
Kugenda n’amaguru ni ingenzi ku mubiri haba mu kuwukomeza no kukongerera ibyishimo. Si ibyo gusa kuko binagufasha mu gutuma umutima utera neza ndetse n’amaraso agatembera neza.
Mu gihe kubera akazi cyangwa izindi mpamvu zinyuranye wumva udafite umwanya uhagije wo gukora siporo, ni byiza kuba wajya ufata igihe ukagenda n’amaguru kuko hari byinshi byiza bizamarira umubiri wawe. Ndetse ubushakashatsi bwa vuba bugaragaza ko kubikora nibura iminota 12 ku munsi bituma uhorana akanyamuneza ndetse bikirukana umushiha.
Siporo no kugira akanyamuneza: N’ubusanzwe siporo ni kimwe mu bihuza abantu ndetse bikongera ubusabane. Mu mupira usanga abafana b’ikipe imwe, nubwo baba bafite ibindi bapfa, ku kibuga baba bafatanya kogeza ikipe yabo. Ndetse n’abakinnyi usanga bari gusenyera umugozi umwe ngo bafatanye gutahana intsinzi.
Kugenda n’amaguru nabyo bigira akamaro nk’ako gukora izindi siporo kuri iyi ngingo. Mu gihe wumva wagize umutima mubi, byaba byizanye cyangwa hari ibyagutesheje umutwe, jya ufata urugendo n’amaguru kuko uko ugenda ni ko uwo mubabaro ugenda ugabanuka.
Umusemburo wa dopamine mu bwonko: Uyu musemburo witwa umusemburo w’ibyiyumvo, ugira uruhare runini mu mimerere yacu ya buri munsi no mu myitwarire. Iyo hari ikintu umuntu yifuza, bituma uyu musemburo urekurwa bityo bikamufasha gukomeza kugira intego yo kugerageza kukigeraho. Iyo uri kugenda n’amaguru bifasha uyu musemburo gukorwa ku bwinshi, bigatuma umuntu yumva afite akanyamuneza ndetse n’imbaraga zo gukora ibikorwa bye bya buri munsi.
Kugenda bikuraho ibikubangamiye: Nubwo kugenda bitahita bikemura ibibazo umuntu afite, ariko bifasha umutwe kuruhuka no kongera ubushobozi bwo guhangana n’ibihe bikomeye. Ubushakashatsi bugaragaza ko aho kwicara gusa ureba filime cyangwa wumva indirimbo, wafata urugendo rugufi ukagenda n’amaguru kuko bifasha ubwonko kuruhuka no gutuza kurushaho.
Mu bihe by’agahinda gakomeye nko guhomba, kwirukanwa ku kazi cyangwa gupfusha umuntu, kugenda n’amaguru bishobora gufasha umuntu kumva aruhutse mu mutwe no kongera gutuza.
Mu by’ukuri, nubwo abantu benshi baba bafite akazi kenshi cyangwa gahunda nyinshi, iminota 12 yo kugenda n’amaguru ntabwo iba myinshi. Ushobora kuva mu modoka hakiri intera ntoya ugakomeza n’amaguru cyangwa ukajya kugura ibintu hafi aho utagombye gutuma umuntu.
Ibi ubigize akamenyero byagufasha guhorana akanyamuneza, kugira ubuzima bwiza ndetse n’umubiri ukomeye. Siporo muri rusange ni ingenzi kuko ifasha kwirinda indwara nyinshi zirimo iz’umutima, iz’imitsi ndetse n’izindi ndwara ziterwa no kudakora imyitozo ngororamubiri.






