Rubavu: Kuki abahanzi batagifite ihangana ryiza kandi hari ibihembo bategurirwa ! Irengero ry’arenga 60,000,000 Rwf bagenerwa ajyanwa nande ?
Imyidagaduro

Rubavu: Kuki abahanzi batagifite ihangana ryiza kandi hari ibihembo bategurirwa ! Irengero ry’arenga 60,000,000 Rwf bagenerwa ajyanwa nande ?

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 146 min gusoma
Rubavu: Kuki abahanzi batagifite ihangana ryiza kandi hari ibihembo bategurirwa ! Irengero ry’arenga 60,000,000 Rwf bagenerwa ajyanwa nande ?

Umuziki wo mu Karere ka Rubavu wahoze uri imbere ugereranyije n’utundi Turere ndetse ntawe ushidikanya ku mpano z’abahanzi bafite inkomoko muri ako Karere iyo bageze ku rwego rw’Igihugu no hanze yaryo.Ese ko ibihembo byaburaga byatangiye gutangwa rimwe mu mwaka kwinuba no kudakora cyane nk’abazashimirwa ku bahanzi biturukahe ?

Iki kibazo, cyasubijwe na bamwe mu bahanzi n’abakurikirana umuziki wo mu Karere ka Rubavu by’umwihariko ariko bamwe muri bo banga ko amazina yabo n’imyirondoro yabo bijya hanze ariyo mpamvu tugiye kubyubaha muri iyi nkuru tugiye kurambura. Rubavu muri muzika, Rubavu muri ruhago , Rubavu mpano zitandukanye. Aka ni kamwe mu Turere tugize Igihugu cyacu cyiza cy’Imisozi Igihumbi.

Ni kamwe mu Turere twambaye impano zitandukanye kuva aho twahereye kugeza kuri ‘Acrobat, Magic , Amagare, ikinamico ibarizwa muri VJN yagizwe umushumba w’imyidagaduro siporo n’umuco, ndetse n’izindi mpano zitandukanye. Akarere ka Rubavu ni kamwe mu Turere turimo abashabitsi mu myidagaduro benshi muri bo, bakanifuza kubikora bonyine kubera ishyaka ryo kumva ko Isi yamenya ubuhangange bwabo cyangwa se kuzahora bibukwa nk’intwari z’umuziki wa Rubavu ubwabo. Ese iyo yaba ari yo mpamvu ?

Tugarutse inyuma gato, Rubavu yahoze ari iwabo w’ibitaramo bifasha abahanzi bikabagaragaza ari nabyo byaduhaye abarimo ; Young Grace uri mu bakomeye muri Hip Hop mu Rwanda, Okkama uri kwitwara neza,…… Rubavu yaduhaye abarimo Haruna Niyonzima wabaye Kapiteni w’ikipe y’Igihugu Amavubi akinira n’amakipe akomeye hanze no mu Rwanda. Reka tugume muri muzika ,tuvuge kuri Rubavu yaduhaye abanyempano nka Dominic Nick , Ben Adolphe usigaye aba hanze y’u Rwanda, Ben Kayiranga, Patient Bizimana, Rafiki Coga Star, ndetse n’abandi batandukanye. Ishyaka ririhe mu bahanzi b’i Rubavu ?

(“Turakora hagashimirwa abatarakoze ariko baziranye n’ababitanga”. Bamwe mu bahanzi baganiriye na Umunsi. com, bahamije ko mu Karere ka Rubavu hari impano nyinshi cyane ariko uburyo zigaragazwa buzingiye mu kintu kitagaragazwa ndetse ngo ntibikorwa mu buryo bunoze kuko ngo hashimirwa abatarakoze abakoze bagasigara ahataragara bakigizwayo bigatuma nyiri impano agenza gake n’ubwo uhombye abyimenyera.

Umwe mu banditsi b’abahanga yavuze ko ‘Icyo utahawe kitagutera ikibazo, nk’icyo wahanganiye ukacyimwa wari ugikwiriye’. Kugeza ubu , mu Karere ka Rubavu, abanyempano bamwe bemeza ko hashimirwa uwishyuye menshi , uzwi cyangwa uwo basangira ibintu bavuga ko byishe umuziki wo muri aka Karere ndetse bigaca intege abakabaye bakora cyane ngo bagere ku rwego rwa bakuru babo. Abahanzi ati:”Dufite ishyaka ryo gukora cyane kandi indirimbo tuzisohora buri munsi ariko nanone, ducibwa intege n’ibihembo bitangirwa mu Karere ka Rubavu , bihabwa abantu bamwe batanakoze cyane byibura ngo bigaragare ko bafite abo barushije.

Nonese niba narakoze indirimbo 10, mu mwaka umwe harimo nizo afashijemo abandi undi agakora imwe gusa akaba ari we ushimirwa nihe utacika intege. Ngeraho ibyo guhanga udushya nkabireka cyangwa se byose nkabireka kubera runaka mbona washyizwe ku ibere”. Undi ati:”Rubavu yahoranye impano ndetse n’abanyempano ariko uyu munsi maze kubona ko hari ikibazo.

Ufite impano si we ushyirwa imbere ahubwo hashyirwa imbere uzwi , uwishyuye menshi. Ubu biragoye cyane”. Kugeza ubu , Umunyamakuru utari mu itsinda ry’abahawe gutegura ibyo bihembo (……..

). ndetse Rubavu imeze nk’itagira itangazamakuru. Muri bimwe mu bitaramo n’ibihembo biherutse muri ako Karere , hari uwabwiye Umunsi.

com ko kuririmbamo , byasabaga arenga 100,000 Rwf (Guhabwa Stage), hakibazwa uburyo abana bafite impano bazagaragara kandi ibyo bikorwa mu izina ryo guteza imbere abana bafite impano zitandukanye ikaba imwe mu mpamvu igiye gutuma impano z’i Rubavu ziba amateka. Ibyo kudafashwa birabazwa nde niba abahanzi bo bavuga ko bakora cyane ariko bageraho bakagana indi mirimo ituma bibagirwa inzira iberekeza kuri ‘Studio’? Inkuru yanditswe muri 2025 , n’ikinyamakuru KigaliUp, ifite umutwe ugira uti:”Abahanzi b’i Rubavu ntibazi irengero rya Miliyoni 60 zibagenerwa”.

Muri iyi nkuru , abahanzi ubwabo bavuga ko batazi irengero ry’arenga Miliyoni 60 zishyirwa mu gisata cy’imyidagaduro no guteza imbere umuco, ibintu bahamya ko bidingiza impano n’iterambere ry’umuziki. Ibi byatangajwe n’abahanzi bakorera mu Karere ka Rubavu gafatwa nk’igicumbi cy’impano nk’uko twabigarutseho,bigatangazwa n’abarimo itsinda The Same ndetse n’abandi. Iyo nkuru ikomeza ivuga ko “Mu mwaka wa 2022 nibwo Akarere ka Rubavu katangaje ko keguriye imyidagaduro n’Umuco Umfatanyabikorwa Vision Jeunesse Nouvelle ngo ateze imbere Siporo n’umuco n’imyidagaduro ndetse no gushaka impano mu bato”.

Kugeza ubu iyo uganiriye n’abahanzi benshi muri ako Karere nk’uko umwanditsi w’iyo nkuru twagarutseho haraguru ya (KigaliUp), bavuga ko batazi aho uwo mufatanyabikorwa ashyira ayo mafaranga kuko ngo batabona umusaruro wayo n’icyo yaba akoresha bikaba mubituma badashyira imbaraga mu guhanga no guhangana mu ruganda rw’imyidagaduro. Icyo ubuyobozi bubivugaho. Src, (KigaliUp):
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Bwana Mulindwa Prosper avuga ko nta rwego rwirengagijwe ahubwo impano zose zifatwa kimwe, ibintu abari mu myidagaduro babona bikwiriye guhindurwa ndetse ababikora baragijwe izo nshingano bagahabwa umurongo kuko ngo harimo kubogama byanatumye benshi mu bahanzi bacika intege.

Mayor muri icyo gihe , yahamije ko bakorana na Vision Jeunesse Nouvelle kandi ko ngo bari bagiye kongera amasezerano y’imikoranire mu guteza imere umuco ubuhanzi na Siporo ari naho yahamirije ko bagiye gushyira amarushanwa yatangiye muri Mutarama muri uwo mwaka wa 2025 akavuga ko ariho abahanzi bazabonera amahirwe nyamara benshi bakaba babona ahubwo harimo ibibazo bica inkene abahanzi gukomeza gukora. Ibikorwa byibandwaho na cyane mu Karere ka Rubavu, ni imikanico , Acrobate ndetse n’indi mikino ikorerwa muri Vision Jeunesse Nouvelle nabyo bitagaragara dore ko harimo na ‘Studio’ itagaragaza ibikorwa mu bahanzi bo muri ako Karere.

Inkuru zerekeye

Arashaka gutwara Grammy Awards ! Byinshi kuri Producer Ivee wabengutse Element akifuza ko bakorana indirimbo
Imyidagaduro

Arashaka gutwara Grammy Awards ! Byinshi kuri Producer Ivee wabengutse Element akifuza ko bakorana indirimbo

Umuhanzi ubihuza no gutunganya umuziki Ivee yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Corazon’ ifite amashusho ari ku rwego Mpuzamahanga yatunganijwe numwe mu bagezweho witwa Biko anateguza kwimurira i Kigali Studio ye ya PG Record ibarizwa i Nairobi akayizana i Kigali. Ni indirimbo yakoze afashijwe na Yee Fanta na Biko.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Cristiano Ronaldo yakoze ubukwe n'umukunzi we bamaranye imyaka itari mike
Imyidagaduro

‎Cristiano Ronaldo yakoze ubukwe n'umukunzi we bamaranye imyaka itari mike

Cristiano Ronaldo ubu ni umugabo wubatse mu buryo bwemewe n'amategeko nyuma yo gushyira hanze ayo makuru ubwe anyuze ku mbuga nkoranyambaga ze zitandukanye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan  ‎
Imyidagaduro

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan ‎

‎Zari Hassan yatangije ikiganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nyuma yo kwemeza ko umugore aba agomba guca inyuma uwo bashakanye igihe cyose uwo mugabo adatanga ibikenewe byose mu rugo.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 8
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 7
‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza  ‎
Imyidagaduro

‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza ‎

Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 6
‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa
Imyidagaduro

‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa

Umuziki wa Afurika y'Iburasirazuba wari umaze igihe uvugwa kubera umwana w'umukobwa Zuchu na Diamond Platnumz baherutse kwibaruka dore ko ari na bamwe basanzwe bazi kurema inkuru zitwikira ibikorwa byabo muri muzika. Inkuru y'umwana banjirijwe n'amagambo yo kwihakana umugabo byanyirarureshwa kuri Zuchu warimo kuribwa n'inda.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 6

Inkuru zishyashya

Basketball: APR BBC yageze ku mukino wa nyuma aho izahura na PATRIOTS BBC
Imikino

Basketball: APR BBC yageze ku mukino wa nyuma aho izahura na PATRIOTS BBC

APR BBC igeze k'umukino wa nyuma ku nshuro ya gatatu yikurikiranya aho izahura na PATRIOTS BBC biheruka guhura ku mukino wa nyuma wa 2024 APR igatsinda Patriots imikino 4-2 bakaba bongeyeho guhura. Ninde utwara igikombe uyu mwaka?

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
Basketball: PATRIOTS BBC yageze ku mukino wa nyuma wa Kamarampaka
Imikino

Basketball: PATRIOTS BBC yageze ku mukino wa nyuma wa Kamarampaka

Patriots BBC yongeye kugera ku mukino wa nyuma wa Kamarampaka ku ikipe igomba guhatanira u Rwanda mu mikino ya BAL 2027 ni nyuma yo gutsinda REG BBC umukino wa gatanu nyuma y'uko amakipe yanganyaga imikino 2-2.

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
NDASHAKA UMUKUNZI ! Ndi umugore mfite abana 3 n’imyaka 35 ndashaka umukunzi twazarushinga akaba akunda Imana
Inkuru z'urukundo

NDASHAKA UMUKUNZI ! Ndi umugore mfite abana 3 n’imyaka 35 ndashaka umukunzi twazarushinga akaba akunda Imana

Umugore w’imyaka 35 y’amavuko yaratwandikiye adusaba ko twagaragaza ko akeneye umukunzi , umugabo cyangwa umusore waba witeguye gukundana na we no kubana na we nk’umugore n’umugabo akaba yaboneraho.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Indirimbo Dai Dai ya Shakira na Burna Boy yanditse amateka kuri YouTube
INKURU NYAMUKURU

Indirimbo Dai Dai ya Shakira na Burna Boy yanditse amateka kuri YouTube

Indirimbo Dai Dia ya Shakira na Burna Boy , yahimbiwe imikino y'igikombe cy’Isi ya 2026 mu mupira w’amaguru yaciye agahigo ko kuzuza Biliyoni imwe ya Views kuri ‘Website’ ya YouTube isanzwe icaho ibihangano by’abantu batandukanye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Kiyovu Sports Club: Mark Simon Harrison yatangiye gutoza
Imikino

Kiyovu Sports Club: Mark Simon Harrison yatangiye gutoza

Kiyovu Sports Club yasinyishe umutoza mushya Mark Simon Harrison ukomaka mu gihugu cy'ubwongereza uje asimbura Haringingo wagiye muri Rayon Sports Fc Shampiyona itararangiye.

ADAM Yannickiminsi 2 yashize
Basketball: Patriots BBC na RSSB Tigers BBC zaraye zitwaye neza mu mukino wa 4 wa play-off
Imikino

Basketball: Patriots BBC na RSSB Tigers BBC zaraye zitwaye neza mu mukino wa 4 wa play-off

Nyuma y'uko Patriots BBC na RSSB Tigers BBC zari zitwaye neza mu mukino ubanza, maze mu mikino ibiri yakurikiyeho ntizishobore kwitwara neza. Ku mukino wa kane zitwaye neza bituma hazitabazwa umukino wa gatanu kugira ngo hamenyekane ikipe ebyiri zizagera ku mukino wa nyuma.

ADAM Yannickiminsi 2 yashize