Umunsi.com
Bimwe mu bintu bitera ababyeyi bashya ubwoba ku bana babo kandi nyamara ari ibintu bisanzwe
Health

Bimwe mu bintu bitera ababyeyi bashya ubwoba ku bana babo kandi nyamara ari ibintu bisanzwe

KWIZERA Jean de Dieu2026 Gicurasi 176 min gusoma
Bimwe mu bintu bitera ababyeyi bashya ubwoba ku bana babo kandi nyamara ari ibintu bisanzwe

Hari ibyo umuntu utangiye kurera abona ku mwana we akagira ubwoba nyamara ntacyo bitwaye. Ubwo bwoba bukaba bunatuma rimwe na rimwe ashobora guhungabana, Twifashishije inkuru yanditswe na Uw Michou anyuze ku rubuga rwa TikTok, turagaruka kuri ibyo bintu na we wasura konte ye ukamuforowinga ukabasha kujya ukurikirana inkuru zitandukanye ashyiraho.


1.

Kuba Umwana yakwitsamura cyane: ‎ Abana b’impinja bagira amazuru mato kandi yoroshye cyane, bityo bakunze kwitsamura kugira ngo basohoremo ivumbi, amata/amashereka. Si buri gihe biba bivuze ko umwana arwaye ibicurane.

‎2.

Kuba Umwana yagira itsepfu: ‎Itsepfu ni ibintu bisanzwe cyane ku bana b’impinja kuko diaphragm yabo iba ikiri gukura. Bishobora kuba nyuma yo konsa cyangwa igihe umwana yamize umwuka.

‎3.

Gushaka konka buri kanya: ‎Hari igihe umwana ashaka konka inshuro nyinshi cyane, cyane cyane nimugoroba. Ibi ni ibisanzwe kandi bikunze kuba igihe umwana ari gukura cyane. Si ukuvuga ko amashereka yawe adahagije.



‎4. Ahantu horoshye ku mutwe w’umwana (fontanelle): ‎Aho hantu horoshye(hameze nkahatebeyemo imbere) ku mutwe w’umwana ni ibisanzwe kandi bifasha igihe cyo kuvuka no gukura kw’ubwonko. Wowe fata umwana neza gusa, ntugire ubwoba igihe ubibonye.



‎5. Uruhu rw’umwana rumeze nkurwikiraho, rushishuka: Abana benshi b’impinja bakoboka uruhu mu minsi cyangwa ibyumweru bya mbere nyuma yo kuvuka. Uruhu rwabo ruba rwimenyereza ubuzima bwo hanze.



‎6. Gusinzira mu buryo budasanzwe, agenda ahinduranya ibihe byo gusinzira: Ugasanga kumanywa aba Asinziye, nijoro akarara areba, Abana b’impinja bakanguka kenshi kugira ngo bonswe kandi bagasinzira amasaha make make. Ntibaba bazi itandukaniro ry’amanywa n’ijoro.



‎7. Guhinduka kw’umwanda umwana yituma: Umwanda w'umwana ushobora guhindura ibara, uko usa n’inshuro uza bitewe n’iminsi afite cyangwa uko agaburirwa. Umuhondo, icyatsi cyangwa kwituma kenshi byose bishobora kuba ibintu bisanzwe.



‎8. Gushikagurika: ‎Hari igihe umwana aba aryamye ukabona ahise akanguka cyangwa arambuye amaboko cyangwa agakanguka atunguwe yari yasinziye. Ibi byitwa Moro reflex kandi ni ibisanzwe cyane.



‎Si ibintu byose biteye ubwoba biba ari ikibazo gikomeye, ariko igihe cyose hari ikiguhangayikishije cyane, hamagara cyangwa ubaze muganga wawe kugira utekane.


best-baby-products-of-2019. jpg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize