Umunsi.com
Nyabihu: Umusore arwariye kwa muganga nyuma yo kugerageza kwiyahura bikekwa ko byatewe n'uko banze kumutekera umureti
Inkuru ku Rwanda

Nyabihu: Umusore arwariye kwa muganga nyuma yo kugerageza kwiyahura bikekwa ko byatewe n'uko banze kumutekera umureti

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 125 min gusoma
Nyabihu: Umusore arwariye kwa muganga nyuma yo kugerageza kwiyahura bikekwa ko byatewe n'uko banze kumutekera umureti
Mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Rugera, haravugwa inkuru y’umusore witwa Twizerimana Jean de Dieu w’imyaka 22, uri kwitabwaho n’abaganga nyuma yo kugerageza kwiyahura. Ibi byabaye ku wa Gatandatu tariki ya 11 Mata 2026, mu Kagari ka Nyarutembe, Umudugudu wa Kirebe.

Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko uyu musore yari amaze iminsi agarutse mu rugo avuye mu Mujyi wa Kigali. Bivugwa ko yagaragaje imyitwarire idasanzwe, aho yanze kurya ibyo bari bamutekeye mu rugo, ahubwo asaba ko bamutekera umureti n’ibirayi bitetse mu mavuta bizwi ku izina rya “mucoma”.

Nubwo bitaramenyekana neza icyaba cyamuteye gufata icyemezo cyo kugerageza kwiyahura, hari ibivugwa ko umujinya wakomotse ku kutabona ibyo kurya yifuzaga ushobora kuba waragize uruhare muri icyo gikorwa. Icyakora ubuyobozi buvuga ko hakiri gukorwa iperereza no kuganira n’umuryango we kugira ngo hamenyekane impamvu nyayo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugera yemeje aya makuru, avuga ko Twizerimana yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ariko kikaza gucika, agahita yikubita hasi. Abagize umuryango we bahise bihutira kumujyana ku kigo nderabuzima cya Nyakigezi, aho akomeje kwitabwaho n’abaganga.

Ubuyobozi bw’umurenge bwagaragaje ko butumva neza ukuntu ikibazo cy’ibiryo cyatuma umuntu agera ku rwego rwo gushaka kwiyambura ubuzima, bunasaba abaturage kwirinda amakimbirane ayo ari yo yose ashobora guteza ingaruka zikomeye mu miryango. Bwanibukije ko igihe havutse ibibazo bidakemuka, abantu bakwiye kugana inzego z’ubuyobozi zikabafasha kubikemura mu mahoro.

Kugeza ubu, Twizerimana aracyari mu maboko y’abaganga mu gihe hakomeje gukurikiranwa impamvu nyayo zateye icyo gikorwa.

Isoko: Igihe 
1001549113.jpg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize