Umunsi.com
Sobanukirwa indwara yo kubura umwuka mu gihe usinziriye
Health

Sobanukirwa indwara yo kubura umwuka mu gihe usinziriye

Admin User2026 Gicurasi 239 min gusoma
Sobanukirwa indwara yo kubura umwuka mu gihe usinziriye

Kubura umwuka mu gihe usinziriye (sleep apnea) ni ikibazo kibaho guhumeka bigahagarara, gusa biba akanya gato, mu gihe usinziriye. Iyo bibaye ugenda ukanguka wongera usinzira kugira ngo ubashe kubona umwuka.

Abantu bafite iki kibazo, iyo bitavuwe, bigenda bikura, nuko uko

kubura-umwuka-mu-gihe-usinziriye--696x394.jpg

 usinziriye ukabura umwuka, bishobora kubaho inshuro nyinshi mu ijoro mu gihe usinziriye. Bityo ubwonko kimwe n’ibindi bice by’umubiri bikabura umwuka mwiza wa oxygen.

Kubura umwuka mu gihe usinziriye biterwa n’iki? Uku kubura umwuka kuri mu bwoko 2.

Obstructive sleep apnea: Ubu nibwo bwoko bukunze kugaragara cyane mu bantu benshi. Uku kubura umwuka biba byatewe no kwifunga kw’imiyoboro inyuramo umwuka mu gihe usinziriye.

Central sleep apnea: Bitandukanye n’uburyo bwa mbere tumaze kubona, aha ho si inzira zinyuramo umwuka ziba zifunze, ahubwo ni ubwonko. Ubwonko twavuga ko bwibagirwa gutegeka imikaya ishinzwe guhumeka, ahanini bitewe n’imikorere mibi y’ibice bicunga guhumeka by’ubwonko.

Ni bande bafite ibyago byo kwibasirwa n’iki kibazo? Kubura umwuka mu gihe usinziriye bishobora kwibasira buri wese, hatitawe ku myaka cyangwa ikindi. Gusa hari abantu baba bafite ibyago byo kwibasirwa kurusha abandi.

Bikunze kuba cyane ku gitsina gabo. Kuba ubyibushye cyane. Mu muryango wanyu hari abandi bigira iki kibazo. Kuba ufite ibibazo byo mu gifu cyane cyane kugaruka kw’ibyageze mu gifu. Gufungana mu mazuru, allergies ndetse na sinizite. Kuba urengeje imyaka 40. Iyo ufite ijosi rirerire, ururimi rurerure cyangwa se amajigo mato.

Ni izihe ngaruka zo kubura umwuka mu gihe usinziriye? Iyo iki kibazo kidakurikiranywe ngo kivurwe hakiri kare, bishobora guteza ibibazo bitandukanye bikomeye ku buzima harimo:

Indwara y’umuvuduko ukabije w’amaraso, stroke, diyabete, umutwe udakira, kwigunga bikabije, umutima ushobora guhagarara gutera cyangwa ugatera nabi cyangwa se ukaba wakwibasirwa n’izindi ndwara ziwangiza, ndetse n’indwara yo gucanganyikirwa no kutagira icyo witaho.

Usibye ibi kandi, mu gihe ubura umwuka mu gihe usinziriye, bishobora kugira ingaruka ku mikorere yawe ya buri munsi yaba ku kazi cyangwa se ku ishuri.

Niba ufite umwana ufite iki kibazo ni ngombwa kumuvuza hakiri kare, kuko iyo atavuwe bishobora gutuma atsindwa cyane mu ishuri no kuba yagira ibindi bibazo mu buzima.

agakoresho-gafasha-guhumeka-neza-mu-gihe-uryamye-.jpg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize