
Perezida wa Paul Kagame yagiriye uruzinduko mu Bufaransa mu Mujyi wa Chantilly aho yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku miyoborere n’iterambere, World Policy Conference (WPC), iganirwamo uburyo bwo guteza imbere imibereho idaheza ku bihugu by’Isi.
Umukuru w’Igihugu yitabiriye iyi nama ya 18 ari kumwe n’abandi bayobozi batandukanye ku Isi. Azahuriramo kandi n’umuyobozi wa WPC unayobora Institut français des relations internationales (Ifri), Thierry de Montbrial.
WPC ni inama mpuzamahanga ihuza abayobozi n’inzobere baturutse mu nzego zitandukanye, baganira ku buryo bwo guteza imbere imikoranire ishingiye ku bwubahane n’ubwizerane hagati y’ibihugu.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame na Thierry de Montbrial barahurira mu musangiro, ahateganyijwe ibiganiro birimo imiterere y’imikoranire mpuzamahanga muri iki gihe, uruhare rwa politiki ku rwego rw’Isi ndetse n’ibibazo byugarije Afurika.
Iyi nama yashinzwe mu 2008 igamije guteza imbere imiyoborere myiza ku Isi, gusuzuma ibibazo byo mu karere no ku rwego mpuzamahanga no gushaka ibisubizo birambye byubaka icyizere hagati y’ibihugu.
Mu bayobozi bitabiriye iyi nama harimo Perezida wa Bufaransa, Emmanuel Macron, uteganyijwe kugeza ijambo ku bayitabiriye. Hari kandi Perezida wa Sena y’u Bufaransa, Gérard Larcher; Perezida wa Serbia, Aleksandar Vučić; n’abandi bayobozi n’inzobere mu bya dipolomasi n’ubukungu baturutse hirya no hino ku Isi.




