Trump yise ikigwari Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani
Hanze

Trump yise ikigwari Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 150 byayeho5 min gusoma
Trump yise ikigwari Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani
Sanga:

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yanenze ku mugaragaro Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Giorgia Meloni, amushinja kutamushyigikira mu bibazo by’intambara Amerika ivuga ko ihanganyemo na Iran.

Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru cyo mu Butaliyani Corriere della Sera, Trump yavuze ko yatunguwe n’imyitwarire ya Meloni, avuga ko yamubonaga nk’umufatanyabikorwa ukomeye w’Uburayi ariko ngo yaribeshye. Yagize ati: “Natekerezaga ko ari intwari ariko naribeshyaga.”

Ibi byakurikiye amagambo Meloni yari aherutse gutangaza, yamaganaga ibitekerezo bya Trump ku bijyanye n’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi Pope Leo XIV, aho yavuze ko atemeranya n’imvugo ye ku bijyanye no gusaba ko intambara zihagarara.

Mu gusubiza, Trump yavuze ko Meloni ari we “utemewe” niba atabona ko Iran ishobora gutunga intwaro kirimbuzi zashobora guteza akaga Ubutaliyani n’isi muri rusange. Yanavuze ko bibabaje kuba atamushyigikira, kandi ko imyitwarire ye itandukanye n’uko yamubonaga mbere.

Trump yakomeje avuga ko u Butaliyani n’u Burayi muri rusange bihura n’ibibazo by’abimukira n’umutekano, anenga uburyo avuga ko Meloni adashyigikira imbaraga za NATO.

Ku rundi ruhande, hari amakuru avuga ko ku wa 14 Mata 2026, u Butaliyani bwahagaritse amasezerano y’ubufatanye mu by’umutekano na Isiraheli, harimo ibijyanye n’igisirikare n’ikoranabuhanga rya gisirikare, icyemezo cyatangajwe n’ubutegetsi bwa Meloni.

Ibi byose bigaragaza ko hari umwuka utari mwiza mu mubano w’abayobozi bombi, mu gihe ibibazo mpuzamahanga bikomeje kugira ingaruka ku mibanire y’ibihugu bikomeye.

Inkuru zerekeye