
Umuhanzi ubihuza no gutunganya umuziki Ivee yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Corazon’ ifite amashusho ari ku rwego Mpuzamahanga yatunganijwe numwe mu bagezweho witwa Biko anateguza kwimurira i Kigali Studio ye ya PG Record ibarizwa i Nairobi akayizana i Kigali. Ni indirimbo yakoze afashijwe na Yee Fanta na Biko.
Ivee ku myaka itanu nibwo yatangiye ibirebana n’umuziki abihera mu rusengero uko yagendaga akura niko yagendaga agira ubumenyi bwisumbuye mu birebana no gukoresha ibicurangisho bitandukanye birimo Piano, Guitar n’Ingoma bigezweho.
Amaze kugera mu myaka 10 yatangiye kujya afasha amakorali atandukanye gutunganya indirimbo yifashishije Piano na Flash Disk ati:”Icyo gihe nakoze indirimbo zitandukanye n’ubu aho mvuka jya jya mu rusengero nkasanga bakiziririmba dore ko amaze kugira imyaka 13 yatangiye kuririmba ibintu avuga ko yagiye ashyigikirwamo n’umubyeyi we akagaragaraza ko kuba yaragize amahirwe yo kugera mu rusengero byamufashije kubasha kwiga ibintu bitandukanye mu muziki.
Ubwo yari mu mashuri yisubumbuye yitabazwaga kenshi na Korali, abahanzi n’abandi babonaga azi gukoresha ibicurangisho bitandukanye aha ni naho yatangiye kwinjira mu birebana no kwandika no gutunganya indirimbo.
Avuga ko mu bwana bwe wasangaga aho ageze hose abantu bamwizereramo gusa ariko akagira imbogamizi ku birebana na ‘Studio’ zashoboraga kumufasha gukora indirimbo.
Ibintu byaje gutuma afata icyemezo cyo kuvamo Producer akajya yikorera indirimbo akanafasha abahanzi bakizamuka.
Mu kiganiro na we yagize ati:”Hari abahanzi usanga bafite ubuhanga ariko bakabura ababafasha nyamara bafashijwe banakegukana Grammy abo nibo batumye mfata umwanzuo wo kwinjira mu gutunganya indirimbo ngo nanjye njye nabasha kwikorera izanjye.”
Uyu musore ufite inzozi zo kuzafasha igihugu kubasha kugira umuhanzi wakegukana Grammy yamaze gushyira hanze indirimbo yatunganije ku giti cye mu buryo bw’amajwi.
Ariko bitewe nuko abayifuza gushyira hanze indirimbo buri gihe iri ku kigero cyo hejuru yanaje gukorwaho na Yee Fanta ati:”Dusanzwe turi inshuti yarayumvise aramfasha kurushaho kuyinoza.”
Amashusho y’iyi ndirimbo yatunganijwe na Biko Theogene (Biko Director) uri mu bari mu bihe byabo byiza kuva yakwinjira mu gutunganya umuziki aho ku rubuga nka TikTok afite abamukurikira benshi.
Ndetse impano ye ikaba yaramaze gukurura abahanzi batandukaye bafite izina rikomeye mu Karere nka Fresh Kid, John Katumba, Pallaso, Bebe Cool na Chameleone.Biko agaruka ku ndirimbo ‘Corazon’ ya Ivee n’imikoranire yabo yavuze ko yizerera mu mpano y’uyu mu Producer n’umuhanzi kandi iy’indirimbo yarushijeho kubyerekana yemeza ko ibyiza biri imbere ku mpande zombi.
Indirimbo ‘Corazon’ yakozwe hifashishijwe ‘camera’ zigezweho hamwe na ‘drone’ irimo umukobwa uri mu bagezweho mu bagaragara mu mashusho y’indirimbo i Kampala ay’amashusho y’indirimbo yafatiwe muri Uganda mu gihe cy’iminsi igera muri itatu.
Kugeza ubu umuhanzi Ivee akaba na Producer ufite Studio ye yitwa PG Record yatangiye kuzana bimwe mu bikoresho bigize iyi Studio abikura i Nairobi mu gihe ageze kure imyiteguro yo kuza gukorera i Kigali kuko ngo umutima we ahanini ari uwo gufasha abahanzi bakizamuka kubona aho berekanira impano zabo ariko na none akanagira indoto zo gukorana n’abahanzi bakomeye nka Bruce Melodie, Bwiza, The Ben, Kevin Kade na Juno.
Ivee avuga ko gukorana na Eleeeh byaba ari byiza nk’abantu bahuje umwuga ijana ku rindi wo gutunganya indirimbo no kuba abahanzi.
Ati:”Kuri ubu biragoye kuba wavuga ngo nakorana n’uyu muhanzi kuko umuziki nyarwanda umaze kugera ku rundi rwego bityo buri umwe ahawe ikaze muri PG Record yaba kubifuza gukorerwa indirimbo z’amajwi cyangwa amashusho.”
Producer Ivee ni umuhanga mu kwandika indirimbo, gucuranga ibikoresha bitandukanye birimo Piano ari nayo akunda cyane, Guitar kimwe n’Ingoma mu buryo bugezweho.Anyotewe no gushyira itafari ku muziki nyarwanda akoresheje ubumenyi akuye muri Kenya.











