Pakistan: Nyuma y’umunsi umwe bakoze ubukwe, batwitswe na gaz yo gutekesha barapfa
Uncategorized

Pakistan: Nyuma y’umunsi umwe bakoze ubukwe, batwitswe na gaz yo gutekesha barapfa

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mutarama 124 min gusoma
Pakistan: Nyuma y’umunsi umwe bakoze ubukwe, batwitswe na gaz yo gutekesha barapfa

Mu gihugu cya Pakistan habaye impanuka ikomeye yateye agahinda kenshi, aho umugabo n’umugore bari bamaze umunsi umwe gusa bakoze ubukwe bapfuye bazize gaz yo gutekesha yaturikiye mu rugo rwabo. Iyi mpanuka yabaye mu ijoro ryo ku wa 11 Mutarama 2026, mu Murwa Mukuru Islamabad, aho aba bageni bari basinziriye mu nzu bari batuyemo nyuma y’ibirori by’ubukwe. Nk’uko byatangajwe na Polisi yo muri Pakistan, icupa ryarimo gaz yo gutekesha ryaturitse igihe aba bageni n’abandi bari mu rugo basinziriye.

Gaz yari yasohotse mu buryo batazi, ikomeza kwirundanya mu cyumba kugeza igeze ku rwego rwo guturika, bituma habaho inkongi ikomeye yahise ihitana ubuzima bw’abantu benshi. Uretse aba bageni, abandi bantu batandatu barimo abari mu muryango n’abashyitsi bari baraye aho na bo bahise bitaba Imana, mu gihe abandi bakomerekejwe bikomeye. Iyi mpanuka yabaye ahagana Saa Moya ku isaha yo muri Pakistan, ari yo Saa Kumi ku isaha yo mu Rwanda.

Uretse abageni, iyi nkongi yahitanye kandi nyina w’umugabo wari washyizeho ubukwe hamwe n’abandi bo mu muryango. Ni ibyago byasigiye agahinda n’akababaro umuryango mugari n’inshuti zabo, cyane ko byabaye mu gihe bakiri mu byishimo by’umunezero w’ubukwe. Uretse gutwara ubuzima bw’abantu umunani, iyi mpanuka yangije bikomeye inzu aba bageni barimo ndetse n’izindi nzu eshatu z’abaturanyi babo.

Abashinzwe ibikorwa by’ubutabazi bagaragaje ko inkongi yatewe n’iturika rya gaz yari yarabanje kwisakaza mu cyumba cyose, bituma ubwo hageraga akantu gato gatera umuriro, hahita habaho iturika rikomeye. Perezida wa Sena ya Pakistan, Yusuf Raza Gilani, yatangaje ko iyi ari impanuka y’akababaro ikomeye cyane yahinduye ibyishimo by’ubukwe mo intimba n’agahinda gakabije. Yavuze ko ari isomo rikomeye rikwiye kwigwaho n’inzego zitandukanye, by’umwihariko izishinzwe umutekano n’igenzura ry’ibikoresho byo gutekesha bikoresha gaz.

Ashingiye ku kuba ingo nyinshi zo muri Pakistan zikoresha gaz mu buzima bwa buri munsi, Gilani yasabye inzego bireba gushyiraho no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza akomeye yo kurinda impanuka zituruka kuri gaz, kugira ngo ubuzima bw’abaturage burindwe. Yagaragaje ko kwirengagiza umutekano bishobora guteza ibibazo bikomeye nk’ibi byabaye. Umuyobozi wa Polisi Wungirije, Sahibzada Yousaf, na we yatangaje ko ibikorwa byo gutabara byihutishijwe, hifashishijwe imbwa zitojwe n’ikoranabuhanga rigezweho, hagamijwe gushakisha no kurokora umuntu wese wari wagwiriwe n’inzu.

Nubwo izi mbaraga zose zakoreshejwe, umubare munini w’abari bahari ntibabashije kurokoka kubera ubukana bw’iturika. Iyi mpanuka ya gaz yasize isomo rikomeye, igaragaza akamaro ko kwitwararika ikoreshwa rya gaz mu ngo, gupima kenshi ibikoresho byayo no kumenya hakiri kare ibibazo byashobora guteza ibyago. Ni n’urwibutso rubabaje rugaragaza uko mu kanya gato ibyishimo bishobora guhinduka intimba, bigasaba ko umutekano uhabwa umwanya w’ingenzi mu buzima bwa buri munsi.

 

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan  ‎
Imyidagaduro

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan ‎

‎Zari Hassan yatangije ikiganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nyuma yo kwemeza ko umugore aba agomba guca inyuma uwo bashakanye igihe cyose uwo mugabo adatanga ibikenewe byose mu rugo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 2 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido
INKURU NYAMUKURU

Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido

Umuhanzi Diamond Platnumz uri mu bakomeye muri Tanzania, ntabwo yazuyaje mu kwishyura agera kuri 8,821,692 Rwf kugira ngo ahure na kimwe mu byamamare muri muzika y’Isi Ne-Yo ndetse ngo yishyure n’andi menshi mu guhura na Davido wo muri Nigeria.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza  ‎
Imyidagaduro

‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza ‎

Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa
Imyidagaduro

‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa

Umuziki wa Afurika y'Iburasirazuba wari umaze igihe uvugwa kubera umwana w'umukobwa Zuchu na Diamond Platnumz baherutse kwibaruka dore ko ari na bamwe basanzwe bazi kurema inkuru zitwikira ibikorwa byabo muri muzika. Inkuru y'umwana banjirijwe n'amagambo yo kwihakana umugabo byanyirarureshwa kuri Zuchu warimo kuribwa n'inda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'
Imyidagaduro

‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'

Itsinda rya The Same na  Keyg Lemonade uri mu bari kuzamuka neza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo  bashyize hanze amashusho y'indirimbo nshya bise 'Weekend'. Ni indirimbo irimo ubutumwa busaba abantu kugabanya amatiku bakihugiraho ariko banaruhuka.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize