
Mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Rugera, haravugwa inkuru y’umusore witwa Twizerimana Jean de Dieu w’imyaka 22, uri kwitabwaho n’abaganga nyuma yo kugerageza kwiyahura. Ibi byabaye ku wa Gatandatu tariki ya 11 Mata 2026, mu Kagari ka Nyarutembe, Umudugudu wa Kirebe.
Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko uyu musore yari amaze iminsi agarutse mu rugo avuye mu Mujyi wa Kigali. Bivugwa ko yagaragaje imyitwarire idasanzwe, aho yanze kurya ibyo bari bamutekeye mu rugo, ahubwo asaba ko bamutekera umureti n’ibirayi bitetse mu mavuta bizwi ku izina rya “mucoma”.
Nubwo bitaramenyekana neza icyaba cyamuteye gufata icyemezo cyo kugerageza kwiyahura, hari ibivugwa ko umujinya wakomotse ku kutabona ibyo kurya yifuzaga ushobora kuba waragize uruhare muri icyo gikorwa. Icyakora ubuyobozi buvuga ko hakiri gukorwa iperereza no kuganira n’umuryango we kugira ngo hamenyekane impamvu nyayo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugera yemeje aya makuru, avuga ko Twizerimana yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ariko kikaza gucika, agahita yikubita hasi. Abagize umuryango we bahise bihutira kumujyana ku kigo nderabuzima cya Nyakigezi, aho akomeje kwitabwaho n’abaganga.
Ubuyobozi bw’umurenge bwagaragaje ko butumva neza ukuntu ikibazo cy’ibiryo cyatuma umuntu agera ku rwego rwo gushaka kwiyambura ubuzima, bunasaba abaturage kwirinda amakimbirane ayo ari yo yose ashobora guteza ingaruka zikomeye mu miryango. Bwanibukije ko igihe havutse ibibazo bidakemuka, abantu bakwiye kugana inzego z’ubuyobozi zikabafasha kubikemura mu mahoro.
Kugeza ubu, Twizerimana aracyari mu maboko y’abaganga mu gihe hakomeje gukurikiranwa impamvu nyayo zateye icyo gikorwa.
Isoko: Igihe



