Huye: Umusozi wiciweho abasaga ibihumbi 75 ugiye kubakwaho inzu y’amateka
Inkuru ku Rwanda

Huye: Umusozi wiciweho abasaga ibihumbi 75 ugiye kubakwaho inzu y’amateka

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 120 byayeho6 min gusoma
Huye: Umusozi wiciweho abasaga ibihumbi 75 ugiye kubakwaho inzu y’amateka

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe Minegidatsimburwa, rigizwe n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abafite ababo biciwe ku musozi wa Karama, bwatangaje ko hateganyijwe kubakwa inzu y’amateka igamije gusigasira no guha agaciro ibyahabereye.

Aho iyi nzu izubakwa ni hafi y’Urwibutso rwa Jenoside rwa Karama ruherereye mu Karere ka Huye District, mu Kagari ka Gahororo, Umurenge wa Karama.

Amateka agaragaza ko aka gace kabayemo Jenoside ndengakamere, aho Abatutsi barenga ibihumbi 110 bahahungiye baturutse mu ma komine icyenda zo mu yahoze ari Perefegitura za Butare na Gikongoro. Mu gihe cy’icyumweru kimwe bahamaze, bishwe mu buryo bw’agashinyaguro ku wa 21 Mata 1994, kuva mu gitondo kugeza nimugoroba.

Abasaga ibihumbi 75 bahasize ubuzima, mu gihe abarokotse batarenze ibihumbi bitatu. Hari n’abandi benshi bishwe bari mu nzira bahunga berekeza i Burundi.

Umuyobozi wa Minegidatsimburwa, Shyaka Cyprien, yavuze ko impamvu nyamukuru yo kubaka iyi nzu y’amateka ari ukwerekana uburemere bw’ibyahabereye, harimo umubare munini w’abahiciwe n’uburyo Jenoside yakoranywe ubugome bukabije.

Yagaragaje ko Karama yari agace kiganjemo Abatutsi cyane, hashingiwe ku ibarura ryo mu 1980, kandi ko abahungiyeyo bari bizeye umutekano bitewe n’uko Perefe wa Butare icyo gihe, Dr. Habyarimana, atari ashyigikiye Jenoside.

Icyakora, bamwe mu bayobozi b’aho hantu, barimo uwari Burugumesitiri Hategekimana Déogratias, bashutse impunzi babizeza umutekano, bituma benshi bahahurira ari benshi, biza kubagiraho ingaruka zikomeye.

Muri aka gace kandi Jenoside yakoreshejwemo uburyo bwihariye bw’ubugome, harimo kuroga amazi n’igikoma byahabwaga impunzi, cyane cyane abana, kugira ngo bicwe batatabarwa.

Iyi nzu y’amateka izaba irimo n’ibice byerekana amateka y’abo bita ababaye ruharwa bagize uruhare muri Jenoside y’i Karama, ndetse n’ibimenyetso by’ibyahabereye.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yavuze ko inyigo y’uyu mushinga yamaze gukorwa, hasigaye gushakirwa ingengo y’imari kugira ngo utangire gushyirwa mu bikorwa.

Biteganyijwe ko iyi nzu izuzura itwaye amafaranga angana na miliyoni 438 Frw, ikazubakwa mu byiciro bitatu, kandi ikazaba yujuje ibisabwa ku nzibutso zo ku rwego rw’akarere.

uko_iyi_nzu_y_amateka_yo_ku_rwibutso_rwa_karama_izaba_imeze_uyirebeye_mu_rubavu-040a4.jpg

Inkuru zerekeye