
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gushyira hanze ifoto yakozwe hifashishijwe ubwenge buhangano (AI), imugaragaza asa n’uri guhobwa na Yezu.
Iyi foto yayisangije abamukurikira ku rubuga rwa Truth Social ku wa 15 Mata 2026. Igaragaza ishusho isa na Yezu ihagaze inyuma ya Trump, amufashe ku rutugu no mu gituza, mu buryo bugaragaza nk’aho ari kumuhumuriza cyangwa kumushyigikira.
Mu butumwa bwaherekeje iyi foto, Trump yavuze ko nubwo hari abatayishimiye, we abona ari nziza. Iyi si yo nshuro ya mbere akoze ibintu nk’ibi, kuko aherutse no gusangiza indi foto yigize Yezu ukiza abarwayi, icyo gihe asobanura ko yashakaga kwiyerekana nk’umuntu ufasha abandi nk’umuganga.
Trump yakomeje ashimangira ko abona ari umwe mu bantu bakomeye batuma isi itarimbuka, aho yagize ati: “Iyo ntaza kuba Perezida, isi iba yarabaye umuyonga.”
Ibi bikorwa bye byaje mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikomeje gushaka uko zakemura amakimbirane zifitanye na Iran, nyuma y’intambara yatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026.
Ku wa 12 Mata 2026, habaye ibiganiro byamaze amasaha 21 hagati y’impande zombi, ariko ntibyagize umusaruro kuko batabashije kumvikana ku masezerano yo guhagarika imirwano. Amerika ivuga ko Iran yanze kuva ku mugambi wayo wo gukora intwaro za nucléaire.
Nubwo ibyo biganiro byananiranye, Trump yatangaje ko yizeye ko intambara ishobora kurangira vuba, atabanje gusubira ku gahenge k’igihe kirekire cyari cyarateganyijwe hagati y’impande zombi.



