
CECAFA Kagame Cup 2026: APR FC yahawe isomo rya Ruhago imbere ya Perezida Paul Kagame
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Nyakanga 2026, nibwo mu Rwanda hatangiye irushanwa CECAFA Kagame Cup.
Hakaba hakinwe imikino ibiri yo mu itsinda rya mbere.
Umukino warutegerejwe n'abakunzi benshi ba Ruhago ndetse n'abakunzi ba APR FC by'umwihariko ,kuko bari bafite amatsiko yo kureba abakinnyi bashya Ubuyobozi bwabaguriye.
Ni umukino watangiye ku isaha ya saa moya (19H00) nyuma y'ibirori byo gufungura ku mugaragaro CECAFA Kagame Cup 2026.Byari ibirori bibereye ijisho.
Umukino wa APR FC wabaye nyuma y'umukino wari wahuje Vipers FC na Gardé République FC.
APR FC yatangiye ubona iri kurusha Gormahia FC cyane igerageza kugumana umupira inshuro nyinshi , ariko amahirwe babonye ntibayabyaza umusaruro.
Uko iminota y’umukino yagendaga niko Gormahia FC yagendaga yinjira mu mukino, ubona ko itangiye gukina.
Ku munota wa 33 byaje kuba bibi k'uruhande rwa APR FC ,ubwo Gormahia FC yafunguraga amazamu ku mupira wari uvuye muri koruneri Mike Evans Kibwage atsinda igitego cy’umutwe nyuma y'uko umuzamu wa APR yakuyemo hakabura umukinnyi wa APR FC uwukura imbere y'izamu.
Nyuma y'icyo gitego wabonaga abakinnyi ba APR FC ndetse n'abafana bayo batabyumva, muruko kwibaza uko bigenze ku munota wa 2 bivuze umunota wa 35 Arsite Patrick yatsinze igitego cya kabiri cya Gormahia FC ku mupira yatareye hanze y’uruga rw’amahina.
Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye Gormahia FC iyoboye n'ibitego 2-0 bwa APR FC.
Igice cya kabiri
Igice cya Kabiri kigitangira Gormahia FC yahise ikora impinduka.
APR FC nayo yaje ishaka uko yabona igitego cya kare kugirango yizere ko yakwishyura ariko birayangira.
Ku munota wa 62 Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yakiriwe muri Sitade Amahoro. Gusa nyuma yo kugera muri sitade ntibyatinze nyuma y'umunota umwe gusa ahageze Gormahia FC yahise itsinda igitego cya gatatu cyatsinzwe na Paul Okoth nyuma yo kujyamo asimbuye. Abakunzi ba APR FC bahise babona ko bitagishobotse kuba batsinda umukino, ahubwo Gormahia FC ikomeza kubataka kuko babonaga ko APR FC batekerezaga ko ikomeye ahubwo yoroshye.
Ku munota wa 79 Gormahia FC yatsinze igitego cya Kane cyatdinzwe na Lesley Otieno.
Ubwo APR FC yari imaze gutsindwa igitego cya Kane bamwe mu bafana bayo batangiye gusohoka muri Sitade umukino utarangiye.
Gormahia FC wabonaga ifite inyota yo gutsinda ibitego byinshi kuko APR FC nayo yigeze gutsinda Gormahia FC ibitego 5-0 muri Kenya.
Ku munota wa 87 Gormahia FC yabonye igitego cya Gatanu cyatsinzwe na Assifuah.
Umusifuzi wa kane yongeyeho iminota ine yinyongera, ariko nayo yarangiye nta kipe igize icyo iyokoramo
Umukino warangiye APR FC itsinzwe na Gor Mahia ibitego 5-0.
Ni ubwa mbere APR FC itsinzwe ibitego bitanu muri CECAFA Kagame Cup, aho yatsinzwe byinshi ni 2015 ubwo APR FC yatsindwaga ibitego 4-0 na Al Khaltoum muri 1/4 i Dar Salaam.
Mu w’undi mukino wari wabanjirije uyu Vipers SC yo muri Uganda yatsinze Grade République ibitego 3-0.
Kuri uyu wa Gatandatu imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026 irakomeza aho Singida Black Stars FC yo muri Tanzania izakina na Jamus FC yo muri Sudani saa cyenda (15h00) naho Simba FC ikine na Mogadishu City FC saa Kumi n’ebyiri (18h00). N'imikino izabera kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo!
APR FC izagaruka mu kibuga ku wa mbere tariki ya 27 Nyakanga 2026, ikina na Grade République FC mu gihe Gormahia FC izakina na Vipers FC



