Umunsi.com
Uko umugore yafasha umugabo we kutarangiza vuba mu gikorwa cyo gutera akabariro
Uncategorized

Uko umugore yafasha umugabo we kutarangiza vuba mu gikorwa cyo gutera akabariro

KWIZERA Jean de Dieu2026 Gashyantare 63 min gusoma
Uko umugore yafasha umugabo we kutarangiza vuba mu gikorwa cyo gutera akabariro

Kurangiza vuba mu gikorwa cyo gutera akabariro ni ikibazo gikunze kubaho ku bagabo benshi, kandi gishobora kugira ingaruka ku mubano w’abashakanye iyo kitabashije kuganirwaho no gushakirwa umuti mu bwumvikane. Si indwara ikomeye buri gihe, ahubwo akenshi biterwa n’ihahamuka, umunaniro, imihangayiko, cyangwa kubura ubunararibonye. Umugore afitemo uruhare runini mu gufasha umugabo we kugikemura, cyane cyane iyo habayeho gushyira mu ngiro amasezerano y’urukundo bafitanye, kwihangana n’imikoranire myiza.

Umugore ashobora gufasha umugabo we amuha ituze n’icyizere. Abagabo benshi barangiza vuba kubera ubwoba bwo kunanirwa gushimisha abo bashakanye. Iyo umugore yirinda kumushinja bimwe na bimwe, kumuseka cyangwa kumugaragariza ko atishimiye ibyakozwe, ahubwo akamwereka ko amwumva kandi amushyigikiye, bituma umugabo atuza mu mutwe bikagabanya igitutu gituma arangiza vuba.

Kuganira ku mibonano mpuzabitsina mu buryo bwubaka ni ingenzi. Umugore ashobora kuganira n’umugabo we ku byo yumva n’ibyo akenera, ariko akabikora atuje kandi mu magambo yuzuye ubwuzu. Ibiganiro byiza bituma bombi bumva ko ari abafatanyabikorwa, ko atari abacamanza cyangwa ari mu mikino wo guhangana no kwemezanya.

Ikindi, umugore ashobora gufasha umugabo afatanya na we mu gushyira umutima ku gihe kinini cy’urukundo mbere y’igikorwa nyir’izina (Gutegurana mu mutwe n’ahandi) . Kwita ku byiyumvo, kwerekana urukundo no gukomeza igihe cyo kwitegurira akabariro bifasha umugabo kugabanya kwihuta no kugenzura amarangamutima ye neza. Umugore ashobora gufasha umugabo we kumushishikariza kwita ku buzima bwe rusange.

Kuruhuka bihagije, kurya neza, kugabanya imihangayiko no kwirinda inzoga nyinshi n’ibindi bishobora guteza umunaniro bifasha umubiri gukora neza, bigatuma n’ikibazo cyo kurangiza vuba kigabanuka. Gufasha umugabo mwashakanye kutarangiza vuba bisaba urukundo, ubwumvikane n’ubufatanye hagati yanyu mwembi babiri. Iyo umugore abigizemo uruhare atuje, yihangana kandi ashishikajwe no kubaka umubano mwiza, bigira uruhare runini mu gukemura iki kibazo no kongera umunezero mu rugo.

Icy’ingenzi ni uko bombi bumva ko iki kibazo gishobora gukemurwa binyuze mu gukorana no kubahana. Isoko: Love Garden

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League
Imikino

Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League

Rayon Sports Women FC yatangiye nabi irushanwa rya CAF Women's Champions League CECAFA QUALFIERS nyuma yo kunganya na Mafunzo Women FC yo muri Zanzibar

ADAM Yannickamasaha 13 yashize
Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza
Imyidagaduro

Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza

‎Chui [Rayvanny ] umuhanzi w’Umunyatanzaniya yatunguranye asohora indirimbo nshya yise “Rwanda”, agarukamo ubwiza bw’Abanyarwandakazi ndetse anavuga amazina y’abakobwa n’abagore bazwi mu Rwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo
Izindi nkuru

‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo

‎N'ubwo bitemewe mu muco Nyarwanda kwambara impenure, ntibikuyeho ko benshi mu bagore n'abakobwa basomye , bakagira imyimvire yabo, bazambara (Mini) kandi bakumva ko baberewe ari na yo mpamvu muri iyi nkuru twateguye, utwambaro twambarwa n'abo bibwira ko bafite amaguru meza bakaberwa kurushaho abikwije.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo
Hanze

Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo

Umutwe wa AFC/M23 uyobora ibice binini muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyizeho ingamba nshya zigamije kurinda icyorezo cya Ebola cyugarije icyo Gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO
Imikino

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO

Umukunzi wa Lamine Yamal Ines Garcia yagaragaje urwo akunda uwo musore usanzwe ikinira ikipe ya Fc Barcelona na Espanye. Ubutumwa uyu mwari yashyize hanze bwakangaranyije imbuga nkoranyambaga bupfukirana abashakaga kubatanya.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize