
Yize muri California Institute of Technology, afite Master’s muri Computer Science, ariko ubuzima bwa Cole Tomas Allen bwahindutse inkuru y’isi nyuma yo gushinjwa gushaka kurasa Perezida Donald Trump, JD Vance n’abayobozi bakomeye ba Amerika mu ijoro rya White House Correspondents’ Dinner.
Mu ijoro ryo ku wa 25 Mata 2026, amaso y’isi yose yerekejwe i Washington, D.C. nyuma y’igikorwa cyahungabanije umutekano cyageragejwe muri ibyo birori byahuje abayobozi bakomeye, abanyamakuru n’ibyamamare bitandukanye.
Uwaje gushirwa mu majwi ni Allen, umugabo w’imyaka 31 ukomoka muri Torrance, California, wari uzwi nk’umuntu wize cyane kandi ufite ubuhanga mu ikoranabuhanga.
Yavukiye anakurira muri California, agaragaza ubuhanga kuva akiri muto. Yarangije muri Caltech mu 2017 mu bijyanye na Mechanical Engineering, nyuma akomereza muri California State University, Dominguez Hills aho yabonye Master’s Degree muri Computer Science mu 2025.
Abamwigishije bamuvugaga nk’umunyeshuri witwara neza, ukunda ubushakashatsi kandi ucecetse. Yigeze no gutsindira ibihembo mu bya robotics ndetse agira uruhare mu mishinga ifasha abafite ubumuga.
Mbere y’iki gikorwa, Allen yari afite ubuzima busanzwe bw’akazi, aho yakoze nk’umwarimu muri C2 Education, aba Assistant Teacher muri Caltech ndetse anaba Mechanical Engineer. Yari anafite ibikorwa byo gukora imikino ya videwo ku giti cye, kandi mu 2024 yahawe igihembo cya “Teacher of the Month”.
Amakuru y’inzego z’umutekano agaragaza ko yavuye muri California ajya i Washington D.C. mbere y’umunsi umwe, aho bivugwa ko yari afite intwaro zitandukanye zirimo imbunda ndende n’into.
Mbere yo kugerageza igitero, yanditse inyandiko igaragaza ibitekerezo bye, yoherereje abo mu muryango we, agaragaza umugambi wo kwibasira abayobozi bakuru.
Ku munsi w’ibirori, mu gihe byari bikomeje, Allen yagerageje kwinjira anyuze ahagenzurwa umutekano, asunika abashinzwe kuwucunga ndetse arasa amasasu menshi. Icyo gihe yahise ahura n’abashinzwe umutekano ba United States Secret Service, bahita bakingira Perezida Trump banamukuramo vuba aho yari ari.
Umwe mu bashinzwe umutekano yararashwe ariko ntiyagira ikibazo gikomeye, mu gihe Allen yahise afatwa atarinjira mu cyumba nyamukuru cyaberagamo ibirori.
Iperereza ryagaragaje ko ashobora kuba yaratewe n’impamvu zitandukanye zirimo kutishimira politiki ya leta, uburakari bukomeye n’ibitekerezo bikabije. Hari kandi amakuru avuga ko yari afite ibibazo by’imitekerereze byari byarigeze kugaragazwa n’abo mu muryango we.
Nubwo nta muntu wahasize ubuzima, iki gikorwa cyatumye umutekano w’abayobozi ba Amerika wongerwa cyane, kinongera impungenge ku mutekano mu birori bya politiki.
Inkuru ya Allen yasize isomo rikomeye, igaragaza ko kuba umuntu afite amashuri menshi n’ubwenge buhanitse bidahagije mu gihe ibibazo byo mu mutwe cyangwa ibitekerezo bikabije bidakurikiranwa.
Ubu ari mu maboko y’ubutabera bwa Amerika, aho ashobora gukurikiranwaho ibyaha bikomeye birimo kugerageza kwica Perezida n’abandi bayobozi bakuru ba leta.


