Umunsi.com
Indwara y’ibicurane, menya uko wayirinda nuko wakwivura
Health

Indwara y’ibicurane, menya uko wayirinda nuko wakwivura

Admin User2026 Gicurasi 2314 min gusoma
Indwara y’ibicurane, menya uko wayirinda nuko wakwivura

Muri iyi minsi kubera ihinduka ry’ikirere ari abakuru ndetse n’abato bari kurwara ibicurane. Ibicurane ni indwara yandura, yibasira imyanya y’ubuhumekero; mu mazuru, umuhogo no mu bihaha, iterwa na virus yitwa myxovirus influenza cyangwa influenzavirus, yandurira mu mwuka igihe uyirwaye yitsamuye, avuze, cyangwa mu matembabuzi nk’amacandwe. Virusi ya influenza bitewe n’igihe cy’umwaka igenda ihindagurika.

Indwara y’ibicurane ikunda kwiganza mu gihe cy’ivumbi cyangwa imvura cyane, yibasira cyane abantu badafite ubudahangarwa bukomeye, abana bari munsi y’imyaka 5, abagore batwite, abakuze cyane, abarwaye indwara zigabanya ubudahangarwa nk’asima, umutima, impyiko na diyabete ndetse n’ababyibushye birenze urugero; barengeje BMI ya 40, cyangwa bafite ibindi bibazo bigabanya ubudahangarwa.

Niki gitera ibicurane? Virusi zitera ibicurane zikwirakwira binyuze mu mwuka cyangwa umuyaga, uyirwaye ayanduza binyuze mu kuvuga, gukorora cyangwa kwitsamura. Ushobora guhura n’izo virusi ako kanya cyangwa zikaba zanyura mu kindi kintu uyirwaye yakozeho nka telephone cyangwa ikindi gikoresho hanyuma ukikora mu mazuru, mu maso cyangwa mu kanwa. 

Gukaraba-intoki-.jpg

Ufite iyi virusi ashobora kuyanduza kabone nubwo ibimenyetso byaba bitaragaragara kuri we, kugeza ku minsi 5 nyuma yuko ibimenyetso bibonetse. Bitewe n’umuntu hari n’abashobora kwanduza nyuma y’iminsi 10 ibimenyetso bigaragaye.

Ibimenyetso by’iyi ndwara bikunda kuboneka mu gihe gito umuntu akimara kwandura. Bimwe mu bimenyetso bigaragara cyane harimo umuriro uri hejuru akenshi urenga degree 39 cyangwa 40, kumva umerewe nabi mu mubiri no gucika intege, kubabara umutwe, inkorora itazana igikororwa no kokera mu muhogo. Abantu benshi barwaye iyi ndwara barakira nyuma y’icyumweru 1 cyangwa 2 bidasabye imiti. Ku bantu bakuze cyane, abato cyangwa ababura ubudahangarwa bukomeye hari igihe hashobora kuririraho izindi ndwara zikomeye nk’umusonga bikaba byakurura urupfu.

Hari ibintu bimwe na bimwe byongera ibyago byo kwibasirwa n’ibicurane. Imyaka ni kimwe muri byo kuko ibicurane biza bitewe n’igihe cy’umwaka byibasira cyane abana bato n’abakuze cyane. Abantu bakunze kuba ahantu haba abantu benshi nabo bakunda kwibasirwa n’ibi bicurane. Ubudahangarwa bworoshye ku bantu barwaye kanseri, SIDA, cyangwa bari ku miti yindi y’indwara zikomeye nabo bakunda kwibasirwa. Hari kandi indwara zikomeye nka asima, diyabete n’indwara z’umutima. Abagore batwite cyane cyane abageze mu gihembwe cya 2 n’icya 3 bari mu bibasirwa cyane, kimwe n’abantu bafite BMI ya 40 no hejuru.

Mu gihe urwaye ibicurane, hari ibyo wakora byagufasha guhangana n’iyi ndwara. Ushobora kunywa amazi n’ibindi bisukika byinshi nk’icyayi, imitobe, igikoma n’ibindi, aho wibanda ku bintu bishyushye cyane mu rwego rwo kurwanya umwuma mu mubiri. Kuruhuka neza kandi bihagije bifasha ubudahangarwa bwawe kugira imbaraga zo kurwanya izi virusi. Ushobora kandi gufata imiti yoroshya ibimenyetso. 

Mu gihe wumva ufite umuriro cyangwa warwaye umutwe ushobora gukoresha paracetamol, ibuprofen cyangwa aspirin, gusa ku bana bato n’abakiri urubyiruko ntibagomba gufata aspirin. Ushobora no kwifashisha imiti irwanya ubwivumbure bw’umubiri, myinshi ikaba iba ari uruvange rw’imiti izimya umuriro hamwe n’iyivura ubwo bwivumbure. Ikunze kuboneka ni nka Coldcap, Doliprex, Febrilex, Dacold, Fervex, Paidoterin, Flucoldex hamwe n’indi inyuranye ikaba habaho iy’abakuru n’abato.

umugore-urwaye-ibicurane-.jpg

Hari uburyo ushobora kurwanya no kugabanya ikwirakwira ry’ibicurane. Gukaraba intoki ni uburyo bwiza bwo kurwanya ikwirakwira ry’indwara nyinshi zitandukanye, ushobora gukoresha amazi n’isabune cyangwa ugakoresha imiti yabugenewe yo kogesha intoki iboneka muri za farumasi hirya no hino. 

Ugomba gupfuka ku mazuru mu gihe witsamura no ku munwa mu gihe ukorora. Ibi bifasha abandi mu gihe urwaye, bikurinda gukwirakwiza virusi zanduza ibicurane. Irinde kujya mu ruhame ahari abantu benshi. Mu gihe indwara y’ibicurane yiganje cyane, bikwirakwira byoroshye ahantu hose hari abantu benshi nko ku mashuri, mu bigo bitandukanye cyangwa ibiro no mu modoka rusange. Mu gihe urwaye, gerageza byibuze kuguma mu rugo umunsi 1 kugira ngo ugabanye kuba wakwanduza abandi.

flu.jpg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize