Umunsi.com
Amerika yasabye abaturage bayo kuva muri Venezuela
Uncategorized

Amerika yasabye abaturage bayo kuva muri Venezuela

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mutarama 123 min gusoma
Amerika yasabye abaturage bayo kuva muri Venezuela

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasohoye itangazo risaba abaturage bayo bafite ubwenegihugu bwa Amerika kuva muri Venezuela byihuse, ndetse ibaburira kwitwararika mu gihe baba bagenda mu mihanda y’icyo gihugu. Ibi byatewe n’uko umutekano ukomeje kuzamba, aho havugwa ibikorwa byo guhiga no gutoteza abantu bafite aho bahuriye na Amerika. Iyi myanzuro yafashwe nyuma y’amakuru yemejwe n’inzego z’umutekano avuga ko muri Venezuela hari umutwe w’abantu bitwaje intwaro uri guhigisha uruhindu Abanyamerika n’abandi bashyigikiye politiki ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uwo mutwe bivugwa ko ushyigikiye ubutegetsi buriho, ukaba uzwi ku izina rya Colectivos, umaze iminsi ugaragara mu mihanda minini yashyizwemo bariyeri zigenzura imodoka n’abagenzi. Aya makuru aje kandi hashize igihe gito Amerika ifashe icyemezo gikomeye cyo guta muri yombi Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro, imushinja ibyaha bitandukanye birimo n’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge. Iki cyemezo cyarushijeho gukaza umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi, bituma umutekano w’abanyamerika bari muri Venezuela urushaho kujya mu kaga.

Ku wa Gatandatu tariki ya 10 Mutarama 2026, hatangajwe raporo z’umutekano zerekana ko aba bantu bitwaje intwaro bashyize bariyeri mu mihanda itandukanye, aho babanza kugenzura inkomoko n’imyitwarire y’abari mu modoka. Abakekwaho kuba Abanyamerika cyangwa abafitanye umubano n’Amerika, bivugwa ko bari guhura n’ibikorwa bikomeye birimo gufungwa ku ngufu, gushimutwa, gukubitwa no gutotezwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Mu itangazo ryashyizwe hanze, Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasabye abaturage bayo bose bari muri Venezuela gukomeza kuba maso, kwirinda ingendo zitari ngombwa no gukoresha uburyo bwose bushoboka bagasohoka muri icyo gihugu, by’umwihariko igihe ingendo mpuzamahanga zizaba zongeye gusubukurwa.

Amerika yanashimangiye ko umutekano w’abaturage bayo ari wo ishyira imbere, bityo ko inama iyobereye ubuzima bwabo igomba gufatirwa ku gaciro. Iki kibazo gikomeje kugaragaza uko umwuka wa politiki n’umutekano uri kuba mubi muri Venezuela, ndetse n’ingaruka amakimbirane mpuzamahanga ashobora kugira ku baturage basanzwe. Mu gihe hakomeje gushakishwa ibisubizo bya dipolomasi, Abanyamerika basabwe gushyira imbere umutekano wabo, birinda aho ibintu bishobora kubahungabanyiriza ubuzima.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League
Imikino

Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League

Rayon Sports Women FC yatangiye nabi irushanwa rya CAF Women's Champions League CECAFA QUALFIERS nyuma yo kunganya na Mafunzo Women FC yo muri Zanzibar

ADAM Yannickamasaha 13 yashize
Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza
Imyidagaduro

Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza

‎Chui [Rayvanny ] umuhanzi w’Umunyatanzaniya yatunguranye asohora indirimbo nshya yise “Rwanda”, agarukamo ubwiza bw’Abanyarwandakazi ndetse anavuga amazina y’abakobwa n’abagore bazwi mu Rwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo
Izindi nkuru

‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo

‎N'ubwo bitemewe mu muco Nyarwanda kwambara impenure, ntibikuyeho ko benshi mu bagore n'abakobwa basomye , bakagira imyimvire yabo, bazambara (Mini) kandi bakumva ko baberewe ari na yo mpamvu muri iyi nkuru twateguye, utwambaro twambarwa n'abo bibwira ko bafite amaguru meza bakaberwa kurushaho abikwije.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo
Hanze

Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo

Umutwe wa AFC/M23 uyobora ibice binini muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyizeho ingamba nshya zigamije kurinda icyorezo cya Ebola cyugarije icyo Gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO
Imikino

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO

Umukunzi wa Lamine Yamal Ines Garcia yagaragaje urwo akunda uwo musore usanzwe ikinira ikipe ya Fc Barcelona na Espanye. Ubutumwa uyu mwari yashyize hanze bwakangaranyije imbuga nkoranyambaga bupfukirana abashakaga kubatanya.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize