CECAFA Kagame Cup 2026: APR FC yahawe isomo rya Ruhago imbere ya Perezida Paul Kagame
Imikino

CECAFA Kagame Cup 2026: APR FC yahawe isomo rya Ruhago imbere ya Perezida Paul Kagame

ADAM Yannick2026 Nyakanga 274 min gusoma
CECAFA Kagame Cup 2026: APR FC yahawe isomo rya Ruhago imbere ya Perezida Paul Kagame

APR FC yatsinzwe na Gormahia FC ibitego 5-0 ku mukino wa mbere ufungura CECAFA Kagame Cup 2026. Bikaba bibaye ubwa mbere itsindwa ibitego 5-0 muri CECAFA Kagame Cup ubwo yari yatsinzwe byinshi yari yatsinzwe 4.

CECAFA Kagame Cup 2026: APR FC yahawe isomo rya Ruhago imbere ya Perezida Paul Kagame

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Nyakanga 2026, nibwo mu Rwanda hatangiye irushanwa CECAFA Kagame Cup.
Hakaba hakinwe imikino ibiri yo mu itsinda rya mbere.
Umukino warutegerejwe n'abakunzi benshi ba Ruhago ndetse n'abakunzi ba APR FC by'umwihariko ,kuko bari bafite amatsiko yo kureba abakinnyi bashya Ubuyobozi bwabaguriye.

Ni umukino watangiye ku isaha ya saa moya (19H00) nyuma y'ibirori byo gufungura ku mugaragaro CECAFA Kagame Cup 2026.Byari ibirori bibereye ijisho.
Umukino wa APR FC wabaye nyuma y'umukino wari wahuje Vipers FC na Gardé République FC.

APR FC yatangiye ubona iri kurusha Gormahia FC cyane igerageza kugumana umupira inshuro nyinshi , ariko amahirwe babonye ntibayabyaza umusaruro.

Uko iminota y’umukino yagendaga niko Gormahia FC yagendaga yinjira mu mukino, ubona ko itangiye gukina.

Ku munota wa 33 byaje kuba bibi k'uruhande rwa APR FC ,ubwo Gormahia FC yafunguraga amazamu ku mupira wari uvuye muri koruneri Mike Evans Kibwage atsinda igitego cy’umutwe nyuma y'uko umuzamu wa APR yakuyemo hakabura umukinnyi wa APR FC uwukura imbere y'izamu.

Nyuma y'icyo gitego wabonaga abakinnyi ba APR FC ndetse n'abafana bayo batabyumva, muruko kwibaza uko bigenze ku munota wa 2 bivuze umunota wa 35 Arsite Patrick yatsinze igitego cya kabiri cya Gormahia FC ku mupira yatareye hanze y’uruga rw’amahina.

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye Gormahia FC iyoboye n'ibitego 2-0 bwa APR FC.

Igice cya kabiri

Igice cya Kabiri kigitangira Gormahia FC yahise ikora impinduka.
APR FC nayo yaje ishaka uko yabona igitego cya kare kugirango yizere ko yakwishyura ariko birayangira.

Ku munota wa 62 Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yakiriwe muri Sitade Amahoro. Gusa nyuma yo kugera muri sitade ntibyatinze nyuma y'umunota umwe gusa ahageze Gormahia FC yahise itsinda igitego cya gatatu cyatsinzwe na Paul Okoth nyuma yo kujyamo asimbuye. Abakunzi ba APR FC bahise babona ko bitagishobotse kuba batsinda umukino, ahubwo Gormahia FC ikomeza kubataka kuko babonaga ko APR FC batekerezaga ko ikomeye ahubwo yoroshye.

Ku munota wa 79 Gormahia FC yatsinze igitego cya Kane cyatdinzwe na Lesley Otieno.

Ubwo APR FC yari imaze gutsindwa igitego cya Kane bamwe mu bafana bayo batangiye gusohoka muri Sitade umukino utarangiye.

Gormahia FC wabonaga ifite inyota yo gutsinda ibitego byinshi kuko APR FC nayo yigeze gutsinda Gormahia FC ibitego 5-0 muri Kenya.

Ku munota wa 87 Gormahia FC yabonye igitego cya Gatanu cyatsinzwe na Assifuah.

Umusifuzi wa kane yongeyeho iminota ine yinyongera, ariko nayo yarangiye nta kipe igize icyo iyokoramo

Umukino warangiye APR FC itsinzwe na Gor Mahia ibitego 5-0.

Ni ubwa mbere APR FC itsinzwe ibitego bitanu muri CECAFA Kagame Cup, aho yatsinzwe byinshi ni 2015 ubwo APR FC yatsindwaga ibitego 4-0 na Al Khaltoum muri 1/4 i Dar Salaam.

Mu w’undi mukino wari wabanjirije uyu Vipers SC yo muri Uganda yatsinze Grade République ibitego 3-0.

Kuri uyu wa Gatandatu imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026 irakomeza aho Singida Black Stars FC yo muri Tanzania izakina na Jamus FC yo muri Sudani saa cyenda (15h00) naho Simba FC ikine na Mogadishu City FC saa Kumi n’ebyiri (18h00). N'imikino izabera kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo!

APR FC izagaruka mu kibuga ku wa mbere tariki ya 27 Nyakanga 2026, ikina na Grade République FC mu gihe Gormahia FC izakina na Vipers FC

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan  ‎
Imyidagaduro

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan ‎

‎Zari Hassan yatangije ikiganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nyuma yo kwemeza ko umugore aba agomba guca inyuma uwo bashakanye igihe cyose uwo mugabo adatanga ibikenewe byose mu rugo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 2 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido
INKURU NYAMUKURU

Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido

Umuhanzi Diamond Platnumz uri mu bakomeye muri Tanzania, ntabwo yazuyaje mu kwishyura agera kuri 8,821,692 Rwf kugira ngo ahure na kimwe mu byamamare muri muzika y’Isi Ne-Yo ndetse ngo yishyure n’andi menshi mu guhura na Davido wo muri Nigeria.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza  ‎
Imyidagaduro

‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza ‎

Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa
Imyidagaduro

‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa

Umuziki wa Afurika y'Iburasirazuba wari umaze igihe uvugwa kubera umwana w'umukobwa Zuchu na Diamond Platnumz baherutse kwibaruka dore ko ari na bamwe basanzwe bazi kurema inkuru zitwikira ibikorwa byabo muri muzika. Inkuru y'umwana banjirijwe n'amagambo yo kwihakana umugabo byanyirarureshwa kuri Zuchu warimo kuribwa n'inda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'
Imyidagaduro

‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'

Itsinda rya The Same na  Keyg Lemonade uri mu bari kuzamuka neza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo  bashyize hanze amashusho y'indirimbo nshya bise 'Weekend'. Ni indirimbo irimo ubutumwa busaba abantu kugabanya amatiku bakihugiraho ariko banaruhuka.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize