyoroshye ariko bikaba ari ingenzi ku mugabo wawe.

Twifashishije urubuga gulmu.info twaguteguriye ibintu 7 umugore akwiye kwitwararika ku mugabo we. Niba uri umugore w’umuhanga urabibika ku mutima kuko bishobora kukugirira akamaro mu mubano wawe n’uwo mwashakanye cyangwa uwo muzashakana.

Kutamwubaha: Ibi si ibanga ndetse nta n’utazi ko abagabo bakunda icyubahiro kuruta ibindi bintu byose. Icyo abagabo banga kuruta ibindi ni ukubura icyubahiro mu ruhame cyane cyane imbere y’ababyeyi, inshuti n’abandi.

Abagabo kandi banga abagore b’abanyagasuzuguro cyane cyane bamwe bakora icyo bashatse gusa batanumva icyo umugabo abavuze.

Kumuca inyuma: Ntibikunze kubaho kubona umugabo wababariye umugore wamuciye inyuma. Ni byiza ko niba uri umugore uharanira kuba umwizerwa ku mugabo wawe.

Imibonano mpuzabitsina: Burya umugore ashobora kwihanganira kumara imyaka adakora imibonano mpuzabitsina ariko ku bagabo siko bimeze kuko batabasha kubyihanganira igihe kinini.

Ni byiza ko niba uri igitsina gore wifata mbere yo gukobwa kuko bizakurinda abagabo babi ariko iyo umaze gushaka ibyo kwifata ubisiga inyuma. Ntukwiye kwanga kuryamana n’umugabo wagukoye, mukabyarana abana kandi mukaba mubana mu nzu imwe.

Ibikoresho: Abagabo ntibakunda abagore bahora babaka amafaranga cyangwa bakamara igihe cyabo cyose bababwira ibijyanye n’amafaranga. Niba umugabo akora kandi akaba agukunda azaguha icyo ukeneye cyose utarinze guhora umusaba.

Gusa nawe nk’umugore ukwiye guharanira gukora kugira ngo bizakurinde guhora waka umugabo amafaranga kuri buri kantu kose.

Igitutu: Umugabo ntakunda umuntu uhora amushyiraho igitutu cyo gukora ibintu runaka. Aba afite byinshi bimureba bishobora gutuma akureka igihe uhora umwotsa igitutu cyo kugira ibyo akora.

Ni byiza kudahora waka umugabo byinshi ahubwo ukanyurwa na bike abasha kukuha aho kumwotsa igitutu cyo kugushakira n’ibyo atabasha kubona. Burya umunezero uva mu kwakira no kunyurwa n’ibyo ubonye.

Wihora uhatiriza umugabo kuguha ibihenze cyane cyane iyo afite akazi kamunaniza, uba ukwiye kumenya ko akeneye umunezero adakwiye kuburira ku kazi ngo aburire no mu rugo.

Gasopo: Abagabo ntibakunda umuntu ubaha amabwiriza ngenderwaho aho usanga umugore akubwira ngo nutareka ibi bizagenda bitya.

Abagabo muri kamere yabo ni abategetsi abagore nabo muri kamere bakaba bagomba kubaha. Ni ngombwa ko uvugana kwicisha bugufi imbere y’umugabo aho kuvuga umuha gasopo ku bintu runaka.

Kwinubira amabwiriza n’ibitekerezo bye: Abagabo ntibakunda abagore banga gukora ibyo babasabye. Uba ugomba gukora icyo umugabo agusabye, iyo ugiye kumuburanya umuha impamvu nyinshi abifata nko kumusuzugura.

Nubwo umugabo yaba akubwiye gukora ibitari byo uba ugomba gushaka uburyo buboneye bwo kubimubwira ukavuga ucishije make kandi mu kinyabupfura aho kuvuga nk’uhanganye nawe kuri iyo ngingo.

umugabo-7400011574773941.jpg

Inkuru zerekeye

‎Ibintu abagore bakunda cyane babihawe n'abagabo
Inkuru z'urukundo

‎Ibintu abagore bakunda cyane babihawe n'abagabo

‎Ubusanzwe nk'uko amateka abivuga , abagore bakunda kwishingikiriza ku bagabo ndetse burya , ngo hari ibintu abagore bakunda cyane ariko bikaba akarusho bivuye kubo bashakanye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
NDASHAKA UMUKUNZI ! Ndi umugore mfite abana 3 n’imyaka 35 ndashaka umukunzi twazarushinga akaba akunda Imana
Inkuru z'urukundo

NDASHAKA UMUKUNZI ! Ndi umugore mfite abana 3 n’imyaka 35 ndashaka umukunzi twazarushinga akaba akunda Imana

Umugore w’imyaka 35 y’amavuko yaratwandikiye adusaba ko twagaragaza ko akeneye umukunzi , umugabo cyangwa umusore waba witeguye gukundana na we no kubana na we nk’umugore n’umugabo akaba yaboneraho.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 6 yashize
‎Urukundo rwa Cia rwari rwiza cyane ari intangarugero ariko rurangira nabi ,  ubuzima burahinduka.
Inkuru z'urukundo

‎Urukundo rwa Cia rwari rwiza cyane ari intangarugero ariko rurangira nabi ,  ubuzima burahinduka.

Abantu benshi bakundaga kuvuga ko urukundo rwa Cia rwari nk'inzozi kuri bo kuko we n'umukunzi we bahoranaga inseko mu buzima bwabo, bagasangira ibihe byiza, ndetse benshi bakabafata nk'urugero rw'abashakanye babanye neza muri icyo gihe.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 31
Abasore gusa! Menya ahantu umukobwa ahita akubita amaso bwa mbere ukimwegera ujye uhagenzura cyane
Inkuru z'urukundo

Abasore gusa! Menya ahantu umukobwa ahita akubita amaso bwa mbere ukimwegera ujye uhagenzura cyane

Abasore gusa! Menya ahantu umukobwa ahita akubita amaso bwa mbere ukimwegera ujye uhagenzura cyane

Admin User2026 Gicurasi 22
Abasore gusa: Ibintu ukwiriye kwitaho ku mukunzi wawe mu gihe ushaka ko mubana amahoro
Inkuru z'urukundo

Abasore gusa: Ibintu ukwiriye kwitaho ku mukunzi wawe mu gihe ushaka ko mubana amahoro

Abasore gusa: Ibintu ukwiriye kwitaho ku mukunzi wawe mu gihe ushaka ko mubana amahoro

Admin User2026 Gicurasi 22
Abasore gusa: Dore ibintu 6 usabwa gukora mu gihe ufitiye umukobwa ibyiyumviro bikabije
Inkuru z'urukundo

Abasore gusa: Dore ibintu 6 usabwa gukora mu gihe ufitiye umukobwa ibyiyumviro bikabije

Abasore gusa: Dore ibintu 6 usabwa gukora mu gihe ufitiye umukobwa ibyiyumviro bikabije

Admin User2026 Gicurasi 22

Inkuru zishyashya

Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo
Hanze

Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo

Umutwe wa AFC/M23 uyobora ibice binini muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyizeho ingamba nshya zigamije kurinda icyorezo cya Ebola cyugarije icyo Gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO
Imikino

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO

Umukunzi wa Lamine Yamal Ines Garcia yagaragaje urwo akunda uwo musore usanzwe ikinira ikipe ya Fc Barcelona na Espanye. Ubutumwa uyu mwari yashyize hanze bwakangaranyije imbuga nkoranyambaga bupfukirana abashakaga kubatanya.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Theirry Luvumbu wakiniye Rayon Sports akayihenuraho yavuze ko ari gupfa yumva kandi bucece
Imyidagaduro

Theirry Luvumbu wakiniye Rayon Sports akayihenuraho yavuze ko ari gupfa yumva kandi bucece

Rutahizamu Héritier Luvumbu Nzinga ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo , wavuye mu Rwanda yihenuye ndetse akoze amabara, yatangaje ko ababajwe n’uburyo yatereranywe n’Ubuyobozi bw’Igihugu cye mu gihe cy’imyaka ibiri amaze avuye mu Rwanda asobanura ko ari gupfa yumva kandi bucece.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
Uburyo burakoreshwa harebwa amanota y’ibizamini bya Leta
Izindi nkuru

Uburyo burakoreshwa harebwa amanota y’ibizamini bya Leta

Kuri uyu wa 20 Kanama 2026 nibwo hatangazwa amanota y’ibizamini bya Leta by’amashuri abanza nk’uko byatangajwe na NESA. Amanota arebwa mu buryo bwa Interineti na SMS nk’uo tugiye kubirebera hamwe.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
‎Mu mafoto adasanzwe ya Cinema turagukumbuza nyakwigendera Hayden Panettiere wamamaye muri Nashville, Heroes n'izindi
Cinema

‎Mu mafoto adasanzwe ya Cinema turagukumbuza nyakwigendera Hayden Panettiere wamamaye muri Nashville, Heroes n'izindi

‎Umunyabigwi Hayden Panettiere yasize amateka muri Cinema atazigera yibagirana mu mateka y'Isi dore ko yatangiye kuzikina akiri umwana muto kugeza apfuye ku wa 16 Kanama 2026 ku myaka 36 y'amavuko.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Kimenyi na Muyanga nta mitungo bafite yo kugabana ! Byinshi ku rubanza rwabo
Imyidagaduro

Kimenyi na Muyanga nta mitungo bafite yo kugabana ! Byinshi ku rubanza rwabo

Umushabitsi mu myidagaduro Miss Muyango Claudine na Kimenyi Yves bari mu nzira zo gutandukana mu bwumvikane bwemewe n’amategeko nyuma y’imyaka ibiri bakoze ubukwe.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize