Umunsi.com
Reka tubakumbuze kuri El Classico Beach Chez West, iwabo w’amafi n’isambaza biteguwe neza
Health

Reka tubakumbuze kuri El Classico Beach Chez West, iwabo w’amafi n’isambaza biteguwe neza

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 1811 min gusoma
Reka tubakumbuze kuri El Classico Beach Chez West, iwabo w’amafi n’isambaza biteguwe neza

El Classico Beach Chez West ni hamwe mu hantu heza ho gusohokera mu Rwanda, haherereye ku nkengero z’Lake Kivu mu Karere ka Rubavu District, hafi y’uruganda rwa BRALIRWA ahazwi nko kuri Brasserie. Ni ahantu huzwiho gutanga serivisi nziza zituma abahasuye bahora bahifuza kongera kuhagaruka.

Iyi bar na restaurant yamaze kubaka izina rikomeye mu kwakira neza abayigana, ibikesha uburyo bwihariye itegura amafunguro aryoshye, cyane cyane amafi mashya akurwa mu kiyaga cya Kivu agategurirwa aho nyine.

Ku bakunda ibiryo by’umwihariko, El Classico Beach igufitiye ifi ku mafaranga 8,000 Frw, mu gihe “Big Fish” igura 10,000 Frw, ikazanwa n’ifiriti n’ibindi birungo bituma igira uburyohe budasanzwe.

Uretse amafunguro, hari n’ibindi bikorwa bishimisha nko gutembera mu kiyaga cya Kivu ukoresheje ubwato bwihuta (Speed Boat), bigatuma abahasohokeye barushaho kwidagadura no kwishimira ibihe byiza.

485783676_963789092624579_1219549148165675972_n.jpg

Ku bashaka gucumbika, El Classico Apartment itanga amacumbi meza ari ku nkengero z’ikiyaga, by’umwihariko ku bari mu kwa buki, aho bahabwa ifunguro rya mu gitondo ku buntu ndetse bagatemberezwa mu kiyaga cya Kivu batishyuye.

Waba ushaka gusohokana n’umukunzi wawe, umuryango wawe cyangwa inshuti, El Classico Beach Chez West ni amahitamo meza ku bashaka serivisi nziza n’ahantu heza ho kuruhukira.

Ushobora kubahamagara cyangwa kubandikira kuri WhatsApp ukoresheje nimero: 0783256132.

485889396_963788902624598_7325872402053255198_n.jpg

514322666_1039531935050294_4232623575195605523_n.jpg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize