Umunsi.com
Haiti: Abantu 30 bapfiriye mu muvundo
Hanze

Haiti: Abantu 30 bapfiriye mu muvundo

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 125 min gusoma
Haiti: Abantu 30 bapfiriye mu muvundo

Abantu bagera kuri 30 bapfiriye mu muvundo wabereye mu marembo y’inyubako ya Citadelle Laferrière, iri mu murage w’Isi wa UNESCO.

Ibi byabaye ku wa 11 Mata 2026, mu gihugu cya Haiti, mu Ntara y’Amajyaruguru, mu gace ka Milot aho iyi nyubako iherereye.

Citadelle Laferrière yubatswe mu ntangiriro z’ikinyejana cya 19 nyuma y’uko Haiti ibonye ubwigenge, ikaba ari kimwe mu bimenyetso bikomeye by’amateka y’iki gihugu.

Kuri uwo munsi, aho hantu hari huzuye abantu benshi barimo abanyeshuri bari bagiye mu rugendoshuri, ndetse n’abandi bari bitabiriye ibirori bya Pasika.

Amakuru atangwa n’abari aho agaragaza ko uyu muvundo watewe n’imvura yaguye mu buryo butunguranye, igatera abantu ubwoba bagatangira kwiruka bashaka aho bikinga, ari na bwo babyiganaga cyane ku marembo y’iyo nyubako.

Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Alix Didier Fils-Aimé, yihanganishije imiryango yabuze ababo, avuga ko yifatanyije na yo muri ibi bihe bikomeye by’akababaro.

Inzego z’ubuyobozi zatangaje ko abamaze kumenyekana ko bapfuye ari 30, ariko ko uwo mubare ushobora kwiyongera mu gihe iperereza rigikomeje ku by’iyi mpanuka.

8c45aefaf0daa43e981cf8df286a231fc6534b9b-3022x2015-4d176.jpg


Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize