Umunsi.com
U Burusiya ntibukozwa ibyo gukomeza agahenge mu ntambara ya Ukraine
Hanze

U Burusiya ntibukozwa ibyo gukomeza agahenge mu ntambara ya Ukraine

Chief Editor2026 Mata 136 min gusoma
U Burusiya ntibukozwa ibyo gukomeza agahenge mu ntambara ya Ukraine

U Burusiya bwatangaje ko budateze kongera igihe cy’agahenge ku ntambara buhanganyemo na Ukraine, kari kashyizweho mu gihe cya Pasika y’Aba-Orthodox, mu gihe Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, ataragaragaza ubushake bwo kwemera ibyo busabwa n’i Moscow.

Mu byifuzo u Burusiya bwakunze kugaragaza harimo ko Ukraine igomba kureka bimwe mu bice byayo, kwirinda kujya mu muryango wa OTAN, kugabanya ingabo ndetse n’izindi ngingo zirebana n’umutekano.

Mu kiganiro cyatambutse ku wa 12 Mata 2026, Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida w’u Burusiya, Dmitry Peskov, yavuze ko amahoro arambye ashoboka gusa igihe Ukraine yemeye ibyo igihugu cye gisaba.

Yagize ati, amahoro arambye ashobora kugerwaho igihe u Burusiya rubonye ibyo rushaka kandi rukagera ku ntego rwihaye kuva mu ntangiriro z’iyi ntambara. Yongeyeho ko ibyo bishoboka kugerwaho vuba, ariko bikaba bisaba ko Zelensky yemera ibisubizo bihari.

Yakomeje ashimangira ko mu gihe ibyo u Burusiya busaba bitakwemerwa, ibikorwa bya gisirikare bizakomeza nyuma y’uko igihe cy’agahenge kirangiye.

Ku rundi ruhande, Ukraine n’u Burusiya byakomeje gushinjanya kutubahiriza agahenge k’amasaha 32 kari kashyizweho mu gihe cya Pasika y’Aba-Orthodox, kuva ku wa Gatandatu nijoro kugeza ku Cyumweru nijoro.

Ingabo za Ukraine zatangaje ko u Burusiya bwarenze kuri ako gahenge inshuro zirenga 2.299 guhera mu gitondo cyo ku wa 12 Mata, zirimo ibitero 28, amasasu yarashwe inshuro 479 ndetse n’ibitero bya drones bigera ku 1.800.

Na ho u Burusiya, binyuze muri Minisiteri y’Ingabo yabwo, bwavuze ko na Ukraine yakoze ibikorwa byinshi byo kutubahiriza ako gahenge, bivugwa ko byarenze 2.000.

Ibi byose bikomeje kongera umwuka mubi hagati y’impande zombi, bikerekana ko amahirwe yo kugera ku mahoro arambye akiri kure.

2023-01-15t163257z_2096990593_rc2yqy948bz0_rtrmadp_3_ukraine-crisis-bakhmut-frontline-scaled-e1674001344827-1024x683-a4fde.jpg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize