
Kaminuza nshya ya Gisirikare y’u Rwanda, izwi nka National Defence University of Rwanda (NDU-R), yemeje ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari we uzaba Umuyobozi w’Ikirenga (Chancellor) wayo.
Iyi kaminuza yashyizweho n’itegeko ryatowe mu 2026, rigatangazwa mu Igazeti ya Leta ku wa 10 Mata, igamije guhuza amashuri n’ibigo bitandukanye bya gisirikare n’umutekano. Yitezweho kuzamura ireme ry’amahugurwa, ubushakashatsi n’ubufatanye mpuzamahanga mu bijyanye n’uburezi bwa gisirikare.
NDU-R izajya ihugura abasirikare, abakozi b’inzego z’umutekano, abayobozi bakuru mu nzego za Leta n’abandi bafatanyabikorwa mpuzamahanga. Kuba Perezida Kagame ari we wayigizwe Umuyobozi w’Ikirenga bijyanye n’uko amategeko ateganya ko Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ari na we uyobora kaminuza mu rwego rw’icyerekezo rusange.
Mu nshingano ze, Perezida azajya atanga umurongo w’imiyoborere ya kaminuza, anayobora ibirori byo gutanga impamyabumenyi cyangwa agashyiraho umuhagarariye.
Iyi kaminuza izaba ifite Inama y’Ubutegetsi igizwe n’abantu 13, ifite inshingano zo gufata ibyemezo bikuru birimo igenamigambi, ingengo y’imari, politiki z’imikorere n’igenzura ry’ubuziranenge bw’uburezi. Nibura 30% by’abayigize bazaba ari abagore, nk’uko itegeko ribiteganya.
Mu buyobozi bwa buri munsi hazaba harimo Umuyobozi Mukuru (Vice-Chancellor), abarimu n’abashakashatsi batandukanye, hamwe n’abandi bayobozi bashinzwe ireme ry’uburezi n’imiyoborere y’abanyeshuri.
Iyi kaminuza izaba ifite icyicaro i Bumbogo mu Karere ka Gasabo, aho imirimo yo kuyubaka iri gukomeza. Igamije guhuza koleji n’amashuri makuru ya gisirikare, ay’Igipolisi ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza n’Umutekano (NISS), mu rwego rwo kongera imbaraga mu myitozo n’ubushobozi bw’inzego z’umutekano.
NDU-R yitezweho gutanga amasomo kuva ku cyiciro cya mbere cya kaminuza kugeza kuri PhD, hagamijwe gutegura inzobere mu by’umutekano n’ubuyobozi ku rwego rwo hejuru.


