Umunsi.com
Menya ibintu 11 bitangaje n'akamaro k'inyanya ku ruhu, ku musatsi no ku buzima bwawe
Health

Menya ibintu 11 bitangaje n'akamaro k'inyanya ku ruhu, ku musatsi no ku buzima bwawe

Admin User2026 Gicurasi 2321 min gusoma
Menya ibintu 11 bitangaje n'akamaro k'inyanya ku ruhu, ku musatsi no ku buzima bwawe

Abantu bakunda gukoresha inyanya cyane ko zibahereza ubushobozi bwo kuba bakwirinda indwara zitandukanye zirimo indwara ya Kanseri, Diyabete ndetse n’indwara y’umutima.

Ubushakashatsi bwiswe 'Solanum lycopersicum' bwasanze inyanya iyo zihinzwe ahantu runaka zizana ikirere cyiza, ndetse zigafasha n’abahaturiye kutagira ibiro byinshi cyangwa ngo barware indwara y‘umuvuduko w’amaraso. Inyanya burya zifasha mu ishyirwa mu bikorwa ry’intumbero wifitemo. Zifasha abagore batwite kugira ubuzima bwiza ndetse no kubyara neza.

TUREBERE HAMWE AKANDI KAMARO K'INYANYA

  1. ZIFASHA MU KWIRINDA INDWARA YA KANSERI

Binyuze mu bushakashatsi bwakozwe n’ikigo ‘American Institute For Cancer Research’ ngo mu nyanya habamo ‘lycopene’ isanzwe iba no mu mbuto zitandukanye ikifashishwa mu kurwanya Kanseri iyo ariyo yose mu mubiri w’umuntu. Ubushakashatsi bwinshi bwakozwe bugaragaza ko umuntu ukoresha inyanya ubusanzwe aca ukubiri n’indwara zinyuranye kimwe na Prostate ikunda kwibasira abagabo.

  1. ZIFASHA MU KUGABANYA UMUVUDUKO W’AMARASO

Iyi lycopene igaragara mu nyanya ifasha mu kugabanya umuvuduko w’amaraso. Inyanya zikungahaye kuri Potassium nayo izwiho kugabanya umuvuduko w’amaraso. Potassium igabanya Sodium ziba mu mubiri bivuze ko ingano ya Potassium wakoresheje ari nayo ngano ya Sodium watakaje uri kwihagarika. American Heart Association igaragaza ko ku bantu bakuru byibura ku munsi bagafashe Potassium ingana na mg 4,700 itagomba kurenga kuko iyo ibaye nyinshi yangiza impyiko.

Mu gihugu cya Isiraheli ho inyanya zikoreshwa kwa muganga mu kuvura abarwayi bafite ikibazo cy’umuvuduko w’amaraso. Zikungahaye kuri Vitamini C nayo yifashishwa n’abafite umuvuduko w’amaraso.

p04w46sp-782611583047766.jpg
  1. ZIFASHISHWA N’UMUNTU USHAKA GUTAKAZA IBIRO

Ubushakashatsi bwakozwe n’abashinwa bwagaragaje ko inyanya zifashishwa n’abantu bafite ikibazo cy’umubyibuho ukabije, ibiro byinshi,…

  1. ZIFASHA URUHU KUMERA NEZA NO KUGIRA UMUSATSI MWIZA

Inyanya ni ikiribwa cyiza cyane kuko cyifitemo umuti ukomeye. Zifasha mu kwirinda ubusembwa bw’uruhu burimo: ibiheri, gukanyarara k'uruhu,… ndetse burya zifasha uwaziriye kuba yakwishimirwa n’uwo bari kuganira kuko zigabanya ingano y’amavuta agaragara mu maso.

Icyo usabwa gukora ni ukuvanga umutobe w’inyanya ubwazo na concombre, hanyuma ukajya usiga mu maso hawe uko umaze gukaraba. Ubushakashatsi bwagaragaje ko kurya inyanya birinda uruhu guhungabanywa n’izuba.

1111111111111-4892251583047091-3466321583056465.jpg
  1. INYANYA NI NZIZA MU GIHE CYO GUTWITA KU BAGORE

Ubundi Vitamin C ni yo abagore bakenera cyane iyo bageze mu gihe cyo gutwita kugira ngo bagire ubuzima bwiza kimwe n'ubw’abana baba batwite. Inyanya burya zifasha mu kuremwa kw’amagufa, amenyo n’ibijigo. Iyi Vitamin C igaragara mu itomati ifasha kwinjiza Iron nayo ikenerwa cyane n’abagore batwite.

pregnancy-1-9239061583047091.jpg
  1. ZIGABANYA INGARUKA ZO KUNYWA ITABI

Kunywa itabi bigabanya ingano ya Vitamin C mu mubiri w’urinywa. Iyo rero ukoresha inyanya birafasha cyane ubutandukanye n'utazirya nubwo uba umeze nk’umuntu uvomera mu gitete. Ni nziza ku banywi b’itabi.

Tugendeye ku bushakashatsi bwakozwe n'ikigo cyitwa “National Institutes Of Health” cyemeje ko niba abantu batanywa itabi bagomba byibura gufata mg 75 kuri 90 za Vitamin C ni ukuvuga ko abanywa itabi bo bagomba kurenzaho mg 35. G100 z’inyanya ziba zifitemo byibura 13.7mg bya Vitamin C.

22smoking-superjumbo-6436871583047090.jpg
  1. ZIFASHA MU ISHYIRWA MU BIKORWA BY’INTEGO ZAWE (VISION)

Zikungahaye kuri Vitamin A nk’uko twabibonye hejuru. Iyi Vitamin A ifasha mu kongerera amaso ubushobozi. Ikora neza ry’amaso yawe burya biva kuri Vitamin A wifitemo kuko uramutse utayifite wahuma burundu ibyo rero bigatuma dufata itomate nk’imwe mu ntwaro ikomeye mu kugera ku ntego zacu.

Nk’uko twabibonye lycopene nayo igira ingaruka nziza ku maso. Copper dusanga mu nyanya nayo ifatanya na Vitamin C bigatanga ubudahangarwa bw’amaso yacu.

  1. ZIFASHA MU KURWANYA INDWARA YA DIABETE

American Diabetes Association yemeje ko inyanya zifasha cyane abarwayi ba Diabetes binyuze muri Vitamin C na E zibamo.

tomato-for-face-8129821583048487.jpg
  1. KUNYWA UMUTOBE W’INYANYA BITUMA WIHAGARIKA NEZA NTABURIBWE KU BO BIBAHO

  2. ZIKOMEZA AMAGUFA

Nk’uko bigaragazwa na Daily Telegraph, ngo gufata ikirahuri cy’umutobe w’inyanya ku munsi bishobora gutuma amagufa yawe akomera cyane binyuze muri Vitamin K na Vitamin D dusanga mu nyanya.

  1. ZONGERERA UBUSHOBOZI INTANGA NGABO

NI GUTE WASHYIRA INYANYA MU BYO KURYA BYAWE?

Ese ukunda umureti? Niba igisubizo cyawe ari yego, uyu munsi ntuwuteke udashyizemo n’inyanya.

• Isosi ni nziza ku meza. Ushobora kwitegurira isosi y’inyanya gusa nta kindi uvanzemo.

• Ushobora kwitegurira Salsa yawe ukoresheje inyanya.

• Ushobora kuzongera no muri salad yawe nabyo bijya biba byiza.

SRC: www.stylecraze.com

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize