Umunsi.com
‎Police y'u Rwanda yashyize umucyo  ku bujura  bwagaragaye i Rubavu
Inkuru ku Rwanda

‎Police y'u Rwanda yashyize umucyo ku bujura bwagaragaye i Rubavu

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 1313 min gusoma
‎Police y'u Rwanda yashyize umucyo  ku bujura  bwagaragaye i Rubavu

‎Police y'u Rwanda yavuze ko yatangiye gukora iperereza ku bujura bwo gutobora inzu bwagaragaye mu Karere ka Rubavu.

‎Ni nyuma y'aho Umunyamakuru wa Radio na TV 10 Oswald ashyiriye amafoto  ku ku mbuga nkoranyambaga ze by'umwihariko X , agaragaza ubujura bwakozwe batoboye inzu akarenzaho amagambo agaragaza ko ari amakuru yahawe n'umuturage.

‎Oswald yanditse ati:"Umuturage wo mu Karere ka  Rubavu anyandikiye atyo ati "Ubujura buravuza ubuhuha"

‎"Mu kagali ka Bihungwe mu mudugudu wa Bunyove, umurenge wa Mudende, ubujura buravuza ubuhuha. Inzu yatobowe n'abataramenyekana. Hibwe bifite agaciro k'amafaranga 1,480,000."

‎Nyuma yo gushyira hanze aya makuru, Ubuyobozi bw'Akarere ka Rubavu bwahise bumusubiza bukoresheje Konti ya X , bwandika ati:"Mwiriwe Oswaki, murakoze kuduha amakuru, turi gukorana n'inzego z'umutekano kugira ngo aba bantu bafatwe bashyikirizwe ubutabera".

‎Polisi y'u Rwanda na yo yatangaje ko yamenye iby'aya makuru igaragaza ko iri gukora iperereza. Ati:"Muraho. Aya makuru twayamenye ndetse ku bufatanye bwa Polisi n’izindi nzego zibishinzwe, hatangiye gukorwa iperereza kuri iki kibazo kugirango ababigizemo uruhare bafatwe".

‎Polisi y'u Rwanda yakomeje igira iti:"Turihanangiriza kandi abishora mu bikorwa nk’ibi ko batazihanganirwa ndetse n’ababitekerezaga kubireka kuko ntaho bazacikira Polisi. Murakoze".

1001552920.jpg

1001552922.jpg
1001552921.jpg
1001552921.jpg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize