Perezida Ruto yayobotse ubuhinzi ngo azabe umuherwe w’ahazaza
Hanze

Perezida Ruto yayobotse ubuhinzi ngo azabe umuherwe w’ahazaza

Chief Editor2026 Mata 130 byayeho5 min gusoma
Perezida Ruto yayobotse ubuhinzi ngo azabe umuherwe w’ahazaza
Sanga:

Perezida wa Kenya, William Ruto, yatangaje ko yamaze gusobanukirwa ko mu bihe biri imbere abakire bakomeye ku Isi bazava mu buhinzi, bituma ahitamo gutangira ibikorwa by’ubuhinzi hakiri kare.

Ibi yabitangaje ku wa 10 Mata 2026, ubwo yari yitabiriye inama y’ubufatanye mu by’umutekano izwi nka Mashariki Cooperation Conference.

Perezida Ruto yavuze ko umugabane wa Afurika ufite amahirwe menshi mu bijyanye n’ubuhinzi, kuko ufite hafi bibiri bya gatatu by’ubutaka bushobora guhingwa ku Isi, ndetse n’umutungo kamere ushobora guteza imbere ubukungu bwawo.

Yasobanuye ko uwahoze ari Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere yamubwiye ko abakire bakomeye mu bihe bizaza bazaba ari abahinzi, ari na byo byatumye atangira kugerageza ibikorwa by’ubuhinzi.

Yakomeje avuga ko nubwo Afurika ifite umutungo kamere uhagije, bishobora kutabyara inyungu zigaragara mu gihe hataboneka abayobozi bafite ubushobozi bwo gutekereza neza no gushyira mu bikorwa ingamba zinoze zo kuwubyaza umusaruro.

ruto-2-1f319.webp

Inkuru zerekeye