
Minisitiri w’Intebe wa Greenland, Jens-Frederik Nielsen, yasabye ibihugu bigize NATO guhagurukira hamwe bigashyira imbere iyubahirizwa ry’amategeko mpuzamahanga, asubiza amagambo yavuzwe na Donald Trump wagaragaje uko abona iki kirwa.
Ibi bije mu gihe kuva ku wa 28 Gashyantare 2026, ubwo hatangiraga intambara muri Iran, Trump yakunze kunenga ibihugu bya OTAN, avuga ko bitamuhaye ubufasha mu bya gisirikare nk’uko yabiteganyaga.
Mu magambo ye, Trump yigeze gusuzugura Greenland ayita ikirwa cy’urubura kiyobowe nabi. Ibi byateye Nielsen kubisubiza ashimangira ko atari agace gato katagira agaciro, ahubwo ari igihugu gituwe n’abaturage barenga ibihumbi 57 bafite ishema n’ubuzima busanzwe nk’ahandi ku Isi.
Mu kiganiro yagiranye na Reuters, Nielsen yavuze ko ari ngombwa kubahiriza amategeko yashyizweho nyuma y’Intambara ya Kabiri y’Isi, harimo kubaha ubusugire bw’ibihugu n’imipaka yabyo.
Yagize ati ibihugu bikwiye gufatanya kurengera ayo mahame, kuko kuri ubu hari ibimenyetso bigaragaza ko ashobora kutitabwaho uko bikwiye.
Mu mpera za 2025, umubano hagati ya United States n’u Burayi wajemo agatotsi kubera kutumvikana ku hazaza ha Greenland. Amerika yagaragaje ko ishaka kuyomeka ku butaka bwayo, mu gihe ibihugu by’i Burayi bishyigikiye ko iguma mu maboko ya Denmark ariko ifite ubwigenge busesuye.
Mu ntangiriro za 2026, Trump yigeze gutekereza kohereza ingabo muri Greenland, ariko aza kubivamo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Umunyamabanga Mukuru wa OTAN, Mark Rutte.
Kugeza ubu, ibiganiro hagati ya Greenland, Amerika na Denmark biracyakomeje, bigamije kumenya ejo hazaza h’iki kirwa gifite akamaro kanini mu bijyanye n’umutekano, cyane cyane mu nyanja ya Arctic. Amerika ivuga ko ishaka kugikoresha mu gukumira ibibazo by’umutekano byaturuka ku bihugu nka Russia na China, ivuga ko Denmark ishobora kutabasha kubicunga neza.




