
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, umugore we Melania Trump n’abandi bayobozi bahungishijwe igitaraganya, nyuma yo kugabwaho igitero muri hoteli iri i Washington, D.C., ubwo bari mu birori n’itangazamakuru bizwi nka White House Correspondents’ Dinner ku mugoroba wo ku wa 25 Mata 2026.
Muri iyo nyubako humvikanye urusaku rw’amasasu, abashinzwe umutekano bahita bihutira gutabara, banasaba abantu bose kuryama hasi kugira ngo birinde ibyago.
Amashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje abayobozi n’abari bitabiriye ibyo birori bagenda bububa, mu gihe abandi baryamye hasi, abanyamakuru bamwe bakomeza gufata amashusho n’amafoto.
Ikinyamakuru NBC News cyatangaje ko ukekwaho kugaba icyo gitero yamaze gutabwa muri yombi, akaba ari umugabo w’imyaka 31 witwa Cole Tomas Allen ukomoka muri Torrance, California.
Amakuru agaragaza ko umwirondoro we wamenyekanye ubwo yiyandikishaga muri hoteli mbere y’igitero, ndetse yari afite icyumba aho byabereye. Hanagaragaye amashusho ye yiruka agana ku bashinzwe umutekano ashaka kwegera aho Perezida Trump n’umugore we bari bari.
Nyuma yo guhosha izo mvururu, Trump yavuze ko uwo muntu afite ibibazo byo mu mutwe, yongeraho ko adashaka ko abantu nk’abo bahindura imiterere n’icyerekezo cy’ubuzima bw’abandi.
Perezida Trump yanavuze ko icyo gitero kidafite aho gihuriye n’intambara ya Iran, ashimangira ko ibyo bitazamubuza gukomeza gahunda ze.











