Basketball: Patriots BBC na RSSB Tigers BBC zaraye zitwaye neza mu mukino wa 4 wa play-off
Imikino

Basketball: Patriots BBC na RSSB Tigers BBC zaraye zitwaye neza mu mukino wa 4 wa play-off

ADAM Yannick2026 Kanama 133 min gusoma
Basketball: Patriots BBC na RSSB Tigers BBC zaraye zitwaye neza mu mukino wa 4 wa play-off

Nyuma y'uko Patriots BBC na RSSB Tigers BBC zari zitwaye neza mu mukino ubanza, maze mu mikino ibiri yakurikiyeho ntizishobore kwitwara neza. Ku mukino wa kane zitwaye neza bituma hazitabazwa umukino wa gatanu kugira ngo hamenyekane ikipe ebyiri zizagera ku mukino wa nyuma.

Mu ijoro ryakeye Tariki 12 Kanama 2026 nibwo muri Petit Stade i Remera haberaga Umukino wa Kane mu makipe ahatanira kugera ku mukino wa nyuma wa ugomba kuzagaragaza ikipe izahagararira u Rwanda mu mikino ya BAL 2027.
APR BBC na REG BBC mbere y'uyu mukino nizo zahabwaga amahirwe yo kugera ku mukino wa nyuma mbere y'uko zarizitwaye neza mu mikino itatu ibanza kuko zari zatsinze imikino ibiri,aho zaburaga umukino umwe zikagera ku mukino wa nyuma.

RSSB Tigers BBC yatsinze APR BBC amanota 96-94, Patriots itsinda REG BBC amanota 72-61, amakipe yose anganya intsinzi ebyiri kuri ebyiri, byatumye hazitabazwa umukino wa gatanu ugomba kugaragaza ikipe ebyiri zizakina umukino wa nyuma ahakinwa imikino irindwi (7) bagatanguranywa gutsinda imikino itanu. Itanze indi gutsinda imikino itanu ihita yegukana igikombe mu gihe bikomeje kunaniranywa bagakina imikino irindwi.

Umukino wa RSSB Tigers BBC na APR BBC watangiye wihuta amakipe yombi atsindana .
Agace ka mbere karangiye APR BBC iyoboye n’amanota 25 kuri 16 ya RSSB Tigers BBC

Agace ka kabiri RSSB Tigers BBC yagatangiye neza ishaka uko yatsinda aka gace,
APR BBC ntiyari kure kuko umukino wari wegeranye cyane. Igice cya mbere cyarangiye APR BBC yatsinze RSSB Tigers BBC amanota 50-45.

Mu gace ka gatatu, umukino wakomeje kwegerana cyane amakipe yombi atsindana, ikinyuranyo ari gito.

Aka gace karangiye, APR BBC ikomeje kuyobora umukino n’amanota 72 kuri 65 ya RSSB Tigers BBC

RSSB Tigers BBC yatangiye agace ka nyuma itsinda amanota menshi, inayobora umukino.

Mu minota ibiri ya nyuma ikinyuranyo cyari inota rimwe gusa. Umukino warangiye RSSB Tigers BBC itsinze APR BBC ku manota 96-94. Maze amakipe yombi ahita anganya imikino ibiri kuri biri.



Undi mukino wabaye, Patriots BBC nayo yatsinze REG BBC amanota 72-61 zombi zinganya intsinzi ebyiri, bityo zizakizwa n’umukino wa nyuma ku wa Gatanu.

Ikipe zizatsinda muri izi enye zizagera ku mukino wa nyuma, izindi zizahatanire umwanya wa gatatu.

Inkuru zerekeye

Kiyovu Sports Club: Mark Simon Harrison yatangiye gutoza
Imikino

Kiyovu Sports Club: Mark Simon Harrison yatangiye gutoza

Kiyovu Sports Club yasinyishe umutoza mushya Mark Simon Harrison ukomaka mu gihugu cy'ubwongereza uje asimbura Haringingo wagiye muri Rayon Sports Fc Shampiyona itararangiye.

ADAM Yannickamasaha 9 yashize
FERWAFA : Perezida wa Ferwafa yatawe muri yombi na RIB
Imikino

FERWAFA : Perezida wa Ferwafa yatawe muri yombi na RIB

Umuyobozi w'ishyirahamwe ry'umupira wa maguru mu Rwanda (FERWAFA) yatawe muri yombi nyuma aho akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha sheke itazigamiye.

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
CECAFA Kagame Cup 2026: JAMUS FC yageze muri 1/2 Amakipe yo muri Tanzaniya arataha
Imikino

CECAFA Kagame Cup 2026: JAMUS FC yageze muri 1/2 Amakipe yo muri Tanzaniya arataha

JAMUS FC yo muri Sudan y'epfo itarahabwaga amahirwe yageze muri 1/2 mu gihe SINGIDA FC yarifite igikombe yasezerewe na SIMBA FC.

ADAM Yannick2026 Kanama 1
Umunyabigwi wa AC Milan n'u Butaliyani, Franco Baresi, yitabye Imana ku myaka 66
Imikino

Umunyabigwi wa AC Milan n'u Butaliyani, Franco Baresi, yitabye Imana ku myaka 66

Umunyabigwi mu mupira w'amaguru w'u Butaliyani, Franco Baresi, wubatse amateka akomeye muri AC Milan no mu Ikipe y'Igihugu y'u Butaliyani, yitabye Imana ku myaka 66 nyuma y'igihe kirekire arwaye indwara y'ibihaha.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 31
CECAFA Kagame Cup 2026Ikipe ya Mbere yageze muri 1/2 yamenyekanye ndetse n'ikipe ya mbere yo mu Rwanda irasezererwa
Imikino

CECAFA Kagame Cup 2026Ikipe ya Mbere yageze muri 1/2 yamenyekanye ndetse n'ikipe ya mbere yo mu Rwanda irasezererwa

APR FC yarihagarariye u Rwanda yasezerewe n'ubwo yatsinze umukino wayo wa nyuma usoza itsinda.

ADAM Yannick2026 Nyakanga 31
CECAFA Kagame Cup 2026: Imikino y'umunsi wa kabiri yarangiye mu matsinda
Imikino

CECAFA Kagame Cup 2026: Imikino y'umunsi wa kabiri yarangiye mu matsinda

Irushanwa CECAFA Kagame Cup 2026 riri hafi kurangira. Hakaba hasigaye umukino umwe wo mu matsinda kugira ngo tumenye amakipe yageze muri 1/2.

ADAM Yannick2026 Nyakanga 30

Inkuru zishyashya

Arashaka gutwara Grammy Awards ! Byinshi kuri Producer Ivee wabengutse Element akifuza ko bakorana indirimbo
Imyidagaduro

Arashaka gutwara Grammy Awards ! Byinshi kuri Producer Ivee wabengutse Element akifuza ko bakorana indirimbo

Umuhanzi ubihuza no gutunganya umuziki Ivee yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Corazon’ ifite amashusho ari ku rwego Mpuzamahanga yatunganijwe numwe mu bagezweho witwa Biko anateguza kwimurira i Kigali Studio ye ya PG Record ibarizwa i Nairobi akayizana i Kigali. Ni indirimbo yakoze afashijwe na Yee Fanta na Biko.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Turbo King Super  Cup 2026: Ikipe imwe mu makipe ane yagombaga gukina Super Cup 2026 yikuyemo
INKURU NYAMUKURU

Turbo King Super Cup 2026: Ikipe imwe mu makipe ane yagombaga gukina Super Cup 2026 yikuyemo

Ese Ferwafa iremera icyifuzo cya APR FC maze ihindure gahunda yari yamenyesheje amakipe ko azakina Turbo King super Cup 2026 kuko ivuga ko itabimenyeshejwe mbere ndetse ngo inaganirizwe.

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
‎Cristiano Ronaldo yakoze ubukwe n'umukunzi we bamaranye imyaka itari mike
Imyidagaduro

‎Cristiano Ronaldo yakoze ubukwe n'umukunzi we bamaranye imyaka itari mike

Cristiano Ronaldo ubu ni umugabo wubatse mu buryo bwemewe n'amategeko nyuma yo gushyira hanze ayo makuru ubwe anyuze ku mbuga nkoranyambaga ze zitandukanye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan  ‎
Imyidagaduro

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan ‎

‎Zari Hassan yatangije ikiganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nyuma yo kwemeza ko umugore aba agomba guca inyuma uwo bashakanye igihe cyose uwo mugabo adatanga ibikenewe byose mu rugo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 5 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 5 yashize
Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido
INKURU NYAMUKURU

Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido

Umuhanzi Diamond Platnumz uri mu bakomeye muri Tanzania, ntabwo yazuyaje mu kwishyura agera kuri 8,821,692 Rwf kugira ngo ahure na kimwe mu byamamare muri muzika y’Isi Ne-Yo ndetse ngo yishyure n’andi menshi mu guhura na Davido wo muri Nigeria.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 5 yashize