Umuziki wo mu Karere ka Rubavu wahoze uri imbere ugereranyije n’utundi Turere ndetse ntawe ushidikanya ku mpano z’abahanzi bafite inkomoko muri ako Karere iyo bageze ku rwego rw’Igihugu no hanze yaryo.Ese ko ibihembo byaburaga byatangiye gutangwa rimwe mu mwaka kwinuba no kudakora cyane nk’abazashimirwa ku bahanzi biturukahe ?
Iki kibazo, cyasubijwe na bamwe mu bahanzi n’abakurikirana umuziki wo mu Karere ka Rubavu by’umwihariko ariko bamwe muri bo banga ko amazina yabo n’imyirondoro yabo bijya hanze ariyo mpamvu tugiye kubyubaha muri iyi nkuru tugiye kurambura. Rubavu muri muzika, Rubavu muri ruhago , Rubavu mpano zitandukanye. Aka ni kamwe mu Turere tugize Igihugu cyacu cyiza cy’Imisozi Igihumbi.
Ni kamwe mu Turere twambaye impano zitandukanye kuva aho twahereye kugeza kuri ‘Acrobat, Magic , Amagare, ikinamico ibarizwa muri VJN yagizwe umushumba w’imyidagaduro siporo n’umuco, ndetse n’izindi mpano zitandukanye. Akarere ka Rubavu ni kamwe mu Turere turimo abashabitsi mu myidagaduro benshi muri bo, bakanifuza kubikora bonyine kubera ishyaka ryo kumva ko Isi yamenya ubuhangange bwabo cyangwa se kuzahora bibukwa nk’intwari z’umuziki wa Rubavu ubwabo. Ese iyo yaba ari yo mpamvu ?
Tugarutse inyuma gato, Rubavu yahoze ari iwabo w’ibitaramo bifasha abahanzi bikabagaragaza ari nabyo byaduhaye abarimo ; Young Grace uri mu bakomeye muri Hip Hop mu Rwanda, Okkama uri kwitwara neza,…… Rubavu yaduhaye abarimo Haruna Niyonzima wabaye Kapiteni w’ikipe y’Igihugu Amavubi akinira n’amakipe akomeye hanze no mu Rwanda. Reka tugume muri muzika ,tuvuge kuri Rubavu yaduhaye abanyempano nka Dominic Nick , Ben Adolphe usigaye aba hanze y’u Rwanda, Ben Kayiranga, Patient Bizimana, Rafiki Coga Star, ndetse n’abandi batandukanye. Ishyaka ririhe mu bahanzi b’i Rubavu ?
(“Turakora hagashimirwa abatarakoze ariko baziranye n’ababitanga”. Bamwe mu bahanzi baganiriye na Umunsi. com, bahamije ko mu Karere ka Rubavu hari impano nyinshi cyane ariko uburyo zigaragazwa buzingiye mu kintu kitagaragazwa ndetse ngo ntibikorwa mu buryo bunoze kuko ngo hashimirwa abatarakoze abakoze bagasigara ahataragara bakigizwayo bigatuma nyiri impano agenza gake n’ubwo uhombye abyimenyera.
Umwe mu banditsi b’abahanga yavuze ko ‘Icyo utahawe kitagutera ikibazo, nk’icyo wahanganiye ukacyimwa wari ugikwiriye’. Kugeza ubu , mu Karere ka Rubavu, abanyempano bamwe bemeza ko hashimirwa uwishyuye menshi , uzwi cyangwa uwo basangira ibintu bavuga ko byishe umuziki wo muri aka Karere ndetse bigaca intege abakabaye bakora cyane ngo bagere ku rwego rwa bakuru babo. Abahanzi ati:”Dufite ishyaka ryo gukora cyane kandi indirimbo tuzisohora buri munsi ariko nanone, ducibwa intege n’ibihembo bitangirwa mu Karere ka Rubavu , bihabwa abantu bamwe batanakoze cyane byibura ngo bigaragare ko bafite abo barushije.
Nonese niba narakoze indirimbo 10, mu mwaka umwe harimo nizo afashijemo abandi undi agakora imwe gusa akaba ari we ushimirwa nihe utacika intege. Ngeraho ibyo guhanga udushya nkabireka cyangwa se byose nkabireka kubera runaka mbona washyizwe ku ibere”. Undi ati:”Rubavu yahoranye impano ndetse n’abanyempano ariko uyu munsi maze kubona ko hari ikibazo.
Ufite impano si we ushyirwa imbere ahubwo hashyirwa imbere uzwi , uwishyuye menshi. Ubu biragoye cyane”. Kugeza ubu , Umunyamakuru utari mu itsinda ry’abahawe gutegura ibyo bihembo (……..
). ndetse Rubavu imeze nk’itagira itangazamakuru. Muri bimwe mu bitaramo n’ibihembo biherutse muri ako Karere , hari uwabwiye Umunsi.
com ko kuririmbamo , byasabaga arenga 100,000 Rwf (Guhabwa Stage), hakibazwa uburyo abana bafite impano bazagaragara kandi ibyo bikorwa mu izina ryo guteza imbere abana bafite impano zitandukanye ikaba imwe mu mpamvu igiye gutuma impano z’i Rubavu ziba amateka. Ibyo kudafashwa birabazwa nde niba abahanzi bo bavuga ko bakora cyane ariko bageraho bakagana indi mirimo ituma bibagirwa inzira iberekeza kuri ‘Studio’? Inkuru yanditswe muri 2025 , n’ikinyamakuru KigaliUp, ifite umutwe ugira uti:”Abahanzi b’i Rubavu ntibazi irengero rya Miliyoni 60 zibagenerwa”.
Muri iyi nkuru , abahanzi ubwabo bavuga ko batazi irengero ry’arenga Miliyoni 60 zishyirwa mu gisata cy’imyidagaduro no guteza imbere umuco, ibintu bahamya ko bidingiza impano n’iterambere ry’umuziki. Ibi byatangajwe n’abahanzi bakorera mu Karere ka Rubavu gafatwa nk’igicumbi cy’impano nk’uko twabigarutseho,bigatangazwa n’abarimo itsinda The Same ndetse n’abandi. Iyo nkuru ikomeza ivuga ko “Mu mwaka wa 2022 nibwo Akarere ka Rubavu katangaje ko keguriye imyidagaduro n’Umuco Umfatanyabikorwa Vision Jeunesse Nouvelle ngo ateze imbere Siporo n’umuco n’imyidagaduro ndetse no gushaka impano mu bato”.
Kugeza ubu iyo uganiriye n’abahanzi benshi muri ako Karere nk’uko umwanditsi w’iyo nkuru twagarutseho haraguru ya (KigaliUp), bavuga ko batazi aho uwo mufatanyabikorwa ashyira ayo mafaranga kuko ngo batabona umusaruro wayo n’icyo yaba akoresha bikaba mubituma badashyira imbaraga mu guhanga no guhangana mu ruganda rw’imyidagaduro. Icyo ubuyobozi bubivugaho. Src, (KigaliUp):
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Bwana Mulindwa Prosper avuga ko nta rwego rwirengagijwe ahubwo impano zose zifatwa kimwe, ibintu abari mu myidagaduro babona bikwiriye guhindurwa ndetse ababikora baragijwe izo nshingano bagahabwa umurongo kuko ngo harimo kubogama byanatumye benshi mu bahanzi bacika intege.
Mayor muri icyo gihe , yahamije ko bakorana na Vision Jeunesse Nouvelle kandi ko ngo bari bagiye kongera amasezerano y’imikoranire mu guteza imere umuco ubuhanzi na Siporo ari naho yahamirije ko bagiye gushyira amarushanwa yatangiye muri Mutarama muri uwo mwaka wa 2025 akavuga ko ariho abahanzi bazabonera amahirwe nyamara benshi bakaba babona ahubwo harimo ibibazo bica inkene abahanzi gukomeza gukora. Ibikorwa byibandwaho na cyane mu Karere ka Rubavu, ni imikanico , Acrobate ndetse n’indi mikino ikorerwa muri Vision Jeunesse Nouvelle nabyo bitagaragara dore ko harimo na ‘Studio’ itagaragaza ibikorwa mu bahanzi bo muri ako Karere.












