Umunsi.com
Trump yongeye gushyira hanze ifoto imugaragaza afashwe na Yezu ku rutugu
Hanze

Trump yongeye gushyira hanze ifoto imugaragaza afashwe na Yezu ku rutugu

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 163 min gusoma
Trump yongeye gushyira hanze ifoto imugaragaza afashwe na Yezu ku rutugu

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gushyira hanze ifoto yakozwe hifashishijwe ubwenge buhangano (AI), imugaragaza asa n’uri guhobwa na Yezu.

Iyi foto yayisangije abamukurikira ku rubuga rwa Truth Social ku wa 15 Mata 2026. Igaragaza ishusho isa na Yezu ihagaze inyuma ya Trump, amufashe ku rutugu no mu gituza, mu buryo bugaragaza nk’aho ari kumuhumuriza cyangwa kumushyigikira.

Mu butumwa bwaherekeje iyi foto, Trump yavuze ko nubwo hari abatayishimiye, we abona ari nziza. Iyi si yo nshuro ya mbere akoze ibintu nk’ibi, kuko aherutse no gusangiza indi foto yigize Yezu ukiza abarwayi, icyo gihe asobanura ko yashakaga kwiyerekana nk’umuntu ufasha abandi nk’umuganga.

Trump yakomeje ashimangira ko abona ari umwe mu bantu bakomeye batuma isi itarimbuka, aho yagize ati: “Iyo ntaza kuba Perezida, isi iba yarabaye umuyonga.”

Ibi bikorwa bye byaje mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikomeje gushaka uko zakemura amakimbirane zifitanye na Iran, nyuma y’intambara yatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026.

Ku wa 12 Mata 2026, habaye ibiganiro byamaze amasaha 21 hagati y’impande zombi, ariko ntibyagize umusaruro kuko batabashije kumvikana ku masezerano yo guhagarika imirwano. Amerika ivuga ko Iran yanze kuva ku mugambi wayo wo gukora intwaro za nucléaire.

Nubwo ibyo biganiro byananiranye, Trump yatangaje ko yizeye ko intambara ishobora kurangira vuba, atabanje gusubira ku gahenge k’igihe kirekire cyari cyarateganyijwe hagati y’impande zombi.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize