Umunsi.com
Ebola-DRC: Ibipimo byagaragaje abandi banduye mu burasirazuba bw’igihugu
Hanze

Ebola-DRC: Ibipimo byagaragaje abandi banduye mu burasirazuba bw’igihugu

Admin User2026 Gicurasi 185 min gusoma
Ebola-DRC: Ibipimo byagaragaje abandi banduye mu burasirazuba bw’igihugu

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi mu by’Ibinyabuzima (INRB) cyatangaje ko ibipimo bishya byafashwe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) byagaragaje abandi bantu banduye Ebola.

Nk’uko INRB yabitangaje, mu bipimo umunani byafashwe i Katwa mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, abantu babiri basanze banduye Ebola. Muri Bunia ho, ibipimo bine muri bitandatu byagaragaje ubwandu, harimo n’umuganga umwe w’Umunyamerika wakoraga mu bikorwa by’ubuvuzi muri icyo gihugu.

Ubu bwandu bushya bwiyongera ku wundi murwayi wavuzweho kuba ari kuvurirwa i Goma, umujyi munini uhana imbibi n’u Rwanda utuwe n’abarenga ibihumbi 800. Ibi byatumye inzego z’ubuzima mu karere zikomeza gukaza ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo.

Kugeza ubu, imibare igaragaza ko Ebola imaze kugaragara ku bantu 17 banduye mu bipimo bya laboratwari, barimo 12 bo mu Ntara ya Ituri, 3 bo muri Kivu y’Amajyaruguru ndetse n’abandi 2 bo muri Uganda i Kampala.

Iri kwiyongera ry’abanduye ryatumye ibihugu bituranye n’ahagaragaye Ebola birimo n’u Rwanda byongera ingamba zo kwirinda, cyane cyane ku mipaka ihuza ibihugu.

Umuhanga mu by’indwara z’ibyorezo, Prof Jean-Jacques Muyembe, yavuze ko iki cyorezo gikomeje gukurikiranirwa hafi, agaragaza ko hari n’ubushakashatsi bukomeje ku miti mishya ishobora kugifasha kugikumira cyangwa kugikiza.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko Ebola iri muri RDC no muri Uganda ari ikibazo gihangayikishije isi yose, gisaba ubufatanye mpuzamahanga mu kuyirwanya no gukumira ikwirakwira ryayo.

5eb7e122-d9fc-46b7-8daa-28a119166b09.jpg.webp

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize