Umunsi.com
Dore ibyo kurya wakoresha ukarwanya aside nyinshi mu gifu
Uncategorized

Dore ibyo kurya wakoresha ukarwanya aside nyinshi mu gifu

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mutarama 203 min gusoma
Dore ibyo kurya wakoresha ukarwanya aside nyinshi mu gifu
Aside nyinshi mu gifu irangwa n’ibimenyetso birimo kokera mu gifu, ikirungurira n’ibindi bigaragaza ko aside yarenze igipimo gikenewe. Ibi bishobora kubangamira imikorere y’igifu ndetse bikabangamira ubuzima bw’umuntu muri rusange. Dore bimwe mu byo kurya wagakwiye kwifashisha mu kuyirwanya. Kunywa amazi: Nubwo amazi atahita akuraho aside yamaze kuzamuka cyane, ni ingenzi mu kuyirinda. Kunywa byibuze ibirahure bibiri by’amazi buri gitondo bifasha gukumira izamuka rya aside yo mu gifu. Umwenya:Umwenya uzwi nk’ikirungo gikoreshwa mu cyayi kandi unafite umumaro mu kuvura indwara zitandukanye zo mu mihogo. Iyo wumva aside yazamutse, ushobora guhekenya utubabi tw’umwenya ukumira amazi, bikagufasha kumva worohewe. Amata:Abantu benshi barwara igifu bakoresha amata igihe aside yazamutse. Iyo wumva ikirungurira cyangwa ibihe byo kokera mu gifu, unywa amata ashyushye. No mu gihe umaze kurya, kuyanywa bifasha kugabanya ikibazo cy’aside. Vinegar:Nubwo vinegar ari aside, kuyifata uri kurya bifasha kugabanya aside ikorwa n’igifu mu gihe cyo kugogora. Ibiyiko bibiri kuri buri funguro birahagije. Ushobora kuyivanga n’ibyo urya cyangwa ukayivanga n’amazi ukanywa nyuma yo kurya. Tangawizi:Tangawizi ikoreshwa cyane nk’ikirungo cy’icyayi. Mu kuyikoresha mu kurwanya aside nyinshi, ushobora kuyivanga n’amazi ukayanywa nyuma yo kurya cyangwa ukongera agafu kayo mu mafunguro. Igikakarubamba:Amata cyangwa umushongi uva mu gikakarubamba bifasha mu igogorwa bityo bikagabanya aside ikorwa n’igifu. Nyuma yo gukata ikibabi cyacyo, utega umushongi uvamo ukanywa ikiyiko kuri buri funguro. Inanasi n’amacunga :Umutobe w’inanasi uvanze n’uw’amacunga, wongeremo akunyu gacye, ushobora kuwunywa mu kurwanya aside nyinshi mu gifu. Imbuto: Imbuto zirimo amazi menshi nka concombre, watermelon na amande zigira umumaro mu kurwanya aside nyinshi. Ndetse n’umuneke ni ingenzi. Kuzirya mbere cyangwa nyuma yo kurya bifasha kugenzura aside yo mu gifu. Igitunguru:Usekura cyangwa usya igitunguru, ugakamura uganywa umutobe wacyo. Uretse kugabanya aside nyinshi, gifasha n’igifu mu kazi kacyo ko kugogora ibyo wariye. Src: www.healthline.com

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League
Imikino

Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League

Rayon Sports Women FC yatangiye nabi irushanwa rya CAF Women's Champions League CECAFA QUALFIERS nyuma yo kunganya na Mafunzo Women FC yo muri Zanzibar

ADAM Yannickamasaha 13 yashize
Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza
Imyidagaduro

Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza

‎Chui [Rayvanny ] umuhanzi w’Umunyatanzaniya yatunguranye asohora indirimbo nshya yise “Rwanda”, agarukamo ubwiza bw’Abanyarwandakazi ndetse anavuga amazina y’abakobwa n’abagore bazwi mu Rwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo
Izindi nkuru

‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo

‎N'ubwo bitemewe mu muco Nyarwanda kwambara impenure, ntibikuyeho ko benshi mu bagore n'abakobwa basomye , bakagira imyimvire yabo, bazambara (Mini) kandi bakumva ko baberewe ari na yo mpamvu muri iyi nkuru twateguye, utwambaro twambarwa n'abo bibwira ko bafite amaguru meza bakaberwa kurushaho abikwije.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo
Hanze

Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo

Umutwe wa AFC/M23 uyobora ibice binini muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyizeho ingamba nshya zigamije kurinda icyorezo cya Ebola cyugarije icyo Gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO
Imikino

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO

Umukunzi wa Lamine Yamal Ines Garcia yagaragaje urwo akunda uwo musore usanzwe ikinira ikipe ya Fc Barcelona na Espanye. Ubutumwa uyu mwari yashyize hanze bwakangaranyije imbuga nkoranyambaga bupfukirana abashakaga kubatanya.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize