Korali Ambassadors of Christ igiye gutaramira muri BK Arena
INKURU NYAMUKURU

Korali Ambassadors of Christ igiye gutaramira muri BK Arena

KWIZERA Jean de Dieu2026 Gicurasi 170 byayeho12 min gusoma
Korali Ambassadors of Christ igiye gutaramira muri BK Arena

Ambassadors of Christ Choir igiye kwizihiza imyaka 30 imaze ikora umurimo w’Imana binyuze mu gitaramo gikomeye kizabera muri BK Arena ku wa 30 Kanama 2026. Iki gitaramo cyiswe “30 Years of Ambassadors of Christ” kizaba gifite insanganyamatsiko igira iti: “Imana Ni Yo Yanditse Amateka Yacu.”

Mu myaka itatu ishize, iyi korali yo mu Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi rya Remera yakomeje kuba imwe mu makorali akunzwe cyane mu Rwanda no hanze yarwo, binyuze mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, ubutumwa bwo guhumuriza abantu ndetse n’ibikorwa byo gufasha sosiyete.

Mu rwego rwo gutegura ibi birori by’amateka, Ambassadors of Christ Choir yatangiye ibikorwa bitandukanye byo kwizihiza uru rugendo rw’imyaka 30. Muri ibyo bikorwa harimo gutera ibiti 30 mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, igikorwa cyabaye ku wa 5 Ukuboza 2025. Ibyo biti byari ikimenyetso cy’imyaka 30 y’ikorwa ry’umurimo w’Imana ndetse no gukomeza kugira uruhare mu kurengera ibidukikije.

Iki gikorwa cyahuje abayishinze, abaririmbyi bayiririmbyemo mu bihe bitandukanye ndetse n’imiryango yabo, bigaragaza uburyo iyi korali yabaye umuryango mugari wubatse amateka akomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Ambassadors of Christ Choir yanateguye ibikorwa byo gusura urubyiruko rugororerwa mu bigo ngororamuco bya Iwawa na Gitagata. Ibi bikorwa byakozwe hagamijwe gukangurira urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge n’izindi ngeso mbi, no kubereka ko bashobora kongera kubaka ejo habo hazaza.

Mu gukomeza ibikorwa byayo byo gufasha no guhumuriza abantu, iyi korali yateguye no gusura abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batuye muri IDP Model Village Rudakabukirwa mu Murenge wa Gikomero, igikorwa kigamije kubereka ko batari bonyine no gukomeza kubahumuriza.

Ubuyobozi bwa Ambassadors of Christ Choir bwatangaje ko urugendo rwo kwizihiza imyaka 30 ruzakomeza kurangwa n’ibikorwa bitandukanye bizagenda bitangazwa uko iminsi igenda ishira, mbere y’igitaramo gikuru kizabera muri BK Arena.

Abakunzi b’iyi korali ndetse n’abakunda indirimbo zihimbaza Imana batumiwe kuzitabira ibi birori bizaba ari umwanya wo gushima Imana ku rugendo rw’imyaka 30, kureba amateka y’iyi korali no kwifatanya na yo mu byishimo by’ikorwa ry’umurimo wayo.

1778860268776Amb5.jpeg

GxwI7C2W0AEK4Y-.jfif

177894912998230YearsofAmbassadorsofChrist4.jpg

Inkuru zerekeye