Umunsi.com
Madederi yashimiye Papa Sava yamugiriye icyizere bwa mbere
Cinema

Madederi yashimiye Papa Sava yamugiriye icyizere bwa mbere

KWIZERA Jean de Dieu2025 Ukwakira 224 min gusoma
Madederi yashimiye Papa Sava yamugiriye icyizere bwa mbere

Dusenge Clenia [Madederi] yavuze amagambo yuje ishimwe n’urukundo afite kuri Niyitegeka Gratien wamamaye nka Papa Sava, Seburikoko n’andi, kuko amufata nk’umuntu wagize uruhare rukomeye mu gukabya inzozi ze zo kuba umukinnyi wa filime wabigize umwuga. Ni mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda aho Madederi yavuze ko kuba Papa Sava yaramuhaye amahirwe yo gukina muri filime ye ari byo byamubereye intangiriro yo kumenyekana, kugeza aho abasha gukina muri filime z’imbere mu gihugu ndetse no mu mpuzamahanga. Ati: “Iyo bitaba ari Papa Sava ntabwo mba narakinnye muri filime nka The Bishop, Kaliza wa Kalisa, Indoto n’izindi nyinshi zigeze no mu maserukiramuco.

Ni we wanyizeye bwa mbere, amfata nk’umukinnyi kandi ampa urubuga rwo kugaragaza impano yanjye”. Madederi yavuze ko yakuranye inzozi zo gukina filime, ariko atazi neza inzira zabimugezaho. Yavuze ko yajyaga areba abakinnyi ba filime bakomeye mu Rwanda akumva ashaka kumera nkabo, gusa akabura aho ahera.

Yibuka ko benshi mu batangiranye nawe batakomeje urugendo rwa sinema, akabona ari ishema rikomeye kuba yarabashije kuguma muri uru ruganda kugeza n’ubu. Ati: “Iyo Imana yateganyije ikintu mu buzima bwawe, iyo isaha igeze birakunda. Njye ndabizi neza, iyo bitaba Papa Sava sinari kumenyekana gutya. ” Madederi yavuze ko filime Papa Sava ari yo yahinduye ubuzima bwe, ndetse imuha icyizere cyo kwiyumvamo ubushobozi bwo gukora filime ye bwite yise Inkomoko.

Avuga ati:“Ni filime nubaha cyane, kuko ni filime navuga ko yaje gukabya inzozi zanjye, guhindura ubuzima bwanjye, no gutuma ngera kuri bya bindi natekerezaga nk'aho bitashoboka”. Yongeraho ko ubumenyi yakuye mu gukorana na Papa Sava ari bwo bwamuteye imbaraga zo gutangira gukora filime ye. Ati: “Hari ukuntu iyo Papa Sava mukorana ugenda wiyungura ubumenyi n'abandi bantu mugenda mukorana mu buryo butandukanye.

Igihe kiragera nanjye numva ko nshobora gukora filime bitewe n'uburyo nawe nabonaga akoramo. Urumva namwigiyeho ibintu byinshi, ni umuntu mwiza, iyo uri kumwe nawe ubasha kunguka ubumenyi no kwiga byinshi ku buryo wakora ibintu byawe. Rero, ni ho nakuye igitekerezo nanjye numva ko nshobora gukora ikintu cyanjye nkagishyira hanze.

Madederi yatangiye gukina muri Papa Sava mu mwaka wa 2019, ariko hagati ya 2020 na 2022 bahura n’imbogamizi zo kubura ibikoresho bya camera, bituma afata icyemezo cyo kubigura.

Kuri ubu, ibyo bikoresho bye ni byo bifashishwa mu gukora Papa Sava ndetse anabikoresha mu gutunganya filime ye nshya Inkomoko. Mu gukina filime ye, Madederi yahisemo gukorana cyane na Rugaba Emmanuel, wamamaye muri Papa Sava mbere yo gusezera. Yavuze ko icyemezo cyo gukorana nawe cyaturutse mu kuba bari inshuti zisanzwe kandi bahuje intego mu bijyanye na sinema.

Filime Inkomoko iri mu mishinga ya Madederi yitezweho kugaragaza urugendo rwe rushya mu ruganda rwa sinema nyarwanda, ndetse no kugaragaza ubuhanga yigiye mu gukorana na Papa Sava, umuntu avuga ko yahinduye burundu ubuzima bwe.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize