
Police y'u Rwanda yavuze ko yatangiye gukora iperereza ku bujura bwo gutobora inzu bwagaragaye mu Karere ka Rubavu.
Ni nyuma y'aho Umunyamakuru wa Radio na TV 10 Oswald ashyiriye amafoto ku ku mbuga nkoranyambaga ze by'umwihariko X , agaragaza ubujura bwakozwe batoboye inzu akarenzaho amagambo agaragaza ko ari amakuru yahawe n'umuturage.
Oswald yanditse ati:"Umuturage wo mu Karere ka Rubavu anyandikiye atyo ati "Ubujura buravuza ubuhuha"
"Mu kagali ka Bihungwe mu mudugudu wa Bunyove, umurenge wa Mudende, ubujura buravuza ubuhuha. Inzu yatobowe n'abataramenyekana. Hibwe bifite agaciro k'amafaranga 1,480,000."
Nyuma yo gushyira hanze aya makuru, Ubuyobozi bw'Akarere ka Rubavu bwahise bumusubiza bukoresheje Konti ya X , bwandika ati:"Mwiriwe Oswaki, murakoze kuduha amakuru, turi gukorana n'inzego z'umutekano kugira ngo aba bantu bafatwe bashyikirizwe ubutabera".
Polisi y'u Rwanda na yo yatangaje ko yamenye iby'aya makuru igaragaza ko iri gukora iperereza. Ati:"Muraho. Aya makuru twayamenye ndetse ku bufatanye bwa Polisi n’izindi nzego zibishinzwe, hatangiye gukorwa iperereza kuri iki kibazo kugirango ababigizemo uruhare bafatwe".
Polisi y'u Rwanda yakomeje igira iti:"Turihanangiriza kandi abishora mu bikorwa nk’ibi ko batazihanganirwa ndetse n’ababitekerezaga kubireka kuko ntaho bazacikira Polisi. Murakoze".
















