Umunsi.com
Perezida Kagame yahaye imbabazi Brig Gen (Rtd) Muziraguharara n’abandi bane
Inkuru ku Rwanda

Perezida Kagame yahaye imbabazi Brig Gen (Rtd) Muziraguharara n’abandi bane

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 153 min gusoma
Perezida Kagame yahaye imbabazi Brig Gen (Rtd) Muziraguharara n’abandi bane

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yahaye imbabazi abantu batanu barimo Muziraguharara Fred wahoze ari Brig Gen mu Ngabo z’u Rwanda, ndetse na Nkusi Robert.

Ibi byemejwe n’Iteka rya Perezida ryo ku wa 10 Mata 2026, rigaragaza ko abandi bahawe imbabazi ari Dilan Berat Mete, Kanamugire Emmanuel na Mujawamariya, bose bari barahamijwe ibyaha bitandukanye birimo gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro no gutanga sheki zitazigamiye.

Mbere yo guhabwa imbabazi, Mete yari yarakatiwe igifungo cy’umwaka umwe n’ihazabu ya miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda. Kanamugire Emmanuel yari yaraciwe ihazabu ya miliyoni 154.800.000 Frw, mu gihe Mujawamariya yari yaraciwe ihazabu ya miliyoni 84 Frw azira gutanga sheki itazigamiye.

Ku ruhande rwa Nkusi Robert, yari yarahamijwe ubufatanyacyaha mu gukoresha nabi umutungo wa Leta, akatirwa igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse n’ihazabu ya miliyoni imwe. Na Muziraguharara Fred na we yari yarahamijwe ibyaha bifitanye isano no gukoresha nabi umutungo wa Leta no kutamenyekanisha icyaha gikomeye, akatirwa igifungo cy’umwaka umwe.

Muziraguharara Fred azwiho kugira amateka maremare mu Ngabo z’u Rwanda. Yagiye akora imirimo itandukanye irimo kuyobora ishami ry’ubushakashatsi hagati ya 1998 na 2000, ndetse anaba umuyobozi ushinzwe amasomo mu ishuri rya gisirikare rya Gako hagati ya 2005 na 2006.

Nyuma yaho yabaye umuyobozi ushinzwe ibikorwa mu Ngabo z’u Rwanda hagati ya 2007 na 2008, mbere yo kujya mu butumwa bw’amahoro bwa United Nations i Darfur muri Sudani, aho yari ashinzwe igenamigambi.

Yanakomeje imirimo itandukanye irimo kuba umuyobozi ushinzwe igenamigambi mu Ngabo z’u Rwanda hagati ya 2010 na 2012, ndetse anahagararira RDF mu nama y’akarere ka International Conference on the Great Lakes Region.

Kuva mu 2013 kugeza mu 2018, Muziraguharara yabaye umuyobozi mukuru ushinzwe ubutegetsi n’imari mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza (NISS). Nyuma y’aho, ku wa 29 Nyakanga 2025, yashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru hamwe n’abandi basirikare barenga 1000.

Izi mbabazi zatanzwe mu gihe ubuyobozi bw’u Rwanda bukomeza gukoresha ububasha buhabwa n’amategeko bwo kugabanyiriza cyangwa gukuraho ibihano ku bantu baba barakatiwe n’inkiko, hashingiwe ku mpamvu zitandukanye zirimo imbabazi za Perezida.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize