
Nyuma y'uko Patriots BBC na RSSB Tigers BBC zari zitwaye neza mu mukino ubanza, maze mu mikino ibiri yakurikiyeho ntizishobore kwitwara neza. Ku mukino wa kane zitwaye neza bituma hazitabazwa umukino wa gatanu kugira ngo hamenyekane ikipe ebyiri zizagera ku mukino wa nyuma.
Mu ijoro ryakeye Tariki 12 Kanama 2026 nibwo muri Petit Stade i Remera haberaga Umukino wa Kane mu makipe ahatanira kugera ku mukino wa nyuma wa ugomba kuzagaragaza ikipe izahagararira u Rwanda mu mikino ya BAL 2027.
APR BBC na REG BBC mbere y'uyu mukino nizo zahabwaga amahirwe yo kugera ku mukino wa nyuma mbere y'uko zarizitwaye neza mu mikino itatu ibanza kuko zari zatsinze imikino ibiri,aho zaburaga umukino umwe zikagera ku mukino wa nyuma.
RSSB Tigers BBC yatsinze APR BBC amanota 96-94, Patriots itsinda REG BBC amanota 72-61, amakipe yose anganya intsinzi ebyiri kuri ebyiri, byatumye hazitabazwa umukino wa gatanu ugomba kugaragaza ikipe ebyiri zizakina umukino wa nyuma ahakinwa imikino irindwi (7) bagatanguranywa gutsinda imikino itanu. Itanze indi gutsinda imikino itanu ihita yegukana igikombe mu gihe bikomeje kunaniranywa bagakina imikino irindwi.
Umukino wa RSSB Tigers BBC na APR BBC watangiye wihuta amakipe yombi atsindana .
Agace ka mbere karangiye APR BBC iyoboye n’amanota 25 kuri 16 ya RSSB Tigers BBC
Agace ka kabiri RSSB Tigers BBC yagatangiye neza ishaka uko yatsinda aka gace,
APR BBC ntiyari kure kuko umukino wari wegeranye cyane. Igice cya mbere cyarangiye APR BBC yatsinze RSSB Tigers BBC amanota 50-45.
Mu gace ka gatatu, umukino wakomeje kwegerana cyane amakipe yombi atsindana, ikinyuranyo ari gito.
Aka gace karangiye, APR BBC ikomeje kuyobora umukino n’amanota 72 kuri 65 ya RSSB Tigers BBC
RSSB Tigers BBC yatangiye agace ka nyuma itsinda amanota menshi, inayobora umukino.
Mu minota ibiri ya nyuma ikinyuranyo cyari inota rimwe gusa. Umukino warangiye RSSB Tigers BBC itsinze APR BBC ku manota 96-94. Maze amakipe yombi ahita anganya imikino ibiri kuri biri.

Undi mukino wabaye, Patriots BBC nayo yatsinze REG BBC amanota 72-61 zombi zinganya intsinzi ebyiri, bityo zizakizwa n’umukino wa nyuma ku wa Gatanu.
Ikipe zizatsinda muri izi enye zizagera ku mukino wa nyuma, izindi zizahatanire umwanya wa gatatu.













