Patriots BBC na REG BBC zaraye zitwaye neza mu mukino utari woroshye
Imikino

Patriots BBC na REG BBC zaraye zitwaye neza mu mukino utari woroshye

ADAM Yannick2026 Nyakanga 183 min gusoma
Patriots BBC na REG BBC zaraye zitwaye neza mu mukino utari woroshye

Patriots BBC na REG BBC zaraye zitwaye neza,mu mikino zakinnye,aho Patriots BBC yakinaga umukino wayo wa nyuma wa Shampiyona,ikaba yaraye yitwaye neza itsinda APR BBC ndetse na REG BBC yongera gutsinda RSSB Tiger BBC.

Mu ijoro ryakeye tariki 17 Nyakanga 2026 muri BK Arena haberaga ibirori mu mukino wa Basketball aho amakipe ahatanira kuzakina imikino ya kamarampaka muri uyu mwaka w'imikino 2026. Patriots BBC yari ku mwanya wa kabiri yakinaga na APR BBC yari ku mwanya wa Mbere mu gihe RSSB Tiger BBC yari ku mwanya wa Kane yakinaga na REG BBC yari ku mwanya wa gatatu. Iyi mikino yari imikino abakunzi ba Basketball bari bategereje kugira ngo barebe uko amakipe yabo yitwara.

Patriots BBC yashakaga gukomeza intsinzi kuko mbere yo gukina uyu mukino yarimaze gutsinda imikino 9 yashakaga gutsinda umukino wa 10 ndetse yashakaga nayo gutsinda APR BBC kuko umukino wa mbere APR BBC yari yatsinze Patriots BBC amanota 78-75. Mu gihe REG BBC yari yatsinze RSSB Tiger BBC 55-69 mu gihe abantu bumvaga ko RSSB Tiger BBC yashoboraga nayo kwigaranzura REG BBC kuri uyu mukino.

Umukino wa Mbere wabanje REG BBC yongeye kwitara neza imbere ya RSSB Tiger BBC kuko nyuma yo kuyitsinda mu mukino ubanza yongeye kuyisubira iyitsinda amanota 102-86.

Kugeza ubu RSSB Tiger yagumye ku mwanya wa 4 mu gihe REG BBC nubwo yatsinze yagumye ku mwanya wa gatatu. Undi mukino nawo warutegetejwe n'abantu bantu n'umukino wahuje Patriots BBC na APR BBC. Uyu mukino ntabwo wari woroshye ku mpande zombi kuko n'amakipe abiri yahataniraga umwanya wa mbere, kuko n'ubwo APR BBC yari ku mwanya wa mbere yanganyaga amanota na Patriots BBC gusa ikayiza imbere kubera ibitego yayirishuga.

Umukino watangiye Patriots BBC irimbere cyane, kuko yatanze APR BBC kwinjira mu mukino. kuko yageze ku manota 11 APR BBC ifite 0. Gusa uko umukino wagiye ugenda,APR BBC yagiye yinjira mu mukino maze bajya kuruhuka Patriots BBC iyoboye n'amanota 38-30.

Mu kugaruka bavuye mu kiruhuko, amakipe yakomeje kuza, akomeze guhangana gusa umukino uza kurangira Patriots BBC itsinze umukino k'umanota 69-67. Maze Patriots BBC ihita ifata umwanya wa mbere byagateganyo. APR BBC ikaba isigaje umukino umwe kugira ngo irangize imikino yayo yose ya Shampiyona.

Kugeza ubu Patriots BBC niyo ya mbere byagateganyo aho irusha inota rimwe APR BBC,gusa ikigarara n'uko APR BBC ifite amahirwe yo kurangiza iri ku mwanya wa mbere. Kuko igihe yatsinda umukino isigaje cyangwa se ikanga yahita iba iya mbere, kuko inganyije yahita inganya amanota na Patriots BBC ariko ikaba iya mbere kuko mu mikino ibiri yazihuje APR yatsinze umukino wa mbere amanota 78-75 mu gihe Patriots BBC yatsinze 69-67 bivuze ko APR BBC yahita ijya imbere kubera ikinyuranyo cy'igitego kimwe.

Inkuru zerekeye

CECAFA Kagame Cup 2026: JAMUS FC yageze muri 1/2 Amakipe yo muri Tanzaniya arataha
Imikino

CECAFA Kagame Cup 2026: JAMUS FC yageze muri 1/2 Amakipe yo muri Tanzaniya arataha

JAMUS FC yo muri Sudan y'epfo itarahabwaga amahirwe yageze muri 1/2 mu gihe SINGIDA FC yarifite igikombe yasezerewe na SIMBA FC.

ADAM Yannick2026 Kanama 1
Umunyabigwi wa AC Milan n'u Butaliyani, Franco Baresi, yitabye Imana ku myaka 66
Imikino

Umunyabigwi wa AC Milan n'u Butaliyani, Franco Baresi, yitabye Imana ku myaka 66

Umunyabigwi mu mupira w'amaguru w'u Butaliyani, Franco Baresi, wubatse amateka akomeye muri AC Milan no mu Ikipe y'Igihugu y'u Butaliyani, yitabye Imana ku myaka 66 nyuma y'igihe kirekire arwaye indwara y'ibihaha.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 31
CECAFA Kagame Cup 2026Ikipe ya Mbere yageze muri 1/2 yamenyekanye ndetse n'ikipe ya mbere yo mu Rwanda irasezererwa
Imikino

CECAFA Kagame Cup 2026Ikipe ya Mbere yageze muri 1/2 yamenyekanye ndetse n'ikipe ya mbere yo mu Rwanda irasezererwa

APR FC yarihagarariye u Rwanda yasezerewe n'ubwo yatsinze umukino wayo wa nyuma usoza itsinda.

ADAM Yannick2026 Nyakanga 31
CECAFA Kagame Cup 2026: Imikino y'umunsi wa kabiri yarangiye mu matsinda
Imikino

CECAFA Kagame Cup 2026: Imikino y'umunsi wa kabiri yarangiye mu matsinda

Irushanwa CECAFA Kagame Cup 2026 riri hafi kurangira. Hakaba hasigaye umukino umwe wo mu matsinda kugira ngo tumenye amakipe yageze muri 1/2.

ADAM Yannick2026 Nyakanga 30
Pre Season Agaciro: Amakipe ane yamenyekanye yageze muri 1/2
Imikino

Pre Season Agaciro: Amakipe ane yamenyekanye yageze muri 1/2

Irushanwa Pre Season Agaciro rigeze mu mikino ya 1/2 aho umukino wa nyuma uzaba tariki 2 Kanama 2026

ADAM Yannick2026 Nyakanga 30
CECAFA Kagame Cup 2026: APR FC yahawe isomo rya Ruhago imbere ya Perezida Paul Kagame
Imikino

CECAFA Kagame Cup 2026: APR FC yahawe isomo rya Ruhago imbere ya Perezida Paul Kagame

APR FC yatsinzwe na Gormahia FC ibitego 5-0 ku mukino wa mbere ufungura CECAFA Kagame Cup 2026. Bikaba bibaye ubwa mbere itsindwa ibitego 5-0 muri CECAFA Kagame Cup ubwo yari yatsinzwe byinshi yari yatsinzwe 4.

ADAM Yannick2026 Nyakanga 27

Inkuru zishyashya

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan  ‎
Imyidagaduro

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan ‎

‎Zari Hassan yatangije ikiganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nyuma yo kwemeza ko umugore aba agomba guca inyuma uwo bashakanye igihe cyose uwo mugabo adatanga ibikenewe byose mu rugo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido
INKURU NYAMUKURU

Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido

Umuhanzi Diamond Platnumz uri mu bakomeye muri Tanzania, ntabwo yazuyaje mu kwishyura agera kuri 8,821,692 Rwf kugira ngo ahure na kimwe mu byamamare muri muzika y’Isi Ne-Yo ndetse ngo yishyure n’andi menshi mu guhura na Davido wo muri Nigeria.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza  ‎
Imyidagaduro

‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza ‎

Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa
Imyidagaduro

‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa

Umuziki wa Afurika y'Iburasirazuba wari umaze igihe uvugwa kubera umwana w'umukobwa Zuchu na Diamond Platnumz baherutse kwibaruka dore ko ari na bamwe basanzwe bazi kurema inkuru zitwikira ibikorwa byabo muri muzika. Inkuru y'umwana banjirijwe n'amagambo yo kwihakana umugabo byanyirarureshwa kuri Zuchu warimo kuribwa n'inda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize