
Umuhanzi Diamond Platnumz uri mu bakomeye muri Tanzania, ntabwo yazuyaje mu kwishyura agera kuri 8,821,692 Rwf kugira ngo ahure na kimwe mu byamamare muri muzika y’Isi Ne-Yo ndetse ngo yishyure n’andi menshi mu guhura na Davido wo muri Nigeria.
Si ubwa mbere Diamond Platnumz, avuzweho kwishyura amafaranga menshi ku muntu wi’cyamamare agamije ko bahura gusa , dore ko benshi mu byamamare bakoranye imishinga bagiye bavugwaho kumwishyuza akayabo k’amafaranga na we hamwe n’abamufasha bakemera kuyatanga.
Ibyo kwishyura agera kuri 8,821,692 Rwf byagarutsweho na Sally SK n’umwe mu bafasha Diamond Platnumz mu bikorwa bye bya muzika mu ndirimbo yitwa ‘Marry Me’ bakoranye muri 2017. Ayo mafaranga yishyuwe na Diamond Platnumz hamwe n’abamufasha muri muzika , bemeza ko yamufashije gukorana iyo ndirimbo ndetse akamuha na zimwe mu nama zamufashije mu mishinga itandukanye yagiye akora nyuma. Sally yagize ati:”Nageze muri Kenya ubwanjye ngambiriye guhura na Ne-Yo hamwe na Diamond Platnumz.
Afite abamufasha muri muzika bari ku rwego rwo hejuru”. Sally avuga ko ari we wishyuye ayo mafaranga ndetse muri Hotel agatakazamo agera kuri $2,000 agera kuri (2,940,564 Rwf). Ati:”Ijoro rimwe muri Hotel, nishyuye agera kuri 2,940,564 Rwf, marayo iminsi 3 mbere y’uko Ne-Yo angeraho.
Mbere y’uko angeraho yabanje kunsaba ko twasohokana hamwe n’ikipe ye ari naho nishyuriye. Umuntu nk’uriya w’icyamamare iyo ushaka ko mubonana urishyura. Amafaranga twakoresheje muri Hotel yose ni nge wayishyuye kandi burya icyo ni cyo gishoro Diamond Platnumz yahose yifuza gukora”.
Mbere y’uko Diamond Platnumz yishyura ayo mafaranga kuri Ne-Yo, yari yaratanze andi mafaranga menshi mu guhura na Davido, aho Sally avuga ko bishyuye Davido agera kuri 7,351,410 Rwf kugira ngo bahure banakorane indirimbo ‘Number One Remix (Isubiwemo). Ibyo byagiye bifasha Diamond Platnumz kuba umuhanzi wa mbere muri Afurika haba mu ndirimbo zihenze no gukorana n’abahanzi bakomeye ku Isi kandi bagakorana n’ibikorwa byagiye bimuhuza n’abandi mu byamamare. Ku rundi ruhande kandi Sally avuga ko Simba yahaye Sally agera kuri 5,000$ kugirango bakorane anamufasha guhura n’abo bose.
Iryo zina Diamond Platnumz yagiye agura, ryamufashije kuba umwe mu bahanzi bahenze kuko kugira ngo akore igitaramo cy’Isaha imwe , asaba kwishyurwa agera ku 100,000$ angana na 147,028,200 Rwf , bisobanuye ko ayo yatanze yose yagiye ayagaruza bigasobanura uburyo aha agaciro umuziki.











