
Umuhanzi Lona Glory na Kay Macky wo mu gihugu cya Zambia bashyize hanze indirimbo nshya bise “All Eyes On Me”, ikaba yatangiye kugera ku bakunzi b’umuziki mu buryo bw’amajwi (audio) gusa ku mbuga zitandukanye zinyuraho imiziki. Lona Glory yavuze ko iyi ndirimbo ari imwe mu mishinga mishya azaniye abafana be muri iyi mpeshyi.
N'ubwo amajwi y’iyi ndirimbo yamaze gusohoka, amashusho yayo (video) ategerejwe gusohoka kuri uyu wa Gatanu, aho abakunzi b’umuziki bazabona uburyo iyi ndirimbo yagaragajwe mu mashusho adasanzwe kugeza ubu wayumva ku mbuga zose zicuruza umuziki nka youtube,spotfy,audiomac n'izindi mbuga.



