Basketball: APR BBC yageze ku mukino wa nyuma aho izahura na PATRIOTS BBC
Imikino

Basketball: APR BBC yageze ku mukino wa nyuma aho izahura na PATRIOTS BBC

ADAM Yannick2026 Kanama 153 min gusoma
Basketball: APR BBC yageze ku mukino wa nyuma aho izahura na PATRIOTS BBC

APR BBC igeze k'umukino wa nyuma ku nshuro ya gatatu yikurikiranya aho izahura na PATRIOTS BBC biheruka guhura ku mukino wa nyuma wa 2024 APR igatsinda Patriots imikino 4-2 bakaba bongeyeho guhura. Ninde utwara igikombe uyu mwaka?

Kuri uyu wa gatanu tariki 14 Kanama 2026 muri Petit Stade I Remera habereye imikino ibiri mu Bagabo ya 1/2 hagati ya RSSB Tigers BBC na APR BBC ndetse na Patriots BBC na REG BBC. Amakipe yose yanganya intsinzi ebyiri kuri ebyiri, byatumye hitabazwa umukino wa gatanu.

Umukino wa mbere warangiye PATRIOTS BBC itsinze REG BBC amanota 83-79 maze ibona itike yo gukina umukino wa nyuma. Umukino wakurikiyeho wahuje RSSB Tigers BBC na APR BBC ni Umukino abantu bumvaga ko RSSB Tigers BBC ishobora gutsinda ikagera ku mukino wa nyuma nk'ikipe yatwaye BAL 2026 igomba kongera gushaka uko yasubirayo.

Gusa APR BBC yayitanze mu mukino maze agace ka mbere karangira APR BBC ikayoboye n'amanota 32-17. Mu gace ka kabiri , RSSB Tigers BBC BBC yagatangiye neza,igenda ikuramo ikinyuranyo cy'amanota yari yatsinzwe mu gace ka mbere ati nako APR BBC ishaka kongera ikinyuranyo. Gusa aka gace kaje kurangira RSSB Tigers BBC igatsinze amanota 23-25 ya APR BBC.

Bagiye k'uruhuka APR BBC iyoboye n'amanota 47-40. Mu gace ka gatatu, umukino wakomeje kwegerana cyane amakipe yombi atsindana, ikinyuranyo ari gito. Gusa kagiye kurangira APR BBC ishyizemo ikinyuranyo cy'amanota 10 kuko karangiye APR BBC ifite amanota 33-23 ya RSSB Tigers BBC bivuze ko hahise hajyamo ikinyuranyo cy'amanota 17 byari bigoranye ko yayakuramo.

Aka gace karangiye, APR BBC ikomeje kuyobora umukino n’amanota 80 kuri 63 ya RSSB Tigers BBC.

Agace ka kane ari nako ka nyuma, APR BBC yakomeje kugenda imbere ubona ko ifite intego yo kugeza mu manota ijana( Trois chiffre) imibare itatu. RSSB Tigers BBC yatangiye agace ka nyuma neza , kuko karangiye APR BBC itsinze amanota 25- 15 ya RSSB Tigers BBC.

Amakipe yombi ariyo Patriots BBC na APR BBC yahise agera ku ntsinzi ya gatatu kuri ebyiri bityo zihita zibona itike y' umukino wa nyuma ,mu gihe izatsinzwe zizahatanira umwanya wa gatatu aho bakina imikino itanu utsinze itatu agahita yegukana umwanya wa gatatu ku mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu uzahuza REG BBC na RSSB Tigers BBC.

PATRIOTS BBC izahura na APR BBC ku mukino wa nyuma aho amakipe azakina imikino irindwi ahatanira k'ubona umwanya wo kuzakina BAL 2027. Aho utsinze undi imikino itanu ahita yegukana igikombe. Ubwo aya makipe aheruka guhura mu 2024 APR BBC yatsinze PATRIOTS BBC imikino 4-2 yegukana igikombe.

Ese uyu mwaka Patriots BBC iragitwara yongere gukina imikino ya BAL cyangwa APR BBC irakisubiza nk'uko yari yatwaye igikombe gishyize cya 2025 itsinze REG BBC? Aya makipe yaherukaga gukina umukino wa nyuma mu mwaka 2024 aho yatsinzwe ibitego 4-2.

Inkuru zerekeye

Basketball: PATRIOTS BBC yageze ku mukino wa nyuma wa Kamarampaka
Imikino

Basketball: PATRIOTS BBC yageze ku mukino wa nyuma wa Kamarampaka

Patriots BBC yongeye kugera ku mukino wa nyuma wa Kamarampaka ku ikipe igomba guhatanira u Rwanda mu mikino ya BAL 2027 ni nyuma yo gutsinda REG BBC umukino wa gatanu nyuma y'uko amakipe yanganyaga imikino 2-2.

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
Kiyovu Sports Club: Mark Simon Harrison yatangiye gutoza
Imikino

Kiyovu Sports Club: Mark Simon Harrison yatangiye gutoza

Kiyovu Sports Club yasinyishe umutoza mushya Mark Simon Harrison ukomaka mu gihugu cy'ubwongereza uje asimbura Haringingo wagiye muri Rayon Sports Fc Shampiyona itararangiye.

ADAM Yannickiminsi 2 yashize
Basketball: Patriots BBC na RSSB Tigers BBC zaraye zitwaye neza mu mukino wa 4 wa play-off
Imikino

Basketball: Patriots BBC na RSSB Tigers BBC zaraye zitwaye neza mu mukino wa 4 wa play-off

Nyuma y'uko Patriots BBC na RSSB Tigers BBC zari zitwaye neza mu mukino ubanza, maze mu mikino ibiri yakurikiyeho ntizishobore kwitwara neza. Ku mukino wa kane zitwaye neza bituma hazitabazwa umukino wa gatanu kugira ngo hamenyekane ikipe ebyiri zizagera ku mukino wa nyuma.

ADAM Yannickiminsi 2 yashize
FERWAFA : Perezida wa Ferwafa yatawe muri yombi na RIB
Imikino

FERWAFA : Perezida wa Ferwafa yatawe muri yombi na RIB

Umuyobozi w'ishyirahamwe ry'umupira wa maguru mu Rwanda (FERWAFA) yatawe muri yombi nyuma aho akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha sheke itazigamiye.

ADAM Yannickiminsi 2 yashize
CECAFA Kagame Cup 2026: JAMUS FC yageze muri 1/2 Amakipe yo muri Tanzaniya arataha
Imikino

CECAFA Kagame Cup 2026: JAMUS FC yageze muri 1/2 Amakipe yo muri Tanzaniya arataha

JAMUS FC yo muri Sudan y'epfo itarahabwaga amahirwe yageze muri 1/2 mu gihe SINGIDA FC yarifite igikombe yasezerewe na SIMBA FC.

ADAM Yannick2026 Kanama 1
Umunyabigwi wa AC Milan n'u Butaliyani, Franco Baresi, yitabye Imana ku myaka 66
Imikino

Umunyabigwi wa AC Milan n'u Butaliyani, Franco Baresi, yitabye Imana ku myaka 66

Umunyabigwi mu mupira w'amaguru w'u Butaliyani, Franco Baresi, wubatse amateka akomeye muri AC Milan no mu Ikipe y'Igihugu y'u Butaliyani, yitabye Imana ku myaka 66 nyuma y'igihe kirekire arwaye indwara y'ibihaha.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 31

Inkuru zishyashya

Rubavu: Kuki abahanzi batagifite ihangana ryiza kandi hari ibihembo bategurirwa ! Irengero ry’arenga 60,000,000 Rwf bagenerwa ajyanwa nande ?
Imyidagaduro

Rubavu: Kuki abahanzi batagifite ihangana ryiza kandi hari ibihembo bategurirwa ! Irengero ry’arenga 60,000,000 Rwf bagenerwa ajyanwa nande ?

Umuziki wo mu Karere ka Rubavu wahoze uri imbere ugereranyije n’utundi Turere ndetse ntawe ushidikanya ku mpano z’abahanzi bafite inkomoko muri ako Karere iyo bageze ku rwego rw’Igihugu no hanze yaryo.Ese ko ibihembo byaburaga byatangiye gutangwa rimwe mu mwaka kwinuba no kudakora cyane nk’abazashimirwa ku bahanzi biturukahe ?

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 20 yashize
NDASHAKA UMUKUNZI ! Ndi umugore mfite abana 3 n’imyaka 35 ndashaka umukunzi twazarushinga akaba akunda Imana
Inkuru z'urukundo

NDASHAKA UMUKUNZI ! Ndi umugore mfite abana 3 n’imyaka 35 ndashaka umukunzi twazarushinga akaba akunda Imana

Umugore w’imyaka 35 y’amavuko yaratwandikiye adusaba ko twagaragaza ko akeneye umukunzi , umugabo cyangwa umusore waba witeguye gukundana na we no kubana na we nk’umugore n’umugabo akaba yaboneraho.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Indirimbo Dai Dai ya Shakira na Burna Boy yanditse amateka kuri YouTube
INKURU NYAMUKURU

Indirimbo Dai Dai ya Shakira na Burna Boy yanditse amateka kuri YouTube

Indirimbo Dai Dia ya Shakira na Burna Boy , yahimbiwe imikino y'igikombe cy’Isi ya 2026 mu mupira w’amaguru yaciye agahigo ko kuzuza Biliyoni imwe ya Views kuri ‘Website’ ya YouTube isanzwe icaho ibihangano by’abantu batandukanye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Arashaka gutwara Grammy Awards ! Byinshi kuri Producer Ivee wabengutse Element akifuza ko bakorana indirimbo
Imyidagaduro

Arashaka gutwara Grammy Awards ! Byinshi kuri Producer Ivee wabengutse Element akifuza ko bakorana indirimbo

Umuhanzi ubihuza no gutunganya umuziki Ivee yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Corazon’ ifite amashusho ari ku rwego Mpuzamahanga yatunganijwe numwe mu bagezweho witwa Biko anateguza kwimurira i Kigali Studio ye ya PG Record ibarizwa i Nairobi akayizana i Kigali. Ni indirimbo yakoze afashijwe na Yee Fanta na Biko.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Turbo King Super  Cup 2026: Ikipe imwe mu makipe ane yagombaga gukina Super Cup 2026 yikuyemo
INKURU NYAMUKURU

Turbo King Super Cup 2026: Ikipe imwe mu makipe ane yagombaga gukina Super Cup 2026 yikuyemo

Ese Ferwafa iremera icyifuzo cya APR FC maze ihindure gahunda yari yamenyesheje amakipe ko azakina Turbo King super Cup 2026 kuko ivuga ko itabimenyeshejwe mbere ndetse ngo inaganirizwe.

ADAM Yannickiminsi 2 yashize
‎Cristiano Ronaldo yakoze ubukwe n'umukunzi we bamaranye imyaka itari mike
Imyidagaduro

‎Cristiano Ronaldo yakoze ubukwe n'umukunzi we bamaranye imyaka itari mike

Cristiano Ronaldo ubu ni umugabo wubatse mu buryo bwemewe n'amategeko nyuma yo gushyira hanze ayo makuru ubwe anyuze ku mbuga nkoranyambaga ze zitandukanye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize