SOMA IYI NKURU! Umugabo umwe yagize ati”Nta mugore ugira urukundo’ areba iby’uwo mwanya gusa ! Ese wowe ubyumva ute ? Banza usome ibyo yatangaje usige igitekerezo cyawe
INKURU NYAMUKURU

SOMA IYI NKURU! Umugabo umwe yagize ati”Nta mugore ugira urukundo’ areba iby’uwo mwanya gusa ! Ese wowe ubyumva ute ? Banza usome ibyo yatangaje usige igitekerezo cyawe

Admin User2026 Gicurasi 210 byayeho29 min gusoma
SOMA IYI NKURU! Umugabo umwe yagize ati”Nta mugore ugira urukundo’ areba iby’uwo mwanya gusa ! Ese wowe ubyumva ute ? Banza usome ibyo yatangaje usige igitekerezo cyawe

Ubusanzwe urukundo ni inzira nziza uri wese aba yifuza gucamo kandi akayigumamo kuko ntawifuza kubabazwa n’uwo yahaye umutima cyangwa azawuha. Urukundo ni ijuru benshi babamo bari ku Isi kuko ariho honyine , ubonera umunezero.

Umugabo umwe anyuze ku mbuga nkoranyambaga aho UMUNSI.COM twakuye ibitekerezo bye yaranditse ati:”Amafaranga yose watakaza ku mugore, ukuri ni ‘Ibyo umugore arebaho gusa ni uwo mwanya”.

“Umugore ntabwo yita ku mbaraga n’ibitambo watakaje ejo hashize kugira ngo ube ufite ibyo wamuhaye ubu. Ntabwo yibuka , nta n’ubwo yita ku byo wakoze icyumweru gishize, cyangwa mu myaka itanu ishize. Icyingenzi kuri we ni uwo mwanya afite n’amarangamutima ye uwo mwanya”.

“Ushobora kuba umugabo wa mbere ku Isi ugira urukundo n’amarangamutima kuri we, ukaba umugabo uhozaho , utanga buri kimwe ukarusha benshi ku Isi. Ushobora kwishyura ibintu nkenerwa byose mu rugo, ukamugurira impano, ukamuha igihe ndetse n’amahoro ariko mu isegonda rimwe ibyiyumviro bye bihindutse ,ibintu byose wakoze bihinduka ubusa nk’aho bitigeze bibaho”.

“Mu maso ye akubona nk’aho wapfuye nyuma y’imyaka yose mubanye neza, yarangiza akakubaza uti’ese ubundi wamariye iki?’. Ntabwo arimo kubyivugira ubwe , ahubwo niko bateye”.

“Abagore baremye mu buryo bumva babana gusa n’abagabo bafite amafaranga , ubushobozi, imitungo cyangwa izina rikomeye muri rubanda (Women are driven by hypergamy), iyo amarangamutima ye ahindutse muri uwo mwanya arakwigarika. Ayo marangamutima agufitiye kandi arasibama muri we ukavamo wese, byose bigapfa mu isegonda”.

“Iyi niyo mpamvu udakwiriye kuzigera wangiza intego zawe, ibyo uteganya kugeraho, cyangwa ahazaza hawe. Icyingenzi mushimishe kuko nihagira undi mugabo umushimisha muri uwo mwanya, azamureba nk’uko na we yigeze ku kureba narangiza amubwire ngo ‘Ndagukunda cyane”.

Uyu mugabo wanditse ibi , yakomeje agira ati:”Ntuzigere utamba intego zawe ku bw’amarangamutima y’igihe gito y’umugore, muvandimwe. Rinda ibyo umaze kubaka , iteka. Ibi nanditse byoherereze mugenzi wawe ukeneye kubyumva”.

Muri benshi batanze ibitekerezo kuri ubu butumwa bw’uyu mugabo harimo uwitwa Sitholie wagaragaje ko ‘Iteka abagore ari bo Babara cyane amaherezo kuko ngo ntawe uba ababwiza ukuri’.

Benshi cyane hafi ya bose abarenga 284 bari bamaze gutanga ibitekerezo kuri iyi nkuru bemezaga ko ibyo uwo mugabo yavuze ari ukuri.

Ese wowe ubyumva ute ? Reba aho hasi hatangirwa ibitekerezo maze wandike igitekerezo cyawe , ufashe n’abandi kugira imyumvire itandukanye n’ishobora kuyobya abantu na cyane ko buri muntu ashobora kuba mubi cyangwa akaba mwiza bitewe n’impamvu ze bwite? TUGANIRE ! Ufite igitekerezo cyangwa ubuhamya kandi watwandikira ukabudusangiza kuri nwatsapp 0791859465

SnapInsta.to_702501708_17925983421316696_8920514349583738546_n.jpg

SnapInsta.to_700708336_17925983493316696_1846521248410912461_n.jpg

SnapInsta.to_701496143_17925983475316696_2616483229490950112_n.jpg

SnapInsta.to_700907717_17925983466316696_2441438898190673499_n.jpg

SnapInsta.to_701696769_17925983457316696_4510381269435243863_n.jpg

SnapInsta.to_698284152_17925983439316696_4101434456960350791_n.jpg

SnapInsta.to_702470378_17925983430316696_6196009772797753529_n.jpg

SnapInsta.to_702501708_17925983421316696_8920514349583738546_n.jpg

Inkuru zerekeye