Amatike y'umwanya wa gatatu hagati y'u Bufaransa n'u Bwongereza aracyabura abaguzi
INKURU NYAMUKURU

Amatike y'umwanya wa gatatu hagati y'u Bufaransa n'u Bwongereza aracyabura abaguzi

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 183 min gusoma
Amatike y'umwanya wa gatatu hagati y'u Bufaransa n'u Bwongereza aracyabura abaguzi

Mu gihe Igikombe cy'Isi cya 2026 kigeze ku musozo, haracyari amatike ibihumbi ataragurwa ku mikino ya nyuma, harimo uwo guhatanira umwanya wa gatatu uzahuza u Bufaransa n'u Bwongereza, ndetse n'umukino wa nyuma uzahuza Argentina na Espagne.

Kugeza mu gitondo cyo ku wa Gatanu, ku rubuga rwa FIFA haracyari amatike agera ku 7,000 y'umukino uzahuza u Bufaransa n'u Bwongereza uzabera i Miami.

Muri ayo, amatike 1,246 yari akiri ku isoko risanzwe, aho igiciro cyayo cyatangiraga ku madolari 865 (asaga miliyoni 1.2 Frw), mu gihe andi yaguraga amadolari 1,125 (asaga miliyoni 1.6 Frw).

Hari kandi amatike 5,864 yashyizwe ku isoko ryo kongera kugurishwa, aho ahendutse yaguraga amadolari 455 (asaga ibihumbi 650 Frw), hiyongereyeho amafaranga angana na 15% yishyurwa FIFA.

Byagaragaye ko bamwe mu bari baraguze amatike bahisemo kongera kuyagurisha ku giciro kiri hasi ugereranyije n'icyo bayaguriyeho. Urugero ni itike yo mu cyiciro cya mbere yari yaraguzwe amadolari 1,125, ubu ikaba iri kugurishwa amadolari 659 gusa.


Harry Kane w'Ubwongereza
Harry Kane w'Ubwongereza

Si umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu gusa ugifite amatike ataragurwa, kuko n'umukino wa nyuma uzahuza Argentina na Espagne na wo ugifite amatike make akiboneka.

Ku rubuga rwa FIFA haracyari amatike 32 yo mu cyiciro gihenze cyane, aho igiciro cyayo kiri hagati ya 29,995 na 32,970 by'amadolari ya Amerika, ni ukuvuga asaga miliyoni 43 kugeza kuri miliyoni 47 z'amafaranga y'u Rwanda ku itike imwe gusa. Aya si amatike ya VIP, ahubwo ni amatike asanzwe yo kwinjira muri sitade.

Ku rubuga rwa FIFA rwifashishwa mu kongera kugurisha amatike, haracyari andi arenga 1,000, menshi muri yo ari kugurishwa hafi y'igiciro cyayo cya mbere. Urugero, itike yaguraga amadolari 7,380 yashyirwagaho andi madolari 1,107 nk'amafaranga ya serivisi n'umusoro wa FIFA.



Igitangaje kurushaho ni uko hari itike imwe y'umukino wa nyuma yashyizwe ku isoko ku gaciro ka miliyoni ebyiri z'amadolari ya Amerika (asaga miliyari 2.8 Frw), hakiyongeraho amafaranga ya FIFA angana n'ibihumbi 300 by'amadolari.

FIFA yasobanuye ko ibiciro byo ku isoko ryo kongera kugurishirizaho amatike bigenwa n'abayafite, bityo ntibisobanure ko ari yo mafaranga abafana bari kuyishyura koko.

Umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu uzahuza u Bufaransa n'u Bwongereza, mbere y'uko Argentina na Espagne zihatanira igikombe cy'Isi cya 2026 mu mukino wa nyuma.



Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan  ‎
Imyidagaduro

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan ‎

‎Zari Hassan yatangije ikiganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nyuma yo kwemeza ko umugore aba agomba guca inyuma uwo bashakanye igihe cyose uwo mugabo adatanga ibikenewe byose mu rugo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 2 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza  ‎
Imyidagaduro

‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza ‎

Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa
Imyidagaduro

‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa

Umuziki wa Afurika y'Iburasirazuba wari umaze igihe uvugwa kubera umwana w'umukobwa Zuchu na Diamond Platnumz baherutse kwibaruka dore ko ari na bamwe basanzwe bazi kurema inkuru zitwikira ibikorwa byabo muri muzika. Inkuru y'umwana banjirijwe n'amagambo yo kwihakana umugabo byanyirarureshwa kuri Zuchu warimo kuribwa n'inda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'
Imyidagaduro

‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'

Itsinda rya The Same na  Keyg Lemonade uri mu bari kuzamuka neza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo  bashyize hanze amashusho y'indirimbo nshya bise 'Weekend'. Ni indirimbo irimo ubutumwa busaba abantu kugabanya amatiku bakihugiraho ariko banaruhuka.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
‎Diamond Platnumz yahaye Zuchu impano yagera kuri 43,908,450 RWF mu birori byo kwishimira umwana
Imyidagaduro

‎Diamond Platnumz yahaye Zuchu impano yagera kuri 43,908,450 RWF mu birori byo kwishimira umwana

Umuhanzi Diamond Platnumz, Simba, yahaye Zuchu wa mubyariye umwana,agera kuri 43,908,450 RWF nk'igihembo cy'ishimwe ubwo bari mu birori byo kwizihiza umwana wari utari wavuka. Ni ibirori byabaye ku wa 31 Nyakanga 2026.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 6 yashize