
Umuyobozi w'ishyirahamwe ry'umupira wa maguru mu Rwanda (FERWAFA) yatawe muri yombi nyuma aho akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha sheke itazigamiye.
DR Shema Ngoga Fabrice Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda( FERWAFA) yatawe muri yombi mu gihe yaburaga iminsi 19 ngo abe amaze umwaka mu nshingano zo kuyobora FERWAFA
RIB ivuga ko akurikiranyweho icyaha cyo bgutanga sheki itazigamiye.
Amakuru y’itabwa muri yombi rya Perezida DR Fabrice ryamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Kanama 2026.
N'ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rutifuje kuvuga byinshi kuri iyi Dosiye, bwemereye itangazamakuru ko DR Shema Ngoga Fabrice yatawe muri yombi ,akaba acumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Kicukiro mu gihe iperereza rigikomeje.
DR Shema yatorewe kuyobora FERWAFA ku wa 30 Kanama 2025, aho yatorewe kuyobora igihe kingana n'imyaka ine.
Nyuma yo gutorerwa mu Nteko Rusange isanzwe hamwe n’abagize komite nyobozi ayoboye. Ubwo yasimburaga Munyentwari Alphonse













