
Ibiciro bya peteroli ku rwego mpuzamahanga byongeye kuzamuka cyane, birenga amadolari 100 ku kagunguru, nyuma y’uko ibiganiro hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran binaniwe kugera ku mwanzuro ku bijyanye no guhagarika imirwano. Ibi biganiro byamaze amasaha 21 bibera muri Pakistan ariko ntibyagira icyo bitanga.
Nyuma y’iri hungabana mu biganiro, Donald Trump yatangaje ko Amerika igiye gufunga ibyambu bya Iran, hagamijwe gukumira ubwato bwose bushaka kwinjira cyangwa gusohoka muri icyo gihugu.
Ubwo amasoko y’ingufu yongeye gufungura ku mugabane wa Aziya ku wa Mbere, igiciro cya peteroli ya Brent cyazamutseho 8,5% kigera kuri 102,37$, mu gihe iya West Texas Intermediate yo yazamutseho 9% igera kuri 105,34$.
Mbere y’ibi, ibiciro bya peteroli byari byagabanutse bikagera munsi ya 100$ ku wa Gatatu ushize, nyuma y’uko Amerika na Iran byemeranyije guhagarika imirwano by’agateganyo mu gihe cy’ibyumweru bibiri. Icyo cyemezo cyari kigamije kongera gufungura umuhora wa Hormuz, inzira inyuramo hafi 20% bya peteroli ikoreshwa ku Isi yose. Urujya n’uruza rw’ubwato muri uwo muhora rwari rwahagaze kuva imirwano yatangira ku wa 28 Gashyantare.
Kunanirwa kw’ibi biganiro byagize ingaruka no ku masoko y’imari n’imigabane ku mugabane wa Aziya, aho amasoko atandukanye yagabanutse. Isoko ryo mu Buyapani rya Nikkei 225 ryamanutseho 0,8%, mu gihe iryo muri Koreya y’Epfo rya Kospi ryagabanutseho 1,8%.
Igisirikare cya Amerika cyatangaje ko igikorwa cyo gukumira ubwato ku byambu bya Iran gitangira kuri uyu wa Mbere saa 16:00 ku isaha y’i Kigali.
Ku ruhande rwa Iran, hatangajwe ko ubwato bwose bwa gisirikare buzagerageza kwegera umuhora wa Hormuz buzakurikiranwa by’umwihariko, ibintu byatumye impungenge z’ubwiyongere bw’umutekano muke n’ibura rya peteroli ku Isi zirushaho kwiyongera.




