Kenya: Imyigaragambyo yo kwamagana izamuka ry'ibiciro bya lisansi yahagaritswe
Hanze

Kenya: Imyigaragambyo yo kwamagana izamuka ry'ibiciro bya lisansi yahagaritswe

KWIZERA Jean de Dieu2026 Gicurasi 190 byayeho3 min gusoma
Kenya: Imyigaragambyo yo kwamagana izamuka ry'ibiciro bya lisansi yahagaritswe

Abashinzwe gutwara abantu n’ibintu muri Kenya batangaje ko bahagaritse imyigaragambyo yari imaze iminsi ibera hirya no hino mu gihugu, nyuma y’ibiganiro bagiranye na leta ku kibazo cy’izamuka ry’ibiciro bya lisansi.

Abahagarariye urugaga rw’abatwara abantu n’ibintu bavuze ko bahisemo guhagarika iyo myigaragambyo mu gihe cy’iminsi irindwi kugira ngo habeho amahirwe yo gukomeza ibiganiro na guverinoma hagamijwe gushaka umuti urambye ku kibazo cy’ibiciro bikomeje kuzamuka.

Hagati aho, ishami rishinzwe iperereza ku byaha (DCI) muri Kenya ryatangaje ko rimaze guta muri yombi abantu barenga 710 bakekwaho uruhare mu myigaragambyo yabaye ku wa mbere, yari igamije kwamagana izamuka ry’ibiciro bya lisansi.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’inzego z’umutekano, havuzwe ko abazagaragaraho ibikorwa by’urugomo cyangwa ibindi byaha mu gihe cy’imyigaragambyo bazakurikiranwa mu buryo bukomeye.

Iryo tangazo ryasobanuye ko nubwo abaturage bafite uburenganzira bwo guteranira hamwe no gutanga ibitekerezo byabo mu mahoro, ibikorwa birimo ubusahuzi, gutwika imitungo, gufunga imihanda, gusenya ibikorwa remezo, gutera abapolisi cyangwa abashoferi, ndetse n’ibindi bishobora gushyira ubuzima bw’abantu mu kaga bifatwa nk’ibyaha bikomeye.

Nk’uko DCI yabitangaje, iperereza ku byabaye riracyakomeje, kandi abafashwe bakomoka mu bice bitandukanye by’igihugu. Mu karere ka Rift Valley hafatiwe abantu 259, i Nairobi hafatirwa 189, muri Kenya yo hagati hafatirwa 142, mu Burasirazuba hafatirwa 103, naho mu Burengerazuba no ku nkombe z’igihugu hafatirwa abantu 10.

DCI yavuze kandi ko benshi mu bakekwaho ibyaha bamaze kugezwa imbere y’inkiko kugira ngo baburanishwe ku byaha bakekwaho.

Iyi myigaragambyo yo kwamagana izamuka ry’ibiciro bya lisansi yari yinjiye ku munsi wayo wa kabiri mbere y’uko ihagarikwa by’agateganyo mu rwego rwo guha umwanya ibiganiro hagati y’impande zombi.


Inkuru zerekeye