Umunsi.com
Menya impamvu ukwiriye kumarana ubuzima bwawe n’umuntu uguha ibyishimo
Uncategorized

Menya impamvu ukwiriye kumarana ubuzima bwawe n’umuntu uguha ibyishimo

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mutarama 193 min gusoma
Menya impamvu ukwiriye kumarana ubuzima bwawe n’umuntu uguha ibyishimo
Muri rusange uramenya impamvu ukwiriye kumarana ubuzima bwawe n’umuntu uguha ibyishimo kandi akagukunda Ubuzima bwishimye buzanira nyirabwo umunezero n’urukundo.Ubuzima bwishimye ni imari kubufite dore ko ibyo yakenera byose abikora kandi akabikora neza kubera ko afite umunezero. Ikinyamakuru cyitwa ngo ‘Powerofpositivity.com, cyashyize ubutumwa kurubuga rwa Facebook , bagira bati:”Ubuzima ni buto.Igihe cyawe cyose kimarane n’abantu batuma useka kandi bakagushimisha bakakwerekako ukunzwe”. Abahanga bagaragaza ko ishingiro ryo kugira umubano mwiza hagati yawe n’umukunzi wawe cyangwa undi mubana, ari ukuba muganira neza kandi mwizerana.Ikinyamakuru cyitwa Psychcentral cyo gikomereza kuri ibi bitekerezo kikavuga ko umuntu akwiriye kugumana na mugenzi we gusa mu gihe amuha ibyishimo n’umunezero. Umuryango wishimye niwo ugira umugisha wo kugera kubyo wifuza mu buzima ndetse bikagerwaho kandi bose babigizemo uruhare. ESE NI IBIHE BITUMA UMURYANGO WISHIMANA ? Burya kwishimana kw’abashakanye bituruka kuri bo ubwabo bigatuma n’abo babyaye cyangwa abaturanyi babo bishimana.Uwitwa Dr. Grgory Scott Brown yaragize ati:” Aho nabereye nabonye ko urukundo rwiza rugirwa no kuganira , gukundana ndese no kubahana hagati yabo”.Yakomeje agira ati:”Ibi nibyo bituma mu muryango habamo urukundo no gufashanya cyangwa hagati y’abakundana bakubahana”. Iyo abakundana bamarana igihe baganira se cyangwa bakina, bituma urukundo rwabo narwo ruramba kuburyo ujya kureba ugasanga abakundana bari hamwe icyo umwe akeneye undi akamufasha. Abahanga bavuga ko uba usabwa kumarana igihe cyawe n’umuntu uguha umunezero kubera ko uwo muntu aba agushimira muri duke wamukoreye ndetse ngo ni gake cyane uzabona uwo muntu yagutengushye. Uyu muntu afata ibyakakubereye inzitizi , akabigira umunezero n’ibyishimo.Iyo umuntu agukunda arwana intambara zawe kandi ibi ni bimwe mu biguha umunezero nkawe ubwawe.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League
Imikino

Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League

Rayon Sports Women FC yatangiye nabi irushanwa rya CAF Women's Champions League CECAFA QUALFIERS nyuma yo kunganya na Mafunzo Women FC yo muri Zanzibar

ADAM Yannickamasaha 13 yashize
Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza
Imyidagaduro

Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza

‎Chui [Rayvanny ] umuhanzi w’Umunyatanzaniya yatunguranye asohora indirimbo nshya yise “Rwanda”, agarukamo ubwiza bw’Abanyarwandakazi ndetse anavuga amazina y’abakobwa n’abagore bazwi mu Rwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo
Izindi nkuru

‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo

‎N'ubwo bitemewe mu muco Nyarwanda kwambara impenure, ntibikuyeho ko benshi mu bagore n'abakobwa basomye , bakagira imyimvire yabo, bazambara (Mini) kandi bakumva ko baberewe ari na yo mpamvu muri iyi nkuru twateguye, utwambaro twambarwa n'abo bibwira ko bafite amaguru meza bakaberwa kurushaho abikwije.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo
Hanze

Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo

Umutwe wa AFC/M23 uyobora ibice binini muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyizeho ingamba nshya zigamije kurinda icyorezo cya Ebola cyugarije icyo Gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO
Imikino

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO

Umukunzi wa Lamine Yamal Ines Garcia yagaragaje urwo akunda uwo musore usanzwe ikinira ikipe ya Fc Barcelona na Espanye. Ubutumwa uyu mwari yashyize hanze bwakangaranyije imbuga nkoranyambaga bupfukirana abashakaga kubatanya.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize