Umunsi.com
Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yihanganishije Kenya
Inkuru y'umunsi

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yihanganishije Kenya

KWIZERA Jean de Dieu2025 Ukwakira 164 min gusoma
Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yihanganishije Kenya

Paul Kagame Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, yafashe mu mugongo Perezida wa Kenya William Ruto, n’Abanyakenya bose, n’umuryango wa Raila Amolo Odinga waraye yitabye Imana azize guhagarara k’umutima. Mu butumwa Perezida Kagame yavuze ko ukwiyemeza gukorera abaturage kwa Raila Odinga wabaye Minisitiri w’Intebe wa Kenya, guharanira ubutabera, demokarasi n’ubumwe bw’Abanyakenya n’Afurika muri rusange, bitazibagirana mu binyejana biri imbere. Ni mu butumwa yatanze binyuze ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Kagame yagize ati: “Mu izina ry’Abanyarwanda nanjye ubwanjye, nihanganishije umuryango wa Rt.

Hon. Raila Odinga, umuvandimwe wanjye Perezida William Ruto n’Abanyakenya ku bw’urupfu rwa Raila Odinga. ” Raila Odinga, yaguye mu Bitaro bivura amaso bikanakora ubushakashatsi bya Sreedhareeyam Ayurvedic, biherereye i Ernakulam muri ako Karere ka Kerala ko mu Buhinde.

Umutima wamufashe ubwo yari muri siporo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu azenguruka ibyo bitaro. Paul Kagame yakomeje ashimangira uburyo Raila Odinga azibukirwa iteka ukwiyemeza kwe mu gukorera abaturage, guharanira ubutabera na demokarasi. Ati: “Ukwiyemeza kwe mu gukorera abaturage no kudatsindwa mu guharanira demokarasi, ubutabera n’ubumwe muri Kenya no muri Afurika bizakomeza kwibukwa mu binyejana biri imbere.

” Odinga yabaye Minisitiri w’Intebe wa Kenya hagati y’umwaka wa 2008 na 2013, akaba yaranabaye Umudepite ahagarariye agace ka Langata kuva mu 1992 kugeza mu 2013. Uyu mugabo yanayoboye ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi igihe kinini, akaba yariyamamarije kuyobora Kenya inshuro eshanu zose adatsinda, ndetse no ku mwanya wo kuyobora Komisiyo ya AU na bwo bikaba bitaramuhiriye. Kuva muri icyo gihe yatsinzwe amatora ya 2007 habaye imvururu zikomeye cyane zatumye habaho ubwicanyi mu gihugu bwaguyemo abarenga 1300 abandi ibihumbi bakurwa mu byabo.

Raila Odinga yavukiye i Maseno muri Kenya akaba yarinjiye muri politiki mu 1980, ariko yatangiye kumenyekana cyane mu 1990, ubwo Kenya yari iri ku rugamba rwo gushaka kuvana ku butegetsi ishyaka Kenya African National Union (KANU) rya Daniel arap Moi. Raila Odinga yagiye mu bikorwa bya politiki no guhangana n’ubutegetsi bwa Daniel arap Moi, ndetse aza kugirana ibibazo n’ubutegetsi, byatumye ashinjwa ibyaha byo gushaka guhirika ubutegetsi. Paul Kagame yaboneyeho kugaragaza ko u Rwanda rwifatanyije n’Abanyakenya muri ibi bihe bitoroshye.

Ati:”Twifatanyije na guverinoma n’abaturage ba Kenya muri ibi bihe by’icyunamo mu gihugu hose. ” Ku wa Gatatu nyuma y’amakuru y’urupfu rwa Odinga, Perezida Ruto yahise ategeka ko ibendera ry’Igihugu ryururutswa ndetse rigakurwa no ku modoka zitwara abanyacyubahiro mu gihe cy’icyumweru. [caption id="attachment_41858" align="alignnone" width="1173"] Paul Kagame yaboneyeho kugaragaza ko u Rwanda rwifatanyije n’Abanyakenya muri ibi bihe bitoroshye.

[/caption] Kuri uyu wa Kane, abaturage benshi bateraniye ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Jomo Kenyatta ubwo umurambo wa Raila Odinga wagezwaga mu gihugu, bakaba bashenguwe n’urupfu rw’uyu muyobozi bafata nk’intwari yabo.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League
Imikino

Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League

Rayon Sports Women FC yatangiye nabi irushanwa rya CAF Women's Champions League CECAFA QUALFIERS nyuma yo kunganya na Mafunzo Women FC yo muri Zanzibar

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza
Imyidagaduro

Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza

‎Chui [Rayvanny ] umuhanzi w’Umunyatanzaniya yatunguranye asohora indirimbo nshya yise “Rwanda”, agarukamo ubwiza bw’Abanyarwandakazi ndetse anavuga amazina y’abakobwa n’abagore bazwi mu Rwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo
Izindi nkuru

‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo

‎N'ubwo bitemewe mu muco Nyarwanda kwambara impenure, ntibikuyeho ko benshi mu bagore n'abakobwa basomye , bakagira imyimvire yabo, bazambara (Mini) kandi bakumva ko baberewe ari na yo mpamvu muri iyi nkuru twateguye, utwambaro twambarwa n'abo bibwira ko bafite amaguru meza bakaberwa kurushaho abikwije.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo
Hanze

Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo

Umutwe wa AFC/M23 uyobora ibice binini muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyizeho ingamba nshya zigamije kurinda icyorezo cya Ebola cyugarije icyo Gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO
Imikino

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO

Umukunzi wa Lamine Yamal Ines Garcia yagaragaje urwo akunda uwo musore usanzwe ikinira ikipe ya Fc Barcelona na Espanye. Ubutumwa uyu mwari yashyize hanze bwakangaranyije imbuga nkoranyambaga bupfukirana abashakaga kubatanya.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize