Ebola-DRC: Ibipimo byagaragaje abandi banduye mu burasirazuba bw’igihugu
Hanze

Ebola-DRC: Ibipimo byagaragaje abandi banduye mu burasirazuba bw’igihugu

Admin User2026 Gicurasi 180 byayeho5 min gusoma
Ebola-DRC: Ibipimo byagaragaje abandi banduye mu burasirazuba bw’igihugu
Sanga:

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi mu by’Ibinyabuzima (INRB) cyatangaje ko ibipimo bishya byafashwe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) byagaragaje abandi bantu banduye Ebola.

Nk’uko INRB yabitangaje, mu bipimo umunani byafashwe i Katwa mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, abantu babiri basanze banduye Ebola. Muri Bunia ho, ibipimo bine muri bitandatu byagaragaje ubwandu, harimo n’umuganga umwe w’Umunyamerika wakoraga mu bikorwa by’ubuvuzi muri icyo gihugu.

Ubu bwandu bushya bwiyongera ku wundi murwayi wavuzweho kuba ari kuvurirwa i Goma, umujyi munini uhana imbibi n’u Rwanda utuwe n’abarenga ibihumbi 800. Ibi byatumye inzego z’ubuzima mu karere zikomeza gukaza ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo.

Kugeza ubu, imibare igaragaza ko Ebola imaze kugaragara ku bantu 17 banduye mu bipimo bya laboratwari, barimo 12 bo mu Ntara ya Ituri, 3 bo muri Kivu y’Amajyaruguru ndetse n’abandi 2 bo muri Uganda i Kampala.

Iri kwiyongera ry’abanduye ryatumye ibihugu bituranye n’ahagaragaye Ebola birimo n’u Rwanda byongera ingamba zo kwirinda, cyane cyane ku mipaka ihuza ibihugu.

Umuhanga mu by’indwara z’ibyorezo, Prof Jean-Jacques Muyembe, yavuze ko iki cyorezo gikomeje gukurikiranirwa hafi, agaragaza ko hari n’ubushakashatsi bukomeje ku miti mishya ishobora kugifasha kugikumira cyangwa kugikiza.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko Ebola iri muri RDC no muri Uganda ari ikibazo gihangayikishije isi yose, gisaba ubufatanye mpuzamahanga mu kuyirwanya no gukumira ikwirakwira ryayo.

5eb7e122-d9fc-46b7-8daa-28a119166b09.jpg.webp

Inkuru zerekeye