Umunsi.com
Huye: Umusozi wiciweho abasaga ibihumbi 75 ugiye kubakwaho inzu y’amateka
Inkuru ku Rwanda

Huye: Umusozi wiciweho abasaga ibihumbi 75 ugiye kubakwaho inzu y’amateka

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 126 min gusoma
Huye: Umusozi wiciweho abasaga ibihumbi 75 ugiye kubakwaho inzu y’amateka

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe Minegidatsimburwa, rigizwe n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abafite ababo biciwe ku musozi wa Karama, bwatangaje ko hateganyijwe kubakwa inzu y’amateka igamije gusigasira no guha agaciro ibyahabereye.

Aho iyi nzu izubakwa ni hafi y’Urwibutso rwa Jenoside rwa Karama ruherereye mu Karere ka Huye District, mu Kagari ka Gahororo, Umurenge wa Karama.

Amateka agaragaza ko aka gace kabayemo Jenoside ndengakamere, aho Abatutsi barenga ibihumbi 110 bahahungiye baturutse mu ma komine icyenda zo mu yahoze ari Perefegitura za Butare na Gikongoro. Mu gihe cy’icyumweru kimwe bahamaze, bishwe mu buryo bw’agashinyaguro ku wa 21 Mata 1994, kuva mu gitondo kugeza nimugoroba.

Abasaga ibihumbi 75 bahasize ubuzima, mu gihe abarokotse batarenze ibihumbi bitatu. Hari n’abandi benshi bishwe bari mu nzira bahunga berekeza i Burundi.

Umuyobozi wa Minegidatsimburwa, Shyaka Cyprien, yavuze ko impamvu nyamukuru yo kubaka iyi nzu y’amateka ari ukwerekana uburemere bw’ibyahabereye, harimo umubare munini w’abahiciwe n’uburyo Jenoside yakoranywe ubugome bukabije.

Yagaragaje ko Karama yari agace kiganjemo Abatutsi cyane, hashingiwe ku ibarura ryo mu 1980, kandi ko abahungiyeyo bari bizeye umutekano bitewe n’uko Perefe wa Butare icyo gihe, Dr. Habyarimana, atari ashyigikiye Jenoside.

Icyakora, bamwe mu bayobozi b’aho hantu, barimo uwari Burugumesitiri Hategekimana Déogratias, bashutse impunzi babizeza umutekano, bituma benshi bahahurira ari benshi, biza kubagiraho ingaruka zikomeye.

Muri aka gace kandi Jenoside yakoreshejwemo uburyo bwihariye bw’ubugome, harimo kuroga amazi n’igikoma byahabwaga impunzi, cyane cyane abana, kugira ngo bicwe batatabarwa.

Iyi nzu y’amateka izaba irimo n’ibice byerekana amateka y’abo bita ababaye ruharwa bagize uruhare muri Jenoside y’i Karama, ndetse n’ibimenyetso by’ibyahabereye.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yavuze ko inyigo y’uyu mushinga yamaze gukorwa, hasigaye gushakirwa ingengo y’imari kugira ngo utangire gushyirwa mu bikorwa.

Biteganyijwe ko iyi nzu izuzura itwaye amafaranga angana na miliyoni 438 Frw, ikazubakwa mu byiciro bitatu, kandi ikazaba yujuje ibisabwa ku nzibutso zo ku rwego rw’akarere.

uko_iyi_nzu_y_amateka_yo_ku_rwibutso_rwa_karama_izaba_imeze_uyirebeye_mu_rubavu-040a4.jpg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize