Umunsi.com
Ibiciro bya peteroli byazamutse, Amerika ihiga gufunga ibyambu bya Iran
Hanze

Ibiciro bya peteroli byazamutse, Amerika ihiga gufunga ibyambu bya Iran

Chief Editor2026 Mata 136 min gusoma
Ibiciro bya peteroli byazamutse, Amerika ihiga gufunga ibyambu bya Iran
108289565-1775785418104-gettyimages-2265219111-dji_0492-46e0f.jpg


Ibiciro bya peteroli ku rwego mpuzamahanga byongeye kuzamuka cyane, birenga amadolari 100 ku kagunguru, nyuma y’uko ibiganiro hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran binaniwe kugera ku mwanzuro ku bijyanye no guhagarika imirwano. Ibi biganiro byamaze amasaha 21 bibera muri Pakistan ariko ntibyagira icyo bitanga.

Nyuma y’iri hungabana mu biganiro, Donald Trump yatangaje ko Amerika igiye gufunga ibyambu bya Iran, hagamijwe gukumira ubwato bwose bushaka kwinjira cyangwa gusohoka muri icyo gihugu.

Ubwo amasoko y’ingufu yongeye gufungura ku mugabane wa Aziya ku wa Mbere, igiciro cya peteroli ya Brent cyazamutseho 8,5% kigera kuri 102,37$, mu gihe iya West Texas Intermediate yo yazamutseho 9% igera kuri 105,34$.

Mbere y’ibi, ibiciro bya peteroli byari byagabanutse bikagera munsi ya 100$ ku wa Gatatu ushize, nyuma y’uko Amerika na Iran byemeranyije guhagarika imirwano by’agateganyo mu gihe cy’ibyumweru bibiri. Icyo cyemezo cyari kigamije kongera gufungura umuhora wa Hormuz, inzira inyuramo hafi 20% bya peteroli ikoreshwa ku Isi yose. Urujya n’uruza rw’ubwato muri uwo muhora rwari rwahagaze kuva imirwano yatangira ku wa 28 Gashyantare.

Kunanirwa kw’ibi biganiro byagize ingaruka no ku masoko y’imari n’imigabane ku mugabane wa Aziya, aho amasoko atandukanye yagabanutse. Isoko ryo mu Buyapani rya Nikkei 225 ryamanutseho 0,8%, mu gihe iryo muri Koreya y’Epfo rya Kospi ryagabanutseho 1,8%.

Igisirikare cya Amerika cyatangaje ko igikorwa cyo gukumira ubwato ku byambu bya Iran gitangira kuri uyu wa Mbere saa 16:00 ku isaha y’i Kigali.

Ku ruhande rwa Iran, hatangajwe ko ubwato bwose bwa gisirikare buzagerageza kwegera umuhora wa Hormuz buzakurikiranwa by’umwihariko, ibintu byatumye impungenge z’ubwiyongere bw’umutekano muke n’ibura rya peteroli ku Isi zirushaho kwiyongera.

108289565-1775785418104-gettyimages-2265219111-dji_0492-46e0f.jpg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize