Perezida Kagame yahaye imbabazi Brig Gen (Rtd) Muziraguharara n’abandi bane
Inkuru ku Rwanda

Perezida Kagame yahaye imbabazi Brig Gen (Rtd) Muziraguharara n’abandi bane

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 150 byayeho3 min gusoma
Perezida Kagame yahaye imbabazi Brig Gen (Rtd) Muziraguharara n’abandi bane

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yahaye imbabazi abantu batanu barimo Muziraguharara Fred wahoze ari Brig Gen mu Ngabo z’u Rwanda, ndetse na Nkusi Robert.

Ibi byemejwe n’Iteka rya Perezida ryo ku wa 10 Mata 2026, rigaragaza ko abandi bahawe imbabazi ari Dilan Berat Mete, Kanamugire Emmanuel na Mujawamariya, bose bari barahamijwe ibyaha bitandukanye birimo gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro no gutanga sheki zitazigamiye.

Mbere yo guhabwa imbabazi, Mete yari yarakatiwe igifungo cy’umwaka umwe n’ihazabu ya miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda. Kanamugire Emmanuel yari yaraciwe ihazabu ya miliyoni 154.800.000 Frw, mu gihe Mujawamariya yari yaraciwe ihazabu ya miliyoni 84 Frw azira gutanga sheki itazigamiye.

Ku ruhande rwa Nkusi Robert, yari yarahamijwe ubufatanyacyaha mu gukoresha nabi umutungo wa Leta, akatirwa igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse n’ihazabu ya miliyoni imwe. Na Muziraguharara Fred na we yari yarahamijwe ibyaha bifitanye isano no gukoresha nabi umutungo wa Leta no kutamenyekanisha icyaha gikomeye, akatirwa igifungo cy’umwaka umwe.

Muziraguharara Fred azwiho kugira amateka maremare mu Ngabo z’u Rwanda. Yagiye akora imirimo itandukanye irimo kuyobora ishami ry’ubushakashatsi hagati ya 1998 na 2000, ndetse anaba umuyobozi ushinzwe amasomo mu ishuri rya gisirikare rya Gako hagati ya 2005 na 2006.

Nyuma yaho yabaye umuyobozi ushinzwe ibikorwa mu Ngabo z’u Rwanda hagati ya 2007 na 2008, mbere yo kujya mu butumwa bw’amahoro bwa United Nations i Darfur muri Sudani, aho yari ashinzwe igenamigambi.

Yanakomeje imirimo itandukanye irimo kuba umuyobozi ushinzwe igenamigambi mu Ngabo z’u Rwanda hagati ya 2010 na 2012, ndetse anahagararira RDF mu nama y’akarere ka International Conference on the Great Lakes Region.

Kuva mu 2013 kugeza mu 2018, Muziraguharara yabaye umuyobozi mukuru ushinzwe ubutegetsi n’imari mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza (NISS). Nyuma y’aho, ku wa 29 Nyakanga 2025, yashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru hamwe n’abandi basirikare barenga 1000.

Izi mbabazi zatanzwe mu gihe ubuyobozi bw’u Rwanda bukomeza gukoresha ububasha buhabwa n’amategeko bwo kugabanyiriza cyangwa gukuraho ibihano ku bantu baba barakatiwe n’inkiko, hashingiwe ku mpamvu zitandukanye zirimo imbabazi za Perezida.

Inkuru zerekeye