Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido
INKURU NYAMUKURU

Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 73 min gusoma
Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido

Umuhanzi Diamond Platnumz uri mu bakomeye muri Tanzania, ntabwo yazuyaje mu kwishyura agera kuri 8,821,692 Rwf kugira ngo ahure na kimwe mu byamamare muri muzika y’Isi Ne-Yo ndetse ngo yishyure n’andi menshi mu guhura na Davido wo muri Nigeria.

Si ubwa mbere Diamond Platnumz, avuzweho kwishyura amafaranga menshi ku muntu wi’cyamamare agamije ko bahura gusa , dore ko benshi mu byamamare bakoranye imishinga bagiye bavugwaho kumwishyuza akayabo k’amafaranga na we hamwe n’abamufasha bakemera kuyatanga.

Ibyo kwishyura agera kuri 8,821,692 Rwf byagarutsweho na Sally SK n’umwe mu bafasha Diamond Platnumz mu bikorwa bye bya muzika mu ndirimbo yitwa ‘Marry Me’ bakoranye muri 2017. Ayo mafaranga yishyuwe na Diamond Platnumz hamwe n’abamufasha muri muzika , bemeza ko yamufashije gukorana iyo ndirimbo ndetse akamuha na zimwe mu nama zamufashije mu mishinga itandukanye yagiye akora nyuma. Sally yagize ati:”Nageze muri Kenya ubwanjye ngambiriye guhura na Ne-Yo hamwe na Diamond Platnumz.

Afite abamufasha muri muzika bari ku rwego rwo hejuru”. Sally avuga ko ari we wishyuye ayo mafaranga ndetse muri Hotel agatakazamo agera kuri $2,000 agera kuri (2,940,564 Rwf). Ati:”Ijoro rimwe muri Hotel, nishyuye agera kuri 2,940,564 Rwf, marayo iminsi 3 mbere y’uko Ne-Yo angeraho.

Mbere y’uko angeraho yabanje kunsaba ko twasohokana hamwe n’ikipe ye ari naho nishyuriye. Umuntu nk’uriya w’icyamamare iyo ushaka ko mubonana urishyura. Amafaranga twakoresheje muri Hotel yose ni nge wayishyuye kandi burya icyo ni cyo gishoro Diamond Platnumz yahose yifuza gukora”.

Mbere y’uko Diamond Platnumz yishyura ayo mafaranga kuri Ne-Yo, yari yaratanze andi mafaranga menshi mu guhura na Davido, aho Sally avuga ko bishyuye Davido agera kuri 7,351,410 Rwf kugira ngo bahure banakorane indirimbo ‘Number One Remix (Isubiwemo). Ibyo byagiye bifasha Diamond Platnumz kuba umuhanzi wa mbere muri Afurika haba mu ndirimbo zihenze no gukorana n’abahanzi bakomeye ku Isi kandi bagakorana n’ibikorwa byagiye bimuhuza n’abandi mu byamamare. Ku rundi ruhande kandi Sally avuga ko Simba yahaye Sally agera kuri 5,000$ kugirango bakorane anamufasha guhura n’abo bose.

Iryo zina Diamond Platnumz yagiye agura, ryamufashije kuba umwe mu bahanzi bahenze kuko kugira ngo akore igitaramo cy’Isaha imwe , asaba kwishyurwa agera ku 100,000$ angana na 147,028,200 Rwf , bisobanuye ko ayo yatanze yose yagiye ayagaruza bigasobanura uburyo aha agaciro umuziki.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 10 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 10 yashize
‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza  ‎
Imyidagaduro

‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza ‎

Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa
Imyidagaduro

‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa

Umuziki wa Afurika y'Iburasirazuba wari umaze igihe uvugwa kubera umwana w'umukobwa Zuchu na Diamond Platnumz baherutse kwibaruka dore ko ari na bamwe basanzwe bazi kurema inkuru zitwikira ibikorwa byabo muri muzika. Inkuru y'umwana banjirijwe n'amagambo yo kwihakana umugabo byanyirarureshwa kuri Zuchu warimo kuribwa n'inda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'
Imyidagaduro

‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'

Itsinda rya The Same na  Keyg Lemonade uri mu bari kuzamuka neza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo  bashyize hanze amashusho y'indirimbo nshya bise 'Weekend'. Ni indirimbo irimo ubutumwa busaba abantu kugabanya amatiku bakihugiraho ariko banaruhuka.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Diamond Platnumz yahaye Zuchu impano yagera kuri 43,908,450 RWF mu birori byo kwishimira umwana
Imyidagaduro

‎Diamond Platnumz yahaye Zuchu impano yagera kuri 43,908,450 RWF mu birori byo kwishimira umwana

Umuhanzi Diamond Platnumz, Simba, yahaye Zuchu wa mubyariye umwana,agera kuri 43,908,450 RWF nk'igihembo cy'ishimwe ubwo bari mu birori byo kwizihiza umwana wari utari wavuka. Ni ibirori byabaye ku wa 31 Nyakanga 2026.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 5 yashize