‘Ebola yatwishe urubozo’: Ubwoba bukomeje kwiyongera mu burasirazuba bwa RDC
INKURU NYAMUKURU

‘Ebola yatwishe urubozo’: Ubwoba bukomeje kwiyongera mu burasirazuba bwa RDC

Admin User2026 Gicurasi 200 byayeho6 min gusoma
‘Ebola yatwishe urubozo’: Ubwoba bukomeje kwiyongera mu burasirazuba bwa RDC

Ubwoba n’impungenge bikomeje gufata abaturage bo mu burasirazuba bwa DR Congo mu gihe icyorezo cya Ebola gikomeje gukwirakwira, umubare w’abakekwaho kwandura n’abamaze guhitanwa na cyo ukarushaho kwiyongera.

Mu Ntara ya Ituri, ari na yo ndiri y’iki cyorezo, abaturage bavuga ko bari kubona abantu bapfa vuba kandi bagatinya ko ubwandu bushobora gukomeza gukwira mu mijyi minini nk'uko Ikinyamakuru dukesha iyi nkuru ibitangaza. Umushoferi wo mu gace ka Rwampara yavuze ko “Ebola yabiciye urubozo” kubera uburyo abantu bari kugenda bapfa mu gihe gito.

Samuel Roger Kamba, Minisitiri w’Ubuzima wa RDC, yavuze ko abashinzwe ubuzima bari kugorwa no gukurikirana iki cyorezo kuko bishoboka ko cyari kimaze igihe gikwirakwira mu ibanga mbere y’uko gitahurwa ku wa 24 Mata 2026.

Amakuru y’inzego z’ubuzima agaragaza ko kugeza ubu abantu basaga 500 bakekwaho kwandura, mu gihe abarenga 130 bakekwa ko bamaze guhitanwa na virusi ya Ebola. Hari kandi umurwayi wapfiriye i Kampala muri Uganda.

Iki cyorezo cyatewe n’ubwoko bushya bwa Ebola bwiswe “Bundibugyo Virus”, butandukanye n’ubwoko bwa Zaïre RDC yari isanzwe imenyereye. Abaganga bavuga ko ubu bwoko bushobora kugira ibimenyetso bitagaragara cyane, bigatuma abantu babwibeshya kuri malaria cyangwa izindi ndwara zisanzwe.

Abaturage bo mu Migi nka Goma, Bunia na Butembo bavuga ko amabwiriza yo kwirinda atarubahirizwa cyane. Hari abavuga ko kubona ibibatunga ari byo baha umwanya mbere yo gutekereza ku buryo bwo kwirinda icyorezo.

Imiryango mpuzamahanga irimo Save the Children yavuze ko iki cyorezo kiri kwibasira akarere gasanzwe karugarijwe n’intambara, ubukene n’abaturage benshi bavuye mu byabo, ibintu bikomeza kugora ibikorwa byo kugihashya.

Ku ruhande rwa World Health Organization, iki cyorezo cyamaze gushyirwa mu rwego rw’ikibazo cy’ubuzima gihangayikishije isi yose, mu gihe ibihugu bitandukanye bikomeje gufata ingamba zo gukaza ubwirinzi ku mipaka no gukurikirana abantu bahuye n’abanduye.

Leta ya United States yamaze gutangaza ubufasha bwihutirwa bwa miliyoni 13 z’amadolari bugenewe RDC na Uganda mu gufasha guhangana n’iki cyorezo.

9d165df0-5394-11f1-82e5-bb1c743931bd.jpg.webp

Inkuru zerekeye