Kapiteni wa APR FC yagize icyo asaba abafana bayo mbere yo guhura na Rayon Sports
Imikino

Kapiteni wa APR FC yagize icyo asaba abafana bayo mbere yo guhura na Rayon Sports

Admin User2026 Gicurasi 180 byayeho15 min gusoma
Kapiteni wa APR FC yagize icyo asaba abafana bayo mbere yo guhura na Rayon Sports

Kapiteni wa APR FC, Niyomugabo Claude, yasabye abafana b’iyi kipe kuzaza ari benshi kubashyigikira ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro bazahuramo na Rayon Sports.

Ibi yabitangaje nyuma y’umukino wa Shampiyona APR FC yatsinzemo Rutsiro FC ibitego 3-0 ku munsi wa 32 wa shampiyona.

Niyomugabo yavuze ko shampiyona y’uyu mwaka itari yoroshye kuko yaranzwe n’ibigeragezo byinshi, ariko ko ikipe yabo yakomeje gukorana imbaraga kugeza igeze ku ntego yo gutwara igikombe.

Yagize ati: “Iyi shampiyona yari ikomeye cyane kandi harimo ibigeragezo byinshi, ariko twakomeje gusunika hamwe n’Imana kugira ngo tugere ku ntego zacu.”

Agaruka ku mvune afite, yavuze ko ataramenya igihe azagarukira mu kibuga kuko abaganga ari bo bazagena igihe azabasha kongera gukina.

Mbere y’umukino wa nyuma uzahuza APR FC na Rayon Sports ku wa Gatandatu, Niyomugabo yasabye abafana ba APR FC kuzaba hafi y’ikipe yabo kuko ari umukino umwe uzagena uwegukana igikombe.

Ati: “Final ntabwo iba ifite umukino ubanza n’uwo kwishyura. Ni umukino umwe gusa ugomba kuvamo uwegukana igikombe. Turasaba abafana bacu kuzaza badushyigikire kandi badutere ingabo mu bitugu kugira ngo dushobore kugera ku ntsinzi.”

Yashimangiye ko abakinnyi, abafana n’ubuyobozi bwa APR FC bafite intego imwe yo kwegukana Igikombe cy’Amahoro.

Abajijwe ku bitekerezo byari byavuzwe ko APR FC itakabaye ihabwa igikombe cya shampiyona ahubwo kigahabwa Al Hilal, Niyomugabo yavuze ko atabiziho byinshi kuko icyo ashyira imbere ari ugukina no gufasha ikipe ye gutwara ibikombe.

niyo-9-2ee5b.jpg

niyo_-932ea.jpg

480402675_1367120111400963_4438965859625129750_n.jpg

59335.jpg

Inkuru zerekeye