Umunsi.com
Perezida Kagame yagiriye uruzinduko i Chantilly mu Bufaransa
Inkuru ku Rwanda

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko i Chantilly mu Bufaransa

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 245 min gusoma
Perezida Kagame yagiriye uruzinduko i Chantilly mu Bufaransa

Perezida wa Paul Kagame yagiriye uruzinduko mu Bufaransa mu Mujyi wa Chantilly aho yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku miyoborere n’iterambere, World Policy Conference (WPC), iganirwamo uburyo bwo guteza imbere imibereho idaheza ku bihugu by’Isi.

Umukuru w’Igihugu yitabiriye iyi nama ya 18 ari kumwe n’abandi bayobozi batandukanye ku Isi. Azahuriramo kandi n’umuyobozi wa WPC unayobora Institut français des relations internationales (Ifri), Thierry de Montbrial.

WPC ni inama mpuzamahanga ihuza abayobozi n’inzobere baturutse mu nzego zitandukanye, baganira ku buryo bwo guteza imbere imikoranire ishingiye ku bwubahane n’ubwizerane hagati y’ibihugu.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame na Thierry de Montbrial barahurira mu musangiro, ahateganyijwe ibiganiro birimo imiterere y’imikoranire mpuzamahanga muri iki gihe, uruhare rwa politiki ku rwego rw’Isi ndetse n’ibibazo byugarije Afurika.

Iyi nama yashinzwe mu 2008 igamije guteza imbere imiyoborere myiza ku Isi, gusuzuma ibibazo byo mu karere no ku rwego mpuzamahanga no gushaka ibisubizo birambye byubaka icyizere hagati y’ibihugu.

Mu bayobozi bitabiriye iyi nama harimo Perezida wa Bufaransa, Emmanuel Macron, uteganyijwe kugeza ijambo ku bayitabiriye. Hari kandi Perezida wa Sena y’u Bufaransa, Gérard Larcher; Perezida wa Serbia, Aleksandar Vučić; n’abandi bayobozi n’inzobere mu bya dipolomasi n’ubukungu baturutse hirya no hino ku Isi.

a145f8ca-4e19-4f7e-b89e-bdfee57f4b67-1b8ee.jpg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize