Umunsi.com
Perezida Kagame ni we uzayobora Kaminuza ya Gisirikare y’u Rwanda
Inkuru ku Rwanda

Perezida Kagame ni we uzayobora Kaminuza ya Gisirikare y’u Rwanda

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 153 min gusoma
Perezida Kagame ni we uzayobora Kaminuza ya Gisirikare y’u Rwanda

Kaminuza nshya ya Gisirikare y’u Rwanda, izwi nka National Defence University of Rwanda (NDU-R), yemeje ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari we uzaba Umuyobozi w’Ikirenga (Chancellor) wayo.

Iyi kaminuza yashyizweho n’itegeko ryatowe mu 2026, rigatangazwa mu Igazeti ya Leta ku wa 10 Mata, igamije guhuza amashuri n’ibigo bitandukanye bya gisirikare n’umutekano. Yitezweho kuzamura ireme ry’amahugurwa, ubushakashatsi n’ubufatanye mpuzamahanga mu bijyanye n’uburezi bwa gisirikare.

NDU-R izajya ihugura abasirikare, abakozi b’inzego z’umutekano, abayobozi bakuru mu nzego za Leta n’abandi bafatanyabikorwa mpuzamahanga. Kuba Perezida Kagame ari we wayigizwe Umuyobozi w’Ikirenga bijyanye n’uko amategeko ateganya ko Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ari na we uyobora kaminuza mu rwego rw’icyerekezo rusange.

Mu nshingano ze, Perezida azajya atanga umurongo w’imiyoborere ya kaminuza, anayobora ibirori byo gutanga impamyabumenyi cyangwa agashyiraho umuhagarariye.

Iyi kaminuza izaba ifite Inama y’Ubutegetsi igizwe n’abantu 13, ifite inshingano zo gufata ibyemezo bikuru birimo igenamigambi, ingengo y’imari, politiki z’imikorere n’igenzura ry’ubuziranenge bw’uburezi. Nibura 30% by’abayigize bazaba ari abagore, nk’uko itegeko ribiteganya.

Mu buyobozi bwa buri munsi hazaba harimo Umuyobozi Mukuru (Vice-Chancellor), abarimu n’abashakashatsi batandukanye, hamwe n’abandi bayobozi bashinzwe ireme ry’uburezi n’imiyoborere y’abanyeshuri.

Iyi kaminuza izaba ifite icyicaro i Bumbogo mu Karere ka Gasabo, aho imirimo yo kuyubaka iri gukomeza. Igamije guhuza koleji n’amashuri makuru ya gisirikare, ay’Igipolisi ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza n’Umutekano (NISS), mu rwego rwo kongera imbaraga mu myitozo n’ubushobozi bw’inzego z’umutekano.

NDU-R yitezweho gutanga amasomo kuva ku cyiciro cya mbere cya kaminuza kugeza kuri PhD, hagamijwe gutegura inzobere mu by’umutekano n’ubuyobozi ku rwego rwo hejuru.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize